• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rua Shampiyona y’u Rwanda izatangira mu mpera z’iki cyumweru amakipe  atandukanye akomeje kwitegura iryo rushanwa, kuri uyu wa kabiri tariki 27 Mata 2021 ikpe ya Gasogi yatsinzwe igitego kimwe ku busa na Bugesera naho umukino wa Kiyovu SC yagombaga gukina na Gorilla ntiwaba.

Mu mukino wari utegenyijwe kuba ku isaha ya saa sita ukabera kuri sitade Amahoro i Remera ugahuza ikipe ya Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwabaye kuko ubwo amakipe yiteguraga kwinjira mu kibuga umwe mubashinzwe ibikoresho mu ikipe ya Gorilla habuze ibisubizo bya Koronavirusi.

Nubwo abandi bo mu ikipe ya Gorilla FC bo bari babonye ibisubizo bigaragaza ko nta bwandu bwa Koronavirusi bafite, ibya Kit Manager wabo byo byakomeje gutinda kuboneka kugeza ku isaha ya saa munani hafatwa unwanzuro w’uko uyu mukino utari bube kuko nyuma yaho ku isaha ya Saa cyenda kuri sitade Amahoro hagombaga kubera undi mukino hagati ya Gasogi United na Bugesera FC.

Nyuma yaho uwo mukino utabaye, hakuriyeho umukino wahuje Gasogi United yari yakiriye ikipe ya Bugesera kuri Sitade Amahoro kugirango iyi kipe ikomeze yimeneyereze iki kibuga izajya ikiniraho by’umwihariko ku mukino ufungura iyi shampiyona mu itsinda baherereyemo bakazasura ikipe ya Rayon Sports.

Muri uyu mukino ikipe ya Gasogi United ntabwo yahiriwe nawo kuko ubwo hari ku munota wa mbere w’umukino umukinnyi Kwitonda Alain uzwi nka Bacca yatsindiye igitego ikipe ye ya Bugesera FC ku mupira w’umuterakano.
Uyu mukino ukaba warangiye uko nguko ikipe ya Gasogi United itakaje uyu mukino wayo wa nyuma wa gicuti mbere y’uko iyi shampiyona isubukurwa.

Mu yindi mikino ya gicuti iteganyijwe kuri uyu wa gatatu, ikipe ya APR FC irakina n’ikipe ya Mukura Victory Sport isanzwe ibarizwa i Huye, iyi kipe y’ingabo z’igihugu ikaba ikinira uyu mukino o Shyorongi yitegura shampiyona, imikino y’ikipe y’ingabo z’igihigu ikazajya iyakirira i Huye mu ntara y’amajyepfo.

2021-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Ubwanditsi 15 Sep 2021
Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Aug 2022
TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Ubwanditsi 18 Apr 2024
Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Ubwanditsi 02 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki urupfu rwa Juvenal Habyarimana rugumya kuriza Abafransa- Isesengura rya  Ntarugera Deo Koya
ITOHOZA

Kuki urupfu rwa Juvenal Habyarimana rugumya kuriza Abafransa- Isesengura rya Ntarugera Deo Koya

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994
Amakuru

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025
Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi
Mu Rwanda

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru