• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Ubwanditsi 21 Aug 2017 POLITIKI

Ihuriro ry’imitwe ya politiki mu Rwanda (NFPO), ryatangaje ko ryiteguye guha ubufasha bw’amafaranga agera kuri miliyoni 20 RWF buri mutwe wa politiki uribarizwamo, kugira ngo ibashe kwitegura amatora y’abadepite ateganyijwe umwaka utaha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iri huriro, Oswald Burasanzwe, yabwiye The New Times ko nubwo iri huriro rigizwe n’imitwe ya politiki 11 rikura amafaranga mu ngengo y’imari ya Leta no mu bafatanyabikorwa, ryiteguye gutera inkunga ya miliyoni 20 ibikorwa bya buri mutwe wa politiki uzabisaba.

Ati “Ingano y’amafaranga dukura mu isanduku ya Leta no mu bafatanyabikorwa igenda ihindagurika, gusa twemeje ko buri mutwe ushobora kuzabona miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda yo kuwufasha.”

Yakomeje avuga ko imitwe ya politiki yose yemerewe ariya mafaranga kandi bayatanga bagendeye ku wayasabye, gusa ngo icy’ingenzi ni uko azakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.

Perezida w’ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr. Habineza Frank, yavuze ko iyi nkunga ari nziza ariko idahagije ugendeye kuri gahunda y’ibikorwa buri mutwe wa politiki uba uteganya gukora.

Yagize ati “Ni iby’agaciro kuba twaratewe inkunga mbere, baherutse kuduha miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda twakoresheje mu bikorwa byacu, ni byiza kumva ko aya mafaranga yongerewe.”

Habineza wiyamamarije kuyobora u Rwanda mu matora yo kuwa 3 no ku wa 4 Kanama 2017 akabona amajwi 0.48, aherutse gutangaza ko ishyaka rye ryiteguye guhatana no mu matora y’abadepite azaba muri Kanama 2018.

-7682.jpg

Amafaranga atangwa n’ihuriro ry’imitwe ya politiki aba agamije kongerera ubushobozi imitwe ya politiki binyuze mu mahugurwa ategurwa n’iri huriro cyangwa indi miryango irimo n’imitwe ya politiki ubwayo.

Mu matora ya Perezida wa Repubulika aheruka, ihuriro ry’imitwe ya politiki ryohereje indorerezi 100 zirimo ebyiri ziturutse muri buri mutwe wa politiki.

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 17 Sep 2016
Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko  [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 08 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru