• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umujenosideri Shingiro Mbonyumutwa yahambwe mu Bubiligi.
Shingiro Mbonyumutwa ni umujenosideri uherutse gupfira mu Bubiligi, aho yari amaze imyaka isaga 20 abundabunda ngo adashyikirizwa ubutabera.

Kuri uyu wa gatanu, tariki 04 Werurwe 2022 nibwo yahambwe muri icyo gihugu.
Abitabiriye uwo muhango wo kumuhamba ni abo basangiye ingengabitekerezo ya Jenoside, barimo abo babanaga muri FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire, inafitanye isano ya hafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Abazi neza ubugome bwaranze uyu Shingiro Mbonyumutwa, bagize bati: “Parimehutu ipfushije umwana, naho u Rwanda rupfushije umwanzi”.

Ibyo babihera ku ruhare yagize mu gutoteza Abatutsi, haba mbere ya Jenoside bakorewe, haba muri Jenoside ndetse na nyuma yaho, dore ko ari umwe mu bakomeje guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uretse kuba yarabaye no mu buyobozi bukuru bwa MDR-Power (biro politiki), Shingiro Mbonyumutwa yanabaye umuyobozi w’ibiro bya Yohani Kambanda, ministiri w’intebe wa Leta y’abatabazi, yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside nk’uko uyu Yohani Kambanda yabyiyemereye mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda, akanakatirwa gufungwa burundu.

Uyu Shingiro Mbunyumutwa ni umwe mu bashishikarije Abahutu kwica Abatutsi. Urugero ni ibyo yavugiye mu kiganiro cyahise kuri Radio-Rwanda tariki 21 Mutarama 1994, ubwo yahamagariraga Abahutu”kwirwanaho” bakikiza Abatutsi.

Shingiro Mbonyumutwa akomora ubugome kuri se, Dominiko Mbonyumutwa, umwe mu bashinze MDR-Parmehutu, nawe waranzwe no kwanga urunuka Abatutsi.

Shingiro Mbonyumutwa agiye adakoze igifungo cy’imyaka 25 yahawe n’Inkiko Gacaca amaze guhamwa n’uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane mu yahoze ari Perefegitura ya Gitaraa ari naho akomoka.

Asize abana barimo Gustave Mbonyumutwa na Ruhumuza Mbonyumutwa abambari bakomeye ba Jambo Asbl, ka gatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, baharanira gutagatifuza ababyeyi babo.

2022-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali  17 kuva yafata ubutegetsi

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira  kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba
Amakuru

Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba

RUSHYASHYA 28 Jun 2026
Uganda: Abo Mu Muryango Wa Gen. Kayihura Baramagana Amakuru Y’uko Yaba Ashaka Kwiyahura
HIRYA NO HINO

Uganda: Abo Mu Muryango Wa Gen. Kayihura Baramagana Amakuru Y’uko Yaba Ashaka Kwiyahura

Ubwanditsi 31 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru