• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Haje umuntu w’umushyitsi muri Afurika y’uburasirazuba (EAC) akagerera
muri Kenya hanyuma akaza mu Rwanda, byamugora kumenya yuko na hano mu
gihugu hazaba hari amatora mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka nk’uko
bimeze muri Kenya !

Amatora ataha muri Kenya azaba tariki 8/8/2017 naho mu Rwanda akazaba
mbere gato, tariki 4/8/2017. Ariko muri Kenya ibikorwa byinshi bisanzwe bimaze guhagarara kubera imyiteguro y’amatora, naho hano mu
Rwanda abantu bashishikajwe n’imirimo yabo isanzwe ku buryo nk’umushyitsi koko bitamworohera kumenya yuko mu gihe kitageze ku mezi
atatu Abanyarwanda bazaba bari mu matora y’umukuru w’igihugu.

Aha niho tuzira kuri cya kibazo. Kuki iby’amatora ataha mu Rwanda bitaratangira kuvugwaho bihagije, naho muri Kenya bikaba byaratangiye
guhagarika indi imirimo kandi amatora mu bihugu byombi azaba mu bihe
bimwe ? Muri Afurika y’Epfo ho batangiye kampanye z’uzegukana umwanya
wa Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi (ANC) mu Ukuboza uyu mwaka.

Imyiteguro y’amatora ku mwanya wa Perezida w’ishyaka muri Afurika y’Epfo, amezi asaga atandatu kuva uyu munsi, irashyushye cyane kurusha
iy’amatora ya Perezida wa Repubulika hano mu Rwanda kandi hasigaye
igihe kitageze ku mezi atatu ngo akorwe !

Ibi bibazo byibajijweho cyane mu nama nkarishyabwenge yateguriwe abanyamakuru n’umuryango Media Impacting Communities (MIC) mu
ntangiriro z’iki cyumweru, bamwe mu bayobozi bashoboye kuyigeramo bagira icyo babivugaho.

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB). Kuri icyo kibazo cy’uko iyo haje
iby’amatora mu bihugu nka Kenya na Afurika y’Epfo haza ibyo gushyuhaguza cyane naho mu Rwanda hakabaho ibyo kubyitondamo cyane, Mbanda avuga yuko koko muri Kenya habaho ibyo gushyuhaguza cyane,
akavuyo ndetse no gukubitana ibipfunsi ngo ariko buri gihugu kikagira
imyitwarire yacyo, bikakibera umuco ukiranga.

-6511.jpg

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB).

Uko Mbanda abibona n’uko hano mu Rwanda abantu cyangwa imitwe ya politike ishobora kutavuga rumwe kuri byinshi ariko hakabaho ibyo
bagomba kuvugaho rumwe byanze bikunze. Urugero n’uko nta munyapolitike cyangwa ishyaka rishobora kwemererwa guhungabanya umutekano w’igihugu
cyangwa ngo ryihanganirwe rigaragaraho umurongo wo kubiba amacakubiri.

Ibi Mbanda yabihuje n’ibyo muri Afurika y’Epfo aho yatanze urugero rw’umuyobozi w’ishyaka The Economic Freedom Fighters (EFF), Julius Malema, utukira Perezida wa Repubulika, Jacob Zuma, mu nteko nshingamategeko akamubuza kuvuga ijambo yari yatumiwe ngo ageze ku badepite !

Mbanda akavuga yuko mu muco w’Abanyarwanda imyitwarire nk”iyo ya Malema idashobora kwemerwa, n’aho yaba hari ukuri yaba anafite. Umukuru w’igihugu afite icyubahiro ntavogerwa, akaba atagomba guteshwa agaciro !

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ). Avuga yuko imyiteguro y’amatora ikunze kuzamo impaka za ngo turwane igihe ababa bahanganye mu matora baba bafite amahirwe yenda kungana kuba batsinda amatora.

-6512.jpg

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

Muri Kenya abakandida bazaba bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, Uhuru Kenyatta na Raila Odinga, koko bafite amahirwe yenda kungana kuba buri umwe yashobora gutsinda undi mu matora. Mu matora y’ubushize abo bagabo bombi bahataniye umwanya w’umukuru w’igihugu, Kenyatta atsinda n’amajwi atageze kuri 51 %, Odinga avuga yuko yibwe amajwi ariko urukiko rw’ikirenga ryza gushimangira intsinzi ya Uhuru Kenyatta.

Ariko uru rusaku rw’amatora ruriho ubu muri Kenya rwatangiye Odinga atarabona n’itike yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu tariki 28/4/2017. Ahubwo uko bimeze n’uko amatora ataha muri Kenya atazaba ari ayo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu gusa nk’uko bimeze hano mu Rwanda.

Muri Kuretse itora rya Perezida wa Repubulika rizaba tariki 8/8/2017, kuri uwo munsi bazaba banatora abadepite, abasinateri, ba guverineri b’intara kimwe nab a maya b’uturere. Nta kuntu rero amatora nk’ayo menshi akorewe icyarimwe yabura kuzamo urusaku !

Kayumba Casmiry

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Nyabihu: Visi Meya Mukansaga, washinjijwe kwanga urumuri rw’icyizere, yeguriye rimwe n’umuyobozi w’akarere, Uwanzwenuwe

Nyabihu: Visi Meya Mukansaga, washinjijwe kwanga urumuri rw’icyizere, yeguriye rimwe n’umuyobozi w’akarere, Uwanzwenuwe

Ubwanditsi 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno
POLITIKI

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru