• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere tariki 07/03/2022 Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryasohoye ingengabihe y’imikino y’igikombe cy’amahoro y’umwaka wa 2022 izatangira tariki 16/03/2022.

Amakipe 25 arimo 16 yo mu kiciro cya mbere n’amakipe 9 yo mu kiciro cya kabiri mu Bagabo niyo yiyandikishije kugira ngo yitabire igikombe cy’uyu mwaka wa 2022.

Imikino ibanza y’ijonjora ry’ibanze iteganyijwe gutangira tariki 16/03/2022 igakinwa n’amakipe 18 afite amanota make hagendewe ku buryo amakipe yitwaye mu mikino y’igikombe cy’Amahoro mu myaka ibiri irushanwa riheruka gukinwa muri 2018 na 2019 naho amakipe 7 ya mbere yo ntazakina ijonjora ry’ibanze. ayo makipe yabonetse hifashishijwe uburyo bwo gutanga amanota bitewe naho ikipe yagarukiye mu irushawa rya 2018 na 2019 mu buryo bukurikira:

– Iyageze ku mukino wa nyuma: 8pts
– iyatwaye umwanya wa 3: 7pts
– Iyageze muri 1/2: 6pts
– Iyageze muri 1/4: 4pts
– Iyageze muri 1/8: 2pts

Amakipe 7 ya mbere ku rutonde atazakina ijonjora ry’ibanze ni: RAYON SPORTS FC, AS KIGALI, MUKURA VS&L, SC KIYOVU, APR FC, POLICE FC na SUNRISE FC.

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze (Imikino ibanza):

Ku wa gatatu, 16/03/2022:

UR FC vs BUGESERA FC (KAMENA STADIUM, 15 :00)
RUTSIRO FC vs ETINCELLES FC (UMUGANDA STADIUM, 15 :00)
LA JEUNESSE FC vs ESPOIR FC(MUMENA STADIUM, 15 :00)
IMPEESA FC vs AMAGAJU FC (CAMP KIGALI, 15 :00)
NYANZA FC vs MARINE FC (NYANZA STADIUM, 15 :00)
INTERFORCE FC vs ETOILE DE L’EST FC (IPRC STADIUM, 15:00)

Ku wa Kane, 17/03/2022:

HEROES FC vs GASOGI UNITED (BUGESERA STADIUM, 15 :00)
GORILLA FC vs GICUMBI FC (KIGALI STADIUM, 15:00)
MUSANZE FC vs INTARE FC (UBWOROHERANE STADIUM, 15:00)

Imikino yo kwishyura y’ijonjora ry’ibanze iteganyijwe tariki 30 na 31 Werurwe 2022. Mu makipe 9 azakomeza mu ijonjora ry’ibanze hazavanwamo imwe yitwaye neza hashingiwe ku biteganywa n’amabwiriza agenga irushanwa ishyirwe mu gakangara k’amakipe 7 atarakinnye ijonjora ry’ibanze hanyuma andi makipe 8 atombore uko azahura nayo atarakinnye ijonjora rya mbere.

Hiyongereyeho iyo yitwaye neza(best team) mu mikino ya 1/8. Uko amakipe azahura kuva mu mikino ya 1/4 biteganyijwe mu ngingo ya 12 y’amabwiriza agenga irushanwa ari ku rubuga rwa FERWAFA.

Ikipe yegukanye igikombe cy’Amahoro niyo ihagararira igihugu mu mikino nyafurika ya CAF Confedration Cup. Mu gihe hari ikipe yegukanye igikombe cya shampiyona n’igikombe cy’amahoro ikipe yagarukiye ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro niyo ihagararira igihugu mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Ingengabihe y’Igikombe cy’Amahoro cya 2022:

1/8 cy’irangiza: Tariki 4 na 19 Mata 2022
1/4 cy’irangiza: Tariki 26 Mata na 4 Gicurasi 2022
1/2 cy’irangiza: Tariki 11 na 18 Gicurasi 2022
Umwanya wa 3: Tariki 17 Kamena 2022
Umukino wa nyuma: Tariki 18 Kamena 2022.

2022-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024
Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Ubwanditsi 13 May 2017
Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura, Rev Ntambara na bagenzi babo baracyakurikiranwa  n’ubwo babaye barekuwe n’Ubushinjacyaha

Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura, Rev Ntambara na bagenzi babo baracyakurikiranwa n’ubwo babaye barekuwe n’Ubushinjacyaha

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa  RTLM “- Ingabire Marie Immaculée
INKURU NYAMUKURU

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara
INKURU NYAMUKURU

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019
RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru