• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Ubwanditsi 17 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Gen.Kale Kayihura watangiye kuyobora Polisi ya Uganda kuva muri 2005 yashimiye Perezida Museveni ku cyizere yamuhaye cyo kongera kuyobora uru rwego iyindi imyaka 4 iri imbere.

Gusa amakenga ni yose kuko nubwo Gen. Kale yagiye avugurura imwe mu mikorere ya polisi nko kurwanya ruswa  abatari bagiye baramurwanyije ndetse n’ amakosa menshi yagaragaye muri polisi yagiye ayaryozwa.

Mu myaka ya za 2015 , Gen.Kale yitabye Inteko Nshingamategeko ubwo yasaba gusobanura mu buryo burambuye imikorere y’ urwego ayoboye icyo abantu benshi bari biteze ko ashobora gukurwa mu mwanya we.

Museveni yizera Kale ariko ntiyezera polisi

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni aherutse kwerura ko atacyizeye urwego rwa polisi bitewe n’uko rwinjiwe n’ abanyabyaha ndetse  we afata nk’ abicanyi.

Mu Ukwakira 2017, hari inkuru yagaragaye mu kinyamakuru gikorera muri Uganda, Perezida Museveni  yerekana impungengenge afitiye  uru rwego rushinzwe kurinda abantu n’ imitungo yabo.

Mu mvugo yaranzwe n’ uburakari, yagarutse ku cyuho kigaragara mu mutekano cyazanywe na polisi mu bijyanye n’inshingano zayo itubahiriza zo gufasha mu kubahiriza amategeko n’ituze muri icyo gihugu nkuko Chimpreports yabitangaje.

Ati “Amahoro asobanura kuba hatari ibibazo by’umutekano muke, bigomba kuba kandi ivanwaho ry’ibituma amategeko adakurikizwa.”

Perezida Museveni yakomeje avuga ko kujenjeka k’uru rwego ari bimwe mu byatumye habaho iyicwa ry’uwari umuyobozi wungirije wa polisi,AIGP Felix Kaweesi, Joan Kagezi  wari umushinjacyaha n’abayobozi b’abayisilamu.

IGP Gen Kale Kayihura

Yemeza ko polisi yinjiriwe nkuko yari aherutse kubitangaza, akagaragaza ko  ikwiye gukozwamo umweyo, hagakurwamo ikintu cyose abona ari kidobya, kuko ibibazo byari mu gisirikare byarangiye, ariko polisi byayinaniye.

Ahereye kuri ibyo byose yabasabye gukubura kugeza ku rwego rwo gusubiramo n’ibijyanye n’amapeti yabo ubwabo.

Yanenze kandi abapolisi uburyo bakomeje gushyamirana n’abaturage, kubatoteza  no kubakorera iyicarubozo, kuvugwaho ruswa n’ibindi.

Yanagaye uburyo abakekwako kugira uruhare mu rupfu rwa  Kaweesi bafunguwe bakaba bidegembya, nyamara bakabaye bakurikiranwa, kuko ngo nubwo icyo kitabahama hari ibindi bakekwaho bakabaye bakurikiranwaho, bimwe ndetse byabahesha ibihano bikomeye birimo gufungwa burundu.

Si ibyo gusa kuko, Museveni aherutse no kwihaniza Polisi kubera ibyaha by’iyicarubozo yagiye ivugwaho na bamwe mu bo yabaga yafashe.

Ese Gen. Kale Kayihura azasoza iyi manda ya 4

Nubwo agenda ahangana n’ ibibazo bikomeye, uyu mugabo ukunzwe kwitwa umunyarwanda n’ abatari bacye aho muri Uganda azwiho ubushishozi budasanzwe kuko ari no mu bayobozi ba polisi bagiye kumara igihe kinini kuri uyu mwanya.

Byumvikane ko kugirango Perezida Museveni amuhitemo ni uko yizeye neza ko yibitseho ubushobozi bwinshi.

Abakurikiranira hafi imikoranire ya Gen.Kale na Perezida Museveni bemeza ko aba bagabo bombi bizerena ndetse bakanavuga ko Gen. Kale ari ukuboko Kw’ iburyo kwa Museveni nubwo muri politiki umwanzi ahinduka inshuti naho inshuti igahinduka umwanzi mu gihe gito cyane.

Albert Ngabo/Rushyashya.net

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Ubwanditsi 27 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.
Amakuru

Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Ubwanditsi 14 May 2021
Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura
Amakuru

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Ubwanditsi 11 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru