• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda yarenze umurongo

Uganda yarenze umurongo

Ubwanditsi 29 May 2019 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku mpamvu zishingiye ku mpagarara hagati ya Uganda n’U Rwanda, hari ibyari bisanzwe byemezwa n’abaturage b’ibihugu byombi yuko nta ntambara ishobora kurota.

Ndi umwe muri abo bibwiraga ko ibintu bishobora guhosha, mbere yuko bigera ku rwego rw’intambara. Ariko kandi, ibiherutse kuba bigaragaza ko nta kitashoboka.

Naje kugera kuri uyu mwanzuro udashimishije njye nk’abandi benshi, ubwo narebaga umurambo w’umunyarwanda ukinirwaho nk’umupira w’amaguru mu rwego rwa politike n’inzego za Uganda kuburyo bari banatumiye abadipolomati mu muhango wo gushyikiriza umurambo URwanda, byari bigamije gucisha bugufi URwanda.

Igihe kinini nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994,  kumvikana guke hagati ya Uganda n’URwanda ntibyigeze bihosha, aho byaje guhumira ku mirari igihe habagaho gukozanyaho muri Kisangani mu mpera ya za 1990, kubera uko kutumvikana, byatumye habaho gushyigikira ababaga batavuga rumwe n’ubutegetsi icyari intambara mucyayenge mu ntangiriro ya za 2000.

Ibi bikaba byaraje guhoshwa mu mishyikirano yaje kwemeza ko impande zombi, ko abarwanyaga za guverinoma z’ibihugu byombi bimurirwa mu bindi bihugu

Kuva icyo gihe, haje kubaho agahenge. Mu byukuri, ibyabagaho byose byarirengagizwaga.

Urugero ni nkuko Uganda yafashaga ku mugaragaro itozwa ry’abarwanyi ba Patrick Karegeya na Kayumba Nyamwasa, bajyaga bakirwa n’inzego z’umutekano zo hejuru za Uganda, mu gihe babaga bamaze kwambuka umupaka – ubwo Koloneli Leopold Kyanda yarabakirag nyuma yaho bakacyirwa Salim Saleh.

Ahagana muri 2016, byaje kugaragara ko Rwanda National Congress (RNC) ya Kayumba Nyamwasa yakiraga ikanatoza abarwanyi ibifashishijwemo n’inzego z’umutekano za Uganda, cyane cyane, Chieftaincy of Military Intelligence (CMI

Ikindi kandi, nuko ibyinshi muri ibi, bitamenyekanaga. Mu byukuri, mu Ugushyingo 2017, hari imodoka yo mu bwoko bwa bisi yafatiwe ku mu paka w’ahitwa Kikagati, nyuma biza kugaragara ko abasore  46 bari muri yo bisi bari baroroherejwe muri icyo gikorwa binyuze mu kubaha ibyangombwa byibihimbano, kugirango bajye mu nkambi zaho RNC itoreza abarwanyi bayo hitwa Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya  Congo

Aba bakaba bari abagiye gutozwa igisirikare ba RNC, kandi ibyo byangombwa bakaba bari barabihawe na Chieftaincy of Millitary Intelligence, baje no kubigisha uko bazajya babeshya inze go zishinzwe  abinjira n’abasohoka bageze Kikagati.

Nyamara kandi icyatumye banavumburwa, ni byo bavugaga binyuranye byatumye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zibatahura, kuko hari icyari cyidasobanutse cyarimo gukorwa

Bahise boherezwa mu rukiko, bahita barekurwa, kubera gutinya ko bashobora kuba bamena amabanga akomeye, mu gihe barim, guhatwa ibibazo.

Amezi yakurikiyeho nyuma, ku wa 28 Werurwe 2018, mu kiganiro n’itangazamakuru. Entebbe, Perezida Museveni yemeye ko inzego ze z’umutekano zafashije bariya basore, “Agatsiko k’Abanyarwanda karimo kwinjizwa mu gisirikare muri Tanzania n’UBurundi, kugirango bajye muri  Congo Kinshasa. Bavuze ko barimo kujya gukora umurimo  w’Itorero, ariko mu gihe barimo guhatwa ibibazo, byaje kugaragara ko mu byukuri, uwo murimo utari uwidini.  Byari ikintu gihabanye,’’ Museveni abwira ababnyamakuru.

Kuba Museveni yarabyiyemereye ubwe, byari bihagije kugirango yisubireho mu rwego rwo gutera inkunga RNC sibyo se? Ikosa. Ahubwo yakoze ibihabanye nabyo. Museveni yaje kwijandika.

Ku wa 14-15 Ukuboza Minisitiri we ushinzwe ubutwererane mu Karere, Philemon Mateke yakoresheje inama Kampala, iyo nama ikaba yari igamije kunoza ihuzabikorwa no kongerera RNC ubushobozi RNC na FDLR, umutwe w’inyeshyamba ubarizwa muri DRC, bashishikajwe no kurangiza umushinga wabo wa Jenoside  yakorewe Abatutsi muri  1994.

Laforge Fils Bazeye na Theophile Abega, muri iyo nama bahagarariye  FDLR, ubwo bafatirwaga Bunagana bakubutse mu nama. Abayobozi bo muri Congo babamaranye igihe gito mbere y’uko bashyikirizwa URwanda kugirango bashyikirizwe ubutabera.

Mu gihe bari muri gereza byaje gucyekwa ko bazavuga ibyigiwe muri iyo  nama ya Kampala, harimo n’icyifuzo cya Museveni cyuko bagomba guhuza imbaraga bagasenya Guverinoma y’URwanda n’ibikorwaremezo by’umutekano.

Ku wa 31 Ukuboza 2018, Loni yemeje ibya Kikagati n’ibindi bikorwa bijya gusa nkacyo, ubwo raporo y’impuguke kuri Congo yagaragazaga Uganda n’UBurundi, ko ibyo bihugu nabyo bifite uruhare mu iyinjizwamugisirikare ku ruhande rw’inyeshyamba z’ihuriro “P5”, ziyobowe na Kayumba Nyamwasa, nk’uko iyo raporo ibigaragaza.

Umwe muri abo banyamuryango ba P.5 ni Paul ni MRCD ya Rusesabagina, ufite abitwaje ibirwanisho, witwa FLN, kugeza ubwo Kizigenza wayo yatabwaga muri yombi agashyikorizwa URwanda vuba aha, wayoboraga  FLN , Callixte Nsabimana, uzwi nka “Majoro Sankara.”

Nka bariya ba FDLR bari muri gereza, Callixte nawe  yatanze amakuru yari akenewe kandi azagira ibyo avuga byinshi ku ruhare rw’inkunga ingabo ze zibona kuva mu nzego zo hejuru zo mu nzego nkuru z’umutekano zo muri Uganda.

Ubwo Uganda yabaga yafatanywe igihanga, yarushagaho kongera umurego, aho kugirango yisubireho. Nyuma yo kugaragaza raporo ya LONI mu Ukuboza  ubuyobozi bwo muri Uganda bwafashe umugambi wo kwifashisha itangazamakuru, aho Lea Karegeya , Kayumba Nyamwasa, Trbert Rujugiro, na Himbara ushinzwe kumwamamaza (Rujugiro), bahawe rugari nkaho bari batangije ubufatanye n’abaturage ba Uganda.

Kayumba yaje kugaragazwa nk’umuntu w’igitangaza naho Rujugiro nk’umugiraneza ufite ishoramari muri Uganda ku bufatanye na Salim Saleh, k’umufatanyabikorwa mu bucuruzi, kandi ko barimo gufasha abakene , abaturage ba Aruwa [ bibagiwe cyera na Guverinoma yabo, baza kwibukwa n’ urwego rw’ishoramari rwa RNC, kandi koko niko bimeze ].

Noneho kandi byaje no gukaza umurego ubwo byaje kumenyekana ko intumwa nkuru za RNC, Mukankusi Charlotte, Eugene Gasana bagiranye inama na Museveni mu  rugo iwe, kandi ko banahawe impapuro z’inzira z’igihugu cya Uganda kugirango bakomeze kuzajya bajya gushakira RNC amaboko n ‘inkunga.

Nko mu rwego rwo kugabanya ubukana, Museveni yandikiye Kagame, ibaruwa yahawe itangazamakuru, aho yemeraga ko yagiranye inama n’intumwa za RNC ariko ngo mu buryo bw’impanuka.

Nta na rimwe Uganda yigeze igaragaza ubushake bwo gukemura ibyo URwanda rutishimira, cyane cyane kugirira nabi abaturage barwo iyo bageze muri Uganda ndetse n ‘inkunga  Uganda iha  RNC !

Icyangombwa cyane  mugomba kumva basomyi bacu ni ikirundo cy’ibimenyetso bigaragara hose, harimo ni inkunga igenerwa RNC nk’uko byigeze kugaragazwa haruguru (ubuhamya bwatanzwe n’umwe mu bari bafunzwe na CMI, baje gusubizwa iwabo bafite ubuhamya bwuko bakorewe iyicarubozo ndetse nabagenzi babo basigaye mu buroko bwa CMI. Uyu ati : “ Naramukanyije na Satani “- Ubuhamya bw’umuvugabutumwa watoterejwe muri Gereza ya CMI.

Bikaba bigaragara ko Uganda ishishikajwe no gukoza isoni URwanda aho kugirango ikemure ibi bibazo. Urugero, ubwo URwanda rwafungaga umupaka wa Gatuna, kubera impamvu z’ubwubatsi, inzego za Uganda zahisemo kutabimenyesha abaturage babo babacuruzi, bityo ikomeza kubemerera kuzana ibicuruzwa byabo ku mu paka, ari nako irimo gucura intambara y’itangazamakuru isiga ikinyoma URwanda ngo rwafunze umupaka. Mu byukuri, nubwo umupaka ugifunzwe nanubu, kugeza ubwo ibikorwa by’ubwubatsi bizaba byarangiriye.

Icyemezo cyo guherekeza umurambo w’Umunyarwanda kugera Gatuna, na za kamera ndetse n’abadipolomate bifitanye isano no  kudashaka kumvikana ugendeye no ku kuri kubigaragaza.

Umuhango wo kwerekana umurambo w’umuturage w’URwanda, mu gihe kandi hari amagana akomejwe gukorerwa iyicarubozo mu magereza ya Uganda, ibi bigaragaza ko Uganda yarenze umurongo, ugaragaza uko imyitwarire myiza yakabaye imeze.

Mu gihe Abanyarwanda barimo kugirirwa nabi no gukorerwa iyicarubozo bikihanganirwa, gukina politike ku mirambo yarwo bishobora gukoma imbarutso y’ikintu cyitatekerezwaga ko cyabaho.

Biragenda birushaho kugaragara ko intambara ariyo yabikemura, uko bucya bukira, kuko bigaragara ko Uganda aribwo buryo isigaranye.

Src : The new times

2019-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nduhungirehe avuga ko ikibazo cya Kayumba Nyamwasa kitazigera kivugwaho mu biganiro na Afurika y’Epfo

Nduhungirehe avuga ko ikibazo cya Kayumba Nyamwasa kitazigera kivugwaho mu biganiro na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame
Amakuru

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma
Mu Rwanda

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Ubwanditsi 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru