• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Ubwanditsi 04 Jul 2018 IMIKINO

U Bwongereza bwabaye ikipe ya nyuma ikatishije itike ya ¼ mu gikombe cy’Isi cy’uyu mwaka butsinze Colombia kuri penaliti, rutahizamu Harry Kane yandika amateka mashya yo kuba ariwe mukinnyi rukumbi wabashije gutsindira iki gihugu mu mikino itandatu ikurikirana.

Mu mukino wa nyuma wa 1/8 wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, u Bwongereza bwakoze ibyasaga n’ibigoye busezerera Colombia ya Juan Cuadrado na Radamel Falcao kuri penaliti eshatu kuri enye nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu munota 90 isanzwe hashyirwaho na 30 amakipe yombi akananirwa kwisobanura.

Ikipe y’u Bwongereza iyobowe na Gareth Southgate nk’umutoza, yatangiye ikina neza irusha Colombia yari ifite icyuho cy’umukinnyi wayo mwiza James Rodriguez wagize ikibazo cy’imvune, iza kuyitsinda igitego cya mbere kuri penaliti yakorewe kuri Harry Kane asunitswe na Davinson Sanchez mu rubuga rw’amahina.

Kane usanzwe ari na kapiteni w’u Bwongereza niwe wayiteye neza ku munota wa 57, ahita aba umukinnyi wa mbere mu mateka utsindiye iki gihugu nibura igitego mu mikino itandatu ikurikirana yagikiniye.

Colombia ntiyacitse intege, yakomeje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura igenda irema uburyo bwo gutsinda biciye ku bakinnyi nka Carlos Bacca, Juan Cuadrado na Radamel Falcao ariko amahirwe akaba make. Igitego cyo kwishyura cyaje kuboneka ku munota wa (90+3) gitsinzwe na myugariro Yerry Mina n’umutwe.

Byasabye ko umusifuzi ashyiraho iminota 30 y’inyongera nayo ntiyabasha kumara impaka kuko yarangiye amakipe anganya igitego 1-1, hitabazwa penaliti u Bwongereza bukomeza butsinze 4-3.

Iyi kipe igomba guhura na Suède muri ¼ nayo yahageze isezereye u Busuwisi ku gitego 1-0 cya Emil Forsberg ku munota wa 66.

Uko amakipe yose azahura muri ¼

Tariki 6 Nyakanga: saa 16:00: Uruguay vs u Bufaransa

Tariki 6 Nyakanga: saa 20:00: Brazil vs u Bubiligi

Tariki 7 Nyakanga: saa 16:00: Suède vs u Bwongereza

Tariki 7 Nyakanga: saa 20:00: U Burusiya vs Croatia

Rutahizamu Harry Kane yanditse amateka mashya yo kuba ariwe mukinnyi rukumbi wabashije gutsindira u Bwongereza mu mikino itandatu ikurikirana.

U Bwongereza mu byishimo byo gutsinda Colombia

2018-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Ubwanditsi 19 May 2021
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Jan 2024
2022 FIFAWCQ: Amavubi yanyagiye Seychelles, u Rwanda rwuzuza ibitego 10-0

2022 FIFAWCQ: Amavubi yanyagiye Seychelles, u Rwanda rwuzuza ibitego 10-0

Ubwanditsi 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba
Amakuru

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 04 May 2021
Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye
Mu Rwanda

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju
Amakuru

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Ubwanditsi 05 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru