• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Haje umuntu w’umushyitsi muri Afurika y’uburasirazuba (EAC) akagerera
muri Kenya hanyuma akaza mu Rwanda, byamugora kumenya yuko na hano mu
gihugu hazaba hari amatora mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka nk’uko
bimeze muri Kenya !

Amatora ataha muri Kenya azaba tariki 8/8/2017 naho mu Rwanda akazaba
mbere gato, tariki 4/8/2017. Ariko muri Kenya ibikorwa byinshi bisanzwe bimaze guhagarara kubera imyiteguro y’amatora, naho hano mu
Rwanda abantu bashishikajwe n’imirimo yabo isanzwe ku buryo nk’umushyitsi koko bitamworohera kumenya yuko mu gihe kitageze ku mezi
atatu Abanyarwanda bazaba bari mu matora y’umukuru w’igihugu.

Aha niho tuzira kuri cya kibazo. Kuki iby’amatora ataha mu Rwanda bitaratangira kuvugwaho bihagije, naho muri Kenya bikaba byaratangiye
guhagarika indi imirimo kandi amatora mu bihugu byombi azaba mu bihe
bimwe ? Muri Afurika y’Epfo ho batangiye kampanye z’uzegukana umwanya
wa Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi (ANC) mu Ukuboza uyu mwaka.

Imyiteguro y’amatora ku mwanya wa Perezida w’ishyaka muri Afurika y’Epfo, amezi asaga atandatu kuva uyu munsi, irashyushye cyane kurusha
iy’amatora ya Perezida wa Repubulika hano mu Rwanda kandi hasigaye
igihe kitageze ku mezi atatu ngo akorwe !

Ibi bibazo byibajijweho cyane mu nama nkarishyabwenge yateguriwe abanyamakuru n’umuryango Media Impacting Communities (MIC) mu
ntangiriro z’iki cyumweru, bamwe mu bayobozi bashoboye kuyigeramo bagira icyo babivugaho.

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB). Kuri icyo kibazo cy’uko iyo haje
iby’amatora mu bihugu nka Kenya na Afurika y’Epfo haza ibyo gushyuhaguza cyane naho mu Rwanda hakabaho ibyo kubyitondamo cyane, Mbanda avuga yuko koko muri Kenya habaho ibyo gushyuhaguza cyane,
akavuyo ndetse no gukubitana ibipfunsi ngo ariko buri gihugu kikagira
imyitwarire yacyo, bikakibera umuco ukiranga.

-6511.jpg

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB).

Uko Mbanda abibona n’uko hano mu Rwanda abantu cyangwa imitwe ya politike ishobora kutavuga rumwe kuri byinshi ariko hakabaho ibyo
bagomba kuvugaho rumwe byanze bikunze. Urugero n’uko nta munyapolitike cyangwa ishyaka rishobora kwemererwa guhungabanya umutekano w’igihugu
cyangwa ngo ryihanganirwe rigaragaraho umurongo wo kubiba amacakubiri.

Ibi Mbanda yabihuje n’ibyo muri Afurika y’Epfo aho yatanze urugero rw’umuyobozi w’ishyaka The Economic Freedom Fighters (EFF), Julius Malema, utukira Perezida wa Repubulika, Jacob Zuma, mu nteko nshingamategeko akamubuza kuvuga ijambo yari yatumiwe ngo ageze ku badepite !

Mbanda akavuga yuko mu muco w’Abanyarwanda imyitwarire nk”iyo ya Malema idashobora kwemerwa, n’aho yaba hari ukuri yaba anafite. Umukuru w’igihugu afite icyubahiro ntavogerwa, akaba atagomba guteshwa agaciro !

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ). Avuga yuko imyiteguro y’amatora ikunze kuzamo impaka za ngo turwane igihe ababa bahanganye mu matora baba bafite amahirwe yenda kungana kuba batsinda amatora.

-6512.jpg

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

Muri Kenya abakandida bazaba bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, Uhuru Kenyatta na Raila Odinga, koko bafite amahirwe yenda kungana kuba buri umwe yashobora gutsinda undi mu matora. Mu matora y’ubushize abo bagabo bombi bahataniye umwanya w’umukuru w’igihugu, Kenyatta atsinda n’amajwi atageze kuri 51 %, Odinga avuga yuko yibwe amajwi ariko urukiko rw’ikirenga ryza gushimangira intsinzi ya Uhuru Kenyatta.

Ariko uru rusaku rw’amatora ruriho ubu muri Kenya rwatangiye Odinga atarabona n’itike yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu tariki 28/4/2017. Ahubwo uko bimeze n’uko amatora ataha muri Kenya atazaba ari ayo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu gusa nk’uko bimeze hano mu Rwanda.

Muri Kuretse itora rya Perezida wa Repubulika rizaba tariki 8/8/2017, kuri uwo munsi bazaba banatora abadepite, abasinateri, ba guverineri b’intara kimwe nab a maya b’uturere. Nta kuntu rero amatora nk’ayo menshi akorewe icyarimwe yabura kuzamo urusaku !

Kayumba Casmiry

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 31 May 2017
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria

Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria

Ubwanditsi 06 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Feb 2023
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru