• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Ubwanditsi 19 May 2018 Mu Mahanga

Umuntu umwe yaguye mu mirwano ishingiye ku butaka mu karere ka Nebbi, inzu 100 ziratwikwa naho umudugudu wose uhungira muri Congo Kinsha.

Imirwano yashyamiranyije amoko abiri ubwitwa Acer n’abandi bitwa Jupu-Omaki mu gace kitwa Angule mu karere ka Nebbi muri Uganda.

Imirwano ikomeye yatangiye ku wa kabiri ihosha ku wa gatatu, yaranze no gutwika inzu no gutema insina kuri buri ruhande.

Ukuriye Polisi mu gace ka Nebbi witwa Fred Ahimbisibwe, yavuze ko muri iyi mirwano haguyemo uwitwa Gabriel Jakisa w’imyaka 32 wo ku ruhande rw’abo mu bwoko bwa Jupa.

Ahimbisibwe yashinje abo mu bwoko bwa Acer gutera bagenzi babo bo mu bwoko bwa Jupu-Omaki.

Yatangarije The Monitor ati “Hagomba kubahwa amategeko, kandi amategeko agomba gufasha mu gukemura imvururu hagati y’amoko.”

Imvururu zishingiye ku butaka muri kariya gace ngo zigeze kubaho mu 1996 ndetse ikibazo kigezwa mu nkiko mu 2014.

Amakimbirane yongeye kubura ubwo urukiko rwategekaga gufata abandi bantu bo mu bwoko bwa Acer ngo bagire ibyo babazwa kuri iki kibazo.

Ahimbisibwe avuga ko abo bantu batawe muri yombi ngo babazwe kubera ko abakekwaho ibyaha bahunze.

Umuyobozi w’agace ka Ndhew (Sub-county) Bosco Okwai yasabye aba baturage kwicara hamwe bakaganira ku kibazo kibatandukanya.

Ati “Tugoba kwigisha abato kubaha itegeko aho kurirengaho.”

Yavuze ko abana n’abagore b’inzirakarengane bararara badasinziriye aho bahungiye kubera ikibazo gito abantu bakwicara bagakemura.

Umwe mu bo mu bwoko bwa Acer, Angwe Oyeki w’imyaka 81, avuga ko ubutaka abo mu bwoko bwa Jupu-Omaki biyitirira bwagenewe kuragirwaho amatungo.

Ati “Abo mu bwoko bwa Jupu-Omaki bo muri Angule ni impunzi zacumbikiwe hano zivuye muri Congo Kinshasa, nta butaka bagira ino, ariko bashaka gufata n’ubutaka buruta ubwo umukuru w’umuryango wacu yabahaye.”

Uyu musaza avuga ko abo bantu bageze mu gace kabo mu 1964, ubutaka bapfa bungana na A 500.

2018-05-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Ubwanditsi 26 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse
Mu Rwanda

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Ubwanditsi 17 Jun 2016
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.
Amakuru

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda
Mu Mahanga

Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru