• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu batanu, biyitaga abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi, abandi bakiyita abakozi b’urukiko.

Abakekwa bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byo kubashakisha byabereye i Kigali n’i Rusizi, nyuma y’aho bamburiye amafaranga umuturage wari ufite urubanza yatsindiwe mu nkiko zisanzwe akajuririra ku rwego rw’Umuvunyi.

Mu bakekwa harimo umukobwa witwa Nizeyimana Florence wihimbye Aline Mammy, wiyitaga umukozi w’urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo aho uwo bambuye amafaranga yigeze kuburanira, akaba ari nawe wari umuhuzabikorwa w’ubu bujura.

Abandi ni Ndayishimiye Joseph wihimbye Nkurunziza Emmanuel na Makambo Manasseh wihimbye Umuhire Jacques nabo biyita abakozi b’urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo .

Hagati aho ariko, Rutaganzwa Eric wiyitaga Kajangwe na Ndayisabye Victor wiyitaga Claude bo, bafungiye muri gereza ya Kigali ku Muhima nyuma yo kwaka amafaranga uriya muturage nabo biyita abakozi bo ku rwego rw’Umuvunyi.

Uko byagenze

Nk’uko bitangaza na Jean Aimé Kajangana akaba n’umuvugizi w’Urwego rw’Umuvunyi, avuga ko babonye amakuru ko hari abantu biyitirira urwego akorera, bakabeshya abaturage bagamije indonke zitandukanye.

Nk’uko abivuga, umwe mu bahuye n’aba batekamutwe ni Mpawenimana Fulgence, wari waratsinzwe urubanza mu rukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo, arutsindwa mu rwisumbuye n’urukuru, maze ajyana ikibazo cye ku rwego rw’Umuvunyi ngo arenganurwe.

Avuga ko nyuma habonetse abagabo babiri biyitaga abakozi bo ku rwego rw’Umuvunyi , boherejwe na Florence ukomoka mu murenge wa Byumba, akarere ka Gicumbi ari nawe wari wavuganye na Mpawenimana; bamusezeranya kuzamugira mu kibazo ariko bamusaba amafaranga 400,000 ndetse arayabemerera.

Kajangana yagize ati:” Nyuma yo kutabashira amakenga,yabimenyesheje Urwego rw’Umuvunyi maze ku italiki ya 20 Ukwakira, ku Kacyiru mu karere ka Gasabo, mu gihe cyo kuyaha Ndayisabye, ku bufatanye bwa Polisi atabwa muri yombi, mbere gato yo gufatira Rutaganzwa i Nyamirambo.”

Avuga ko bafashwe bakimara kumenyesha uwari wabohereje ko amafaranga bayahawe.

Yakomeje avuga ko nyuma yo gufatwa, telefoni zabo zarafashwe, Florence akeka ko bashatse kutamuha kuri ayo mafaranga, maze aho yari mu karere ka Rusizi, ashyiraho irindi tsinda rigizwe na Makambo wari kuba umucamanza na Ndayishimye wari kumubera umwanditsi.

Icyo gihe batangiye guhamagara Mpawenimana bamusaba 300,000; nabo uko ari batatu , ku italiki 8 Ugushyingo batawe muri yombi i Rusizi ubwo bari bategereje uyu mugabo ngo abazanire amafaranga.

Aha Kajangana yagize ati:”Turasaba abantu bose kumenya aho serivisi zitangirwa n’uko zisabwa, uguye mu kibazo nk’iki wese akwiye kumenya aho abariza no kurwanya ibikorwa nk’ibi kuko serivisi zishyurwa ahantu hazwi, si ku bantu ku giti cyabo cyangwa kuri telefone.”

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yavuze ko hagati y’Urwego rw’Umuvunyi na Polisi harangwa imikoranire myiza mu rwego rwo gukumira no kurwanya ruswa n’ibindi byaha muri rusange.

-4633.jpg

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege

ACP Badege yagize ati:”Tuzi ko hari abigize abahuza hagati y’abashaka serivisi n’abazitanga mu nzego zitandukanye, ibi bibangamira imitangire ya serivisi kandi ntidushobora kubyihanganira nk’abashinzwe kureba ko amategeko yubahirizwa, kimwe n’abandi banyarwanda bose.”

Yavuze ko aba bakekwa bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ubwambuzi bukoresheje amayeri mu ngingo ya 318 y’igitabo cy’amategeko ahana, iteganya igifungo kugeza ku myaka itanu n’ihazabu igera kuri miliyoni 5; ndetse no kwiha ububasha ku mirimo itari iyawe giteganywa n’ingingo ya 616, iteganya igifungo kiva ku mwaka umwe kugeza kuri itatu.

RNP

2016-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye
HIRYA NO HINO

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?
HIRYA NO HINO

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru