• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Haje umuntu w’umushyitsi muri Afurika y’uburasirazuba (EAC) akagerera
muri Kenya hanyuma akaza mu Rwanda, byamugora kumenya yuko na hano mu
gihugu hazaba hari amatora mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka nk’uko
bimeze muri Kenya !

Amatora ataha muri Kenya azaba tariki 8/8/2017 naho mu Rwanda akazaba
mbere gato, tariki 4/8/2017. Ariko muri Kenya ibikorwa byinshi bisanzwe bimaze guhagarara kubera imyiteguro y’amatora, naho hano mu
Rwanda abantu bashishikajwe n’imirimo yabo isanzwe ku buryo nk’umushyitsi koko bitamworohera kumenya yuko mu gihe kitageze ku mezi
atatu Abanyarwanda bazaba bari mu matora y’umukuru w’igihugu.

Aha niho tuzira kuri cya kibazo. Kuki iby’amatora ataha mu Rwanda bitaratangira kuvugwaho bihagije, naho muri Kenya bikaba byaratangiye
guhagarika indi imirimo kandi amatora mu bihugu byombi azaba mu bihe
bimwe ? Muri Afurika y’Epfo ho batangiye kampanye z’uzegukana umwanya
wa Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi (ANC) mu Ukuboza uyu mwaka.

Imyiteguro y’amatora ku mwanya wa Perezida w’ishyaka muri Afurika y’Epfo, amezi asaga atandatu kuva uyu munsi, irashyushye cyane kurusha
iy’amatora ya Perezida wa Repubulika hano mu Rwanda kandi hasigaye
igihe kitageze ku mezi atatu ngo akorwe !

Ibi bibazo byibajijweho cyane mu nama nkarishyabwenge yateguriwe abanyamakuru n’umuryango Media Impacting Communities (MIC) mu
ntangiriro z’iki cyumweru, bamwe mu bayobozi bashoboye kuyigeramo bagira icyo babivugaho.

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB). Kuri icyo kibazo cy’uko iyo haje
iby’amatora mu bihugu nka Kenya na Afurika y’Epfo haza ibyo gushyuhaguza cyane naho mu Rwanda hakabaho ibyo kubyitondamo cyane, Mbanda avuga yuko koko muri Kenya habaho ibyo gushyuhaguza cyane,
akavuyo ndetse no gukubitana ibipfunsi ngo ariko buri gihugu kikagira
imyitwarire yacyo, bikakibera umuco ukiranga.

-6511.jpg

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB).

Uko Mbanda abibona n’uko hano mu Rwanda abantu cyangwa imitwe ya politike ishobora kutavuga rumwe kuri byinshi ariko hakabaho ibyo
bagomba kuvugaho rumwe byanze bikunze. Urugero n’uko nta munyapolitike cyangwa ishyaka rishobora kwemererwa guhungabanya umutekano w’igihugu
cyangwa ngo ryihanganirwe rigaragaraho umurongo wo kubiba amacakubiri.

Ibi Mbanda yabihuje n’ibyo muri Afurika y’Epfo aho yatanze urugero rw’umuyobozi w’ishyaka The Economic Freedom Fighters (EFF), Julius Malema, utukira Perezida wa Repubulika, Jacob Zuma, mu nteko nshingamategeko akamubuza kuvuga ijambo yari yatumiwe ngo ageze ku badepite !

Mbanda akavuga yuko mu muco w’Abanyarwanda imyitwarire nk”iyo ya Malema idashobora kwemerwa, n’aho yaba hari ukuri yaba anafite. Umukuru w’igihugu afite icyubahiro ntavogerwa, akaba atagomba guteshwa agaciro !

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ). Avuga yuko imyiteguro y’amatora ikunze kuzamo impaka za ngo turwane igihe ababa bahanganye mu matora baba bafite amahirwe yenda kungana kuba batsinda amatora.

-6512.jpg

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

Muri Kenya abakandida bazaba bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, Uhuru Kenyatta na Raila Odinga, koko bafite amahirwe yenda kungana kuba buri umwe yashobora gutsinda undi mu matora. Mu matora y’ubushize abo bagabo bombi bahataniye umwanya w’umukuru w’igihugu, Kenyatta atsinda n’amajwi atageze kuri 51 %, Odinga avuga yuko yibwe amajwi ariko urukiko rw’ikirenga ryza gushimangira intsinzi ya Uhuru Kenyatta.

Ariko uru rusaku rw’amatora ruriho ubu muri Kenya rwatangiye Odinga atarabona n’itike yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu tariki 28/4/2017. Ahubwo uko bimeze n’uko amatora ataha muri Kenya atazaba ari ayo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu gusa nk’uko bimeze hano mu Rwanda.

Muri Kuretse itora rya Perezida wa Repubulika rizaba tariki 8/8/2017, kuri uwo munsi bazaba banatora abadepite, abasinateri, ba guverineri b’intara kimwe nab a maya b’uturere. Nta kuntu rero amatora nk’ayo menshi akorewe icyarimwe yabura kuzamo urusaku !

Kayumba Casmiry

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2017
Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024
Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi

Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi

RUSHYASHYA 15 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UGANDA: Abakobwa Batonganye n’ Abayobozi b’ Ishuri Kubera Kwambara Imyenda Igaragaza ubwambure bwabo
Mu Rwanda

UGANDA: Abakobwa Batonganye n’ Abayobozi b’ Ishuri Kubera Kwambara Imyenda Igaragaza ubwambure bwabo

Ubwanditsi 02 Jun 2017
RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo
POLITIKI

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Ubwanditsi 23 Feb 2018
FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen
Amakuru

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru