• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu mpera z’icyumweru gishize Minisitiri w’Ubwongereza, Boris Johnson, yibwiriye abanyamakuru i Kigali ko agiye gukora iyo bwabaga abajenosideri bari mu gihugu cye bagashyikirizwa ubutabera, kuko nawe yemera ko ubutabera butinze buba bwatakaje umwimerere wabwo.

Ibi kandi Boris Johnson yanabyijeje Perezida Wa Repubulika, Paul Kagame, mu kiganiro abayobozi bombi bagiranye, ubwo yari amaze gusura Urwibutso rwa Kigali, rurimo imibiri y’abantu babarirwa mu 250.000 bazize gusa ko ari Abatutsi. Ikigaragara kuri urwo rwibutso Bwana Boris Johnson yahakuye umubabaro no kwicuza gukomeye, bikaba ari nabyo byamuteye gufata icyemezo cyo guhagarika umuco wo kudahana.

Kwiyemeza gukurikirana abajenosideri bari mu Bwongereza kandi bije bikurikira ubusabe bw’igihe kinini bwa Leta y’u Rwanda ndetse n’ubw’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bose bakomeje gusaba ko Ubwongeraza butakomeza kuba indiri y’abajenosideri.

Nyuma y’ayo magambo ya Boris Johnson, inkoramaraso zirimo Vincent Bajinya wiyise Vincent Brown, Céléstin Ugirashebuja, Céléstin Mutabaruka, Emmanuel Nteziryayo na Charles Munyaneza, zahiye ubwoba, ndetse amakuru dukesha abantu bari hafi y’aba bicanyi aravuga ko batangiye kugerageza kuva mu Bwongereza rwihishwa. Ubu baravugana n’abandi bajenosideri bari hirya no hino mu Burayi, cyane cyane mu bihugu bituranye n’Ubwongereza, ndetse n’abari muri Afrika, nka Kongo-Kinshasa, Malawi, Zambiya, Afrika y’Efpo n’ahandi, ngo babashakire uko babasanga aho bari.

Ayo makuru kandi aravuga ko interahamwe-mpuzamugambi zo mu Bubiligi ndetse na ba bana bazo bibumbiye muri Jambo ASBL, batangiye gukusanya amafaranga yo gufasha abo bajenosideri kuva mu Bwongereza, byabananira ayo mafaranga akazabafasha mu kwishyura abanyamategeko ubwo bazaba bagejejwe imbere ya sentare!

Ese ubundi abo bajenosideri ni bantu ki?
Vincet Bajinya mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yategekaga ikigo cya ONAPO, akaba yarayoboye ubwicanyi bu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali.
Céléstin Mutabaruka we yari Deregiteri w’umushinga w’ubuhizi wa Crête-Zaïre-Nil, akaba ari umwe mu bateguye bakanayobora ubwicanyi bwahitanye Abatutsi bari bahungiye mu Bisesero.

Ubu yigize “umuvugabutumwa” w’itorero ry’Abapantekote, nk’impyisi yambaye uruhu rw’intama.
Charles Munyaneza yari Burugumesitiri wa Kinyamakara mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, kimwe na Emanuel Nteziryayo wari Burugumesitiri wa Mudasomwa muri iyo perefegitura, na Céléstin Ugirashebuja we wategekaga iyari Komini Kigoma muri Gitarama. Muri ayo makomini haguye Abatutsi batabarika,kubera amabwiriza y’izi nkoramaraso.

Igitangaje ariko, mu mwaka wa 2017 Urukiko Rukuru aho mu Bwongereza rwashimangiye ko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko aba bantu 5 bakoze ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko kuva icyo gihe ntibaburanishijwe cyangwa ngo boherezwe mu Rwanda. Amaherezo y’inzira ni mu nzu ariko,ubanza noneho akabo kashobotse. Kabone n’ubwo bashobora gutoroka ubutabera bwo mu Bwongereza nk’uko barimo kubigerageza, aho bazajya hose bazafatwa, cyangwa bapfe bangara nka Gahini amaze kwica umuvandimwe we Abeli.

2022-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’

RUSHYASHYA 12 Mar 2026
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025
IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo
IMIKINO

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga
UBUKUNGU

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru