• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu batanu, biyitaga abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi, abandi bakiyita abakozi b’urukiko.

Abakekwa bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byo kubashakisha byabereye i Kigali n’i Rusizi, nyuma y’aho bamburiye amafaranga umuturage wari ufite urubanza yatsindiwe mu nkiko zisanzwe akajuririra ku rwego rw’Umuvunyi.

Mu bakekwa harimo umukobwa witwa Nizeyimana Florence wihimbye Aline Mammy, wiyitaga umukozi w’urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo aho uwo bambuye amafaranga yigeze kuburanira, akaba ari nawe wari umuhuzabikorwa w’ubu bujura.

Abandi ni Ndayishimiye Joseph wihimbye Nkurunziza Emmanuel na Makambo Manasseh wihimbye Umuhire Jacques nabo biyita abakozi b’urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo .

Hagati aho ariko, Rutaganzwa Eric wiyitaga Kajangwe na Ndayisabye Victor wiyitaga Claude bo, bafungiye muri gereza ya Kigali ku Muhima nyuma yo kwaka amafaranga uriya muturage nabo biyita abakozi bo ku rwego rw’Umuvunyi.

Uko byagenze

Nk’uko bitangaza na Jean Aimé Kajangana akaba n’umuvugizi w’Urwego rw’Umuvunyi, avuga ko babonye amakuru ko hari abantu biyitirira urwego akorera, bakabeshya abaturage bagamije indonke zitandukanye.

Nk’uko abivuga, umwe mu bahuye n’aba batekamutwe ni Mpawenimana Fulgence, wari waratsinzwe urubanza mu rukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo, arutsindwa mu rwisumbuye n’urukuru, maze ajyana ikibazo cye ku rwego rw’Umuvunyi ngo arenganurwe.

Avuga ko nyuma habonetse abagabo babiri biyitaga abakozi bo ku rwego rw’Umuvunyi , boherejwe na Florence ukomoka mu murenge wa Byumba, akarere ka Gicumbi ari nawe wari wavuganye na Mpawenimana; bamusezeranya kuzamugira mu kibazo ariko bamusaba amafaranga 400,000 ndetse arayabemerera.

Kajangana yagize ati:” Nyuma yo kutabashira amakenga,yabimenyesheje Urwego rw’Umuvunyi maze ku italiki ya 20 Ukwakira, ku Kacyiru mu karere ka Gasabo, mu gihe cyo kuyaha Ndayisabye, ku bufatanye bwa Polisi atabwa muri yombi, mbere gato yo gufatira Rutaganzwa i Nyamirambo.”

Avuga ko bafashwe bakimara kumenyesha uwari wabohereje ko amafaranga bayahawe.

Yakomeje avuga ko nyuma yo gufatwa, telefoni zabo zarafashwe, Florence akeka ko bashatse kutamuha kuri ayo mafaranga, maze aho yari mu karere ka Rusizi, ashyiraho irindi tsinda rigizwe na Makambo wari kuba umucamanza na Ndayishimye wari kumubera umwanditsi.

Icyo gihe batangiye guhamagara Mpawenimana bamusaba 300,000; nabo uko ari batatu , ku italiki 8 Ugushyingo batawe muri yombi i Rusizi ubwo bari bategereje uyu mugabo ngo abazanire amafaranga.

Aha Kajangana yagize ati:”Turasaba abantu bose kumenya aho serivisi zitangirwa n’uko zisabwa, uguye mu kibazo nk’iki wese akwiye kumenya aho abariza no kurwanya ibikorwa nk’ibi kuko serivisi zishyurwa ahantu hazwi, si ku bantu ku giti cyabo cyangwa kuri telefone.”

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yavuze ko hagati y’Urwego rw’Umuvunyi na Polisi harangwa imikoranire myiza mu rwego rwo gukumira no kurwanya ruswa n’ibindi byaha muri rusange.

-4633.jpg

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege

ACP Badege yagize ati:”Tuzi ko hari abigize abahuza hagati y’abashaka serivisi n’abazitanga mu nzego zitandukanye, ibi bibangamira imitangire ya serivisi kandi ntidushobora kubyihanganira nk’abashinzwe kureba ko amategeko yubahirizwa, kimwe n’abandi banyarwanda bose.”

Yavuze ko aba bakekwa bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ubwambuzi bukoresheje amayeri mu ngingo ya 318 y’igitabo cy’amategeko ahana, iteganya igifungo kugeza ku myaka itanu n’ihazabu igera kuri miliyoni 5; ndetse no kwiha ububasha ku mirimo itari iyawe giteganywa n’ingingo ya 616, iteganya igifungo kiva ku mwaka umwe kugeza kuri itatu.

RNP

2016-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Ubwanditsi 29 Jan 2017
Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024
Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubwanditsi 19 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa
Mu Mahanga

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Ubwanditsi 19 May 2018
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 01 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru