• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ndetse n’ikipe ya Police FC Muvandimwe Jean Marie Vienney arishimira kuba yashoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’ibaruramari, uyu mukinnyi ukina inyuma akaba yasoreje amasomo ye muri Kaminuza y’igenga ya Kigali izwi nka ULK.

Uyu mukinnyi ukina nka Myugariro w’ibumoso inyuma ni umwe mubarangije amasomo yabo kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Gicurasi 2021 ubwo hatangwaga imyamabumenyi y’icyiciro cya kabiri muri Kaminuza yigenga ya Kigali.

Nyuma yo gusoza aya masomo ye, Muvandimwe Jean Marie Vianney yatangarije RUSHYASHYA NEWS ko yishimiye kurangiza kaminuza ndetse anavuga ko yagiye agira zimwe mu nzitizi zashoboraga no kuba yatuma atanakomeza ariko bitewe n’ubushake yashyizemo uyu mukinnyi akigomwa bimwe byatumye yitwara neza.

Yagize ati “Urugendo ntabwo rwari rworoshye kuko kwiga unabifatanya n’akazi (umupira w’amaguru) ni ibintu bisaba ubwitange bw’akarataboneka”.

“Byari bikomeye kuko akenshi twagiraga ama exams dufite na match bikangora, ntanze nk’urugero hari igihe twari twagiye gukina i Musanze kandi dufite na Exam naraje nsanga amasaha yarangiye biba ngombwa ko nzayikora mu buryo bwihariye gusa ku bw’amahirwe naratsinze, urumva ni urugamba rutoroshye.”

Uyu mukinnyi akomeza avuga ko kwiga ari urufunguzo rw’ubuzima ndetse kandi avuga ko ntakidashoboka wihaye intego, yagize ati “Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima kuko bikwigisha gufata ibyemezo ndetse no kwagura imishinga bigendana cyane cyane no kwiteza imbere ndetse no kubana n’abantu bose amahoro.”

“Isomo nasangiza abandi nuko ntakidashoboka mu buzima , kuko iyo nsubije amaso inyuma nkareba uburyo nize bingoye kubera n’akazi nagomba kwitanga 100% niho mpera mvugako ikidashoboka ari ikitabaho gusa.”

Mu gusoza ikiganiro twagiranye uyu myugariro yavuze ko ashima Imana cyane yamufashije muri uru rugendo rwe rwo gusoza aya masomo, ashimira umuryango we wamubaye hafi ndetse n’uyubobozi bw’ikipe ye ya Police FC kuri ubu irimo guhatanira igikombe cya shampiyona y’u Rwanda 2020-2021.

Uyu mukinnyi akaba atarimo gufasha bagenzi be kuko afite imvune amaranye iminsi ariko akaba yavuze ko kuri ubu ameze neza ndetse ko mugihe cya vuba ari bube agarutse mu kibuga.

2021-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2022
Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Ubwanditsi 18 Nov 2022
Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Ubwanditsi 13 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho
ITOHOZA

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”
Amakuru

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018
ITOHOZA

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Ubwanditsi 01 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru