• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubwanditsi 19 Apr 2016 Mu Mahanga

​ Mu gihe cy’iminsi itatu, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera yagiranye ibiganiro n’ababyeyi bafite abana bataye ishuri, abayobozi b’inzego z’ibanze, abarezi mu bigo by’amashuri yo muri aka karere, bose ibakangurira gusenyera umugozi umwe mu kurwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikorerwa abana.

Inama babisabiwemo zabereye mu mirenge yose 17 igize aka karere kuva ku itariki 13 kugeza ku wa 15 Mata.

Mu batanze ibyo biganiro harimo abayobozi ba Sitasiyo za Polisi y’u Rwanda muri aka karere n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge izo nama zabereyemo.

Aganira n’abo mu murenge wa Cyeru ku itariki 15 Mata, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Burera, Assistant Inspector of Police (AIP) Phélin Nshimiyumukiza yababwiye ko umwana afite uburenganzira bwo kwandikishwa igihe avutse, ubwo kubaho, uburenganzira bwo kuvuzwa, ubwo kumenya ababyeyi be, ubwo kugaragaza igitekerezo, ubwo kuruhuka, n’uburenganzira bwo kwidagadura.

Yakomeje ababwira ko umwana agomba na none kurindwa ivangura, kurindwa ishimutwa, kurindwa gucuruzwa, kurindwa imirimo ivunanye, ndetse n’ikindi kintu cyose kinyuranije n’uburenganzira bwe.

AIP Nshimiyumukiza yababwiye ati:”Abana bose bagomba kwiga kuko ari uburenganzira bwabo. Ababyeyi n’abandi bantu bavana abana mu ishuri kugira ngo babafashe mu mirimo nk’ubuhinzi bakwiye kubireka. Abana bataye ishuri bagomba kurisubizwamo.”

Yabwiye abo babyeyi ko intonganya, ubuharike, n’amakimbirane biri mu bituma abana bahunga iwabo bakajya ku mihanda , maze abasaba kubyirinda.

Yabasobanuriye ko guhohotera umwana harimo kumukubita, kumukoresha imirimo ivunanye, kumuha ibihano bikomeye, kumusambanya, kumuta, kwihekura, no kuvanamo inda.

AIP Nshimiyumukiza yabwiye abari muri iyo nama ko imirimo itemewe ikoreshwa abana harimo kubakoresha mu birombe, gusoroma icyayi, gucukura umucanga, ibumba, n’ingwa, no kwikorera imitwaro mu isoko bashaka amafaranga.

Yababwiye ko ufite amakuru ajyanye n’ihohoterwa ryakorewe umwana yayatanga kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda imwegereye cyangwa agahamagara nomero ya terefone itishyurwa 116.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyeru, Twiringiyimana Theogene yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ku mpanuro yahaye abari muri iyo nama, kandi abasaba kuzizirikana ndetse no kuzikurikiza.

Yagize ati:”Uretse ubuzima bubi bagirira ku mihanda, abana bayobotse iyo nzira bakora ibyaha birimo ubujura no kunywa ibiyobyabwenge. Reka twese dufatanye kurwanya ikintu cyose gishobora gutuma umwana ata ishuri akajya ku muhanda, kandi duharanire ko uburenganzira bwe aho buva bukagera bwubahirijwe.”

Umwe muri abo babyeyi witwa Karekezi Sebastien yagize ati:”Impamvu zatumye umwana wanjye ata ishuri ngiye kuzishakira umuti urambye ku buryo atazongera kurita, kandi amashuri natangira nzahita musubizamo, ndetse nzakomeza kujya musobanurira akamaro ko kwiga.”

Umwe mu barezi bitabiriye iyo nama wo mu rwunge rw’amashuri rwa Jean de la Menais witwa Nsanzimana Janvier yagize ati:”Ubufatanye hagati y’ababyeyi, abarezi, n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ni ngombwa kugira ngo tubashe kurerera igihugu uko bikwiye. Uruhare rwanjye narushijeho kurusobanukirwa, kandi nzashyira mu bikorwa ibyo nsabwa.”

Yasabye abarezi bagenzi be kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, baba abo bigisha ndetse n’abandi muri rusange.

RNP

2016-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2017
Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Ubwanditsi 12 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubyeyi wa  Kayumba Nyamwasa yitabye Imana
INKURU NYAMUKURU

Umubyeyi wa Kayumba Nyamwasa yitabye Imana

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Bampoliki ati: Nahimana ni umupadiri wahindutse umupagani naho Twagiramungu ni umunyapolitiki ushaje [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Bampoliki ati: Nahimana ni umupadiri wahindutse umupagani naho Twagiramungu ni umunyapolitiki ushaje [ VIDEO ]

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru