• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwifatanije n’Ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru ( Abanyamakuru barakicira isazi mu jisho )

U Rwanda rwifatanije n’Ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru ( Abanyamakuru barakicira isazi mu jisho )

Ubwanditsi 03 May 2016 Mu Mahanga

Taliki ya 3 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’itangazamakuru, umunsi abakora uwo mwuga bisuzuma ngo barebe intambwe bamaze gutera haba mu bunyamwuga, ndetse no mu nyungu bakura muri ako kazi, ugereranyije n’umwaka wawubanjirije.

Ni naho kandi bibukiraho bagenzi babo bagiye bahohoterwa kubera umwuga, abafungiwe ahantu hanyuranye, abishwe, ababujijwe uburenganzira bwo gutara cyangwa gutangaza, n’uko bakongera gufatana urunana rwo kuvugira abo babujijwe uruvugiro.

Mu Rwanda, iyi taliki ibaye itangazamakuru ryifashe rite? Byose ni Sawa sawa!
Uyu mwaka ushize nta munyamakuru ubarizwa mu ibohero, nta gitangazamakuru cyahagaritswe, ahubwo hashinzwe amateleviziyo yigenga akangari! Ibinyamakuru biracicikana online, ibidasohoka ni akazi kabyo ntawabinize.

Muri buri kigo cya Leta hari umuvugizi utanga amakuru, kugeza ku karere. Umuntu afite uburenganzira bwo kubaza cyangwa gutanga igitekerezo, haba mu kiganiro mbwirwaruhame, atelefonnye kuri Radio na Televiziyo ashaka, cyangwa yohereje ubutumwa bugufi ku rukuta rwa Facebook. Muri iyo ndorerwamo, ubwisanzure bw’Itangazamakuru buhari ku gipimo 100%.

Ariko se ko usanga Abanyamakuru bahigima ni ukubera iki?

Muri ubwo bwisanzure tuvuze haruguru, haraburamo ugusohoka kw’ibinyamakuru byandikwa. N’ibyandikwa usanga bitagurwa! Umuntu yakwibaza impamvu z’ubwitabire buke bw’abasomyi. Aho ntibaba babura icyo basoma muri ibyo binyamakuru? Bwaba ari ubushobozi buke mu myandikire se?

-2752.jpg

Ibi binyamakuru byari bikunzwe ku isoko ntibigisohoka

Oya! Mu gighugu cyacu hamaze kugeza amakaminuza arenga atanu yigisha itanagzamakuru kandi amaze guha impamyabushobozi nyinshi abayasohotsemo. Ibyo rero ntibyakabaye ikibazo.Kuko ntabararyize, bigishijwe n’uburambe.Ikindi kandi abo basohotse,iyo bageze mu yindi mirimo baba aba PR beza! Kuki tubabura mu itangazamakuru, n’abagerageje bakaza basaba kwandika cyangwa kuvuga ku makuru y’imyidagaduro n’imikino gusa? Aho hari ipfundo buri wese yakwihamo umukoro.
Amakuru si ashyushya umutwe kandi si ayo gusebya ibyiza twagejejweho n’ubuyobozi bwiza.

Nibyo! Amakuru si anenga gusa, ariko na none avuga ko byose ari sawa sawa nayo si amakuru. Ibyakavugiwe mu itangazamakuru bivugirwa mu tubari bikarangiza bibaye impaka n’impuha zabyara icyaha cyangwa ikirego. None abanyamakuru baba aribo biyima amakuru, batinya kubaza amakuru, bakangwa bakiruka kibuno mpamaguru, ugukanze akagufatira aho? Ntawe ntoza kugumuka, ariko burya ntawe ukunda umunenga, kuko bivamo kubura umugati. Mu makuru mushobora gutangaza , hari abo yakubikira imbehe, abo rero sibo bazabatelefona ngo nimuze mbatekerereze uko nanyereje umutungo wa Leta. Aho rero mwahakura abanzi, byanze bikunze.

Amahitamo ni ayanyu, kwemera ingaruka z’umwuga, kwihagararaho cyangwa kurya Giti, umwuga ukawuparika. Ngirango benshi bibaza impamvu ibyo bandika bitagurwa, bashakira aho. Ubundi umunyamakuru mwiza, areba hirya y’akada ke cyane cyane akenshi ko kaba ari na gato, agashaka aho ukuri kuri, agakomereza aho. Umuntu yicuza iyo ariwe warenganye, akabona abantu bose bamwihoreye, nawe akibuka ko hari abandi yajyaga yihorera bakarengana areba kandi inshingano ze ari uguteza ubwega hakiri kare.

Amaradiyo na Televiziyo bitambutsa ibiganiro byiza!

Ibiganiro biteza Muzika imbere birategurwa kandi bikabisikana ku bwinshi n’amasengesho n’imbuga z’imikino. Ndetse banigisha kubana neza ku bashakanye, bakanarangira abakobwa abagabo n’abasore bakabarangira inkumi! Mukomereje aho mu kwisanzura mutyo, ntaho muzahurira n’uzababuza uburenganzira. Nyamara ariko, umwe mu bayobozi b’ itangazamakuru witwa Fred Muvunyi, abantu bumvise ngo yahunze, abanyamakuru mwimana amakuru, ubwo namwe muzabazwa kudatanga amakuru, nk’uko hari abo muvuga ko bayabima!

-2753.jpg

Amaradiyo arahanyanyaza

Hagati aha, umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka, bashyize u Rwanda ku mwanya wa 161 kuri 180 ku isi,muri Afurika abatugiye inyuma ni
161 Rwanda , 164 Libye ,167 Somalie , 168 Guinée Équatoriale ,172 Djibouti,174 Soudan ,180 Erythrée
muraruca murarumira! RGB, niyo yasohoye amatangazo avuguruza uwo mwanya, kuko IMIRYANGO Y’ABAZUNGU ITUWE ITWANGA, NTA GISHYA : “Ntaho bitandukaniye n’izindi basanzwe bandika, twebwe ntabwo tuziha n’agaciro ko ari raporo, ni ingirwa-raporo ziba zitwaje izindi nyungu za politike zabo.

Banza urebe interuro yonyine y’iyo raporo, iravugamo ko Leta ngo yitwaza ngo Jenoside kugira ngo ihohotere itangazamakuru, bakanavugamo ifungwa rya BBC, urumva ko byonyine interuro yayo ari ikibazo cya Politike, kidafite aho gihuriye; BBC ibyo yakoze, ibyo yavuze byari ibihakana n’ibipfobya Jenoside, nk’u Rwanda rero ntabwo rushobora kwemera ibintu nk’ibyo ngo ni byo bashingiraho bapima uburenganzira n’ubwisanzure by’itangazamakuru.”. Itangazamakuru ryararuciye rirarumira.

Ese mwaba mwarabyemeye? Cyangwa nabwo mwaketse ko hari uri bububaze kwisanzura? Ibyo ni ibimenyetso bigaragara ko hari ikibabuza kwisanzura cyabagiyemo, kikarika, atari ngombwa ko hagira ubibabuza!( self-censure)!

Abanyamakuru barakennye cyane uwaza wese yabagura!

Mu bigaragara, Itangazamakuru ryo mu Rwanda, ryagiye ribyimba ariko ridakura ( ryabaye Igukuri ). Urebeye inyuma, ni inganzamarumbo, ku izina gusa, ariko iyo uroye ikiri imbere ni icyuka ( Levure) ,icyo gihe rero ntiryakwigenga , ntiryakwisanzura, ufite amafunguro wese yarikoresha.

Niyo mpamvu hagiye haboneka abagiye baba ibikoresho by’abanyapolitiki ( beza cyangwa babi), abandi bagahungira ubukene mubanzi b’igihugu ngo baramuke kabiri n’abandi bashaka kwitaka cyangwa guhishira intege nke zabo. Ngiryo Itangazamakuru rigeze aho, risigara rivugirwa n’abavugizi babagirira impuhwe gusa, babafasha gukomeza kwirundarunda ngo batabura burundu, nabyo bikaba amahano!

Muri iyi minsi harapfa abanyamakuru benshi, wareba icyo bazize ugasanga harimo inzara no kubura ubushobozi bwo kwivuza ( kubura imiti ) Umunyamakuru akaryama iwe akifungirana agapfa ( Emile Bayisenge na Niyonteze Emmanuel ) Ibi birababaje cyane, ntabwishingizi bwo kwivuza abanyamakuru bagira. Ukibaza ayo mashyirahamwe yabo amaze imyaka n’imyaniko icyo amaze kikakuyobera.

Nyamara riracyariho

Haracyari ikizere cyo kubaho . Niba muri ino nyandiko tuvuze ko Itangazamakuru rihaze ridigadiga mu bwisanzure, igikuru ni uko ririho, kandi aho rizakangukira rizisanzura, kuko niryo rigomba kugaragaza ko ubwisanzure butabahagije. Iyi taliki ibe iyo kongera gutekereza ku bunyamwuga bwanyu, maze ibitekerezo byanyu, ntibizajye bitegereza ko mu banza kujyanwa mu Nkumba mu Itorero, kuko umunyamakuru mwiza ntatozwa, ntatongerwa, kuko aba atuwe ari Intore.

-2751.jpg

Umunsi mukuru mwiza.
Sam Gody NSHIMIYIMANA

2016-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Inkundura yo kwegura kwa ba Meya n’ababungirije yiswe “Tour du Rwanda “, yakomereje mu mu karere ka Huye
Mu Rwanda

Inkundura yo kwegura kwa ba Meya n’ababungirije yiswe “Tour du Rwanda “, yakomereje mu mu karere ka Huye

Ubwanditsi 31 May 2018
Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba  muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza
ITOHOZA

Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru