• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Ubwanditsi 08 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko imyaka yarwo idakwiye kurubera inzitizi mu kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu, arwibutsa ko abagore n’abagabo babohoye igihugu bakagiteza imbere bari bafite imyaka nk’iyabo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane mu ihuriro y’urubyiruko ‘Youth Forum Series’, ryateguwe n’umuryango Imbuto Foundation abereye Umuyobozi w’Ikirenga, muri gahunda watangije mu 2007 yo guhuriza hamwe urubyiruko ngo rurebe aho rufite imbaraga, ahari ibibazo n’uko byakemuka.

Iri huriro ribaye ku nshuro ya kabiri, rifite insanganyamatsiko igira iti “Beyond this moment 2.0”, ryahurije hamwe urubyiruko rurenga 400 rwaturutse mu gihugu hose. Ni imwe muri gahunda ya Imbuto Foundation yo gukurikirana no kongerera ubushobozi urubyiruko izwi nka ‘Youth Empowerment and Mentorship Program’.

Madamu Jeannette Kagame, yabwiye urubyiruko ko ruhawe ikivi cyo guherekeza u Rwanda mu cyerekezo rwihaye yaba mu miyoborere no mu zindi ngeri z’iterambere, arwibutsa ko rukwiye kubyaza umusaruro amahirwe y’igihugu cyiza rufite cyaharaniwe n’ababyeyi barwo, bongeye kucyubaka bakagikura mu icuraburindi.

Yakomeje abwira urubyiruko gukomereza ku byo ubuyobozi bwiza bumaze gukora hakiri kare ntirwemere ko imyaka yarwo iba inzitizi ituma rutaba abantu b’ingenzi mu iterambere n’ubukungu bw’igihugu.

Yagize ati “Ntabwo muri bato bo kudatekereza ku byo Isi yacu ikeneye kugira ngo ibe nziza. Nta n’umwe muri mwe ukiri muto ku buryo atashobora urugamba rwo kubaka igihugu cyacu, u Rwanda, kuko mwahawe ibuye ry’ifatizo n’abababanjirije baduhaye iki gihugu.”

Mu kiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku hazaza nyuma y’Icyerekezo 2020, yabwiye urubyiruko ko hari gahunda y’imyaka irindwi y’impinduramatwara (NST), kandi rugomba kuyigiramo uruhare yaba mu nkingi yubakiyeho z’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere.

Yarubwiye ko iyi gahunda irimo amahirwe menshi arusaba gufashanya, gukora cyane, kwigishanya, kubahiriza igihe no gukoresha ukuri muri byose, kugira ngo azarugirire akamaro.

Yagize ati “Twige gukora tudahagarikiwe, tudakorera ku jisho, ibyo tutazi dusobanuze kandi twige buri munsi kuko iyo ukora akazi kawe neza urashimwa kandi ugatera imbere. Gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu ntibisaba kuba umunyapolitiki, icyo waba ukora cyose ugikoze neza uba utanga umusanzu wawe.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu, Uwihanganye, akaba na Minisitiri muto muri Guverinoma iriho, yasangije urubyiruko uburyo yatunguwe no kugirirwa icyizere na Perezida wa Repubulika ariko agaterwa akanyabugabo n’uko inshingano yahawe hari abazigize bangana na we kandi bakabikora neza.

Yagize ati “Babimbwira numvaga ko bidashoboka ariko icyanjemo vuba nahise numva ko na Perezida wa Repubulika ubwo bambwiraga ko yangiriye icyizere nibuka ko yatangiye urugamba afite imyaka 33, nzi ko yayoboye urugamba akiri muto. Niba se byarakozwe n’abandi bantu kubera iki njye bidashoboka, nti nanjye nabishoboka kuri iki kigero.”

Yakomeje abwira urubyiruko ko rudakwiye kwitinya kuko imyaka ari imibare atari ubushobozi, kandi ubuyobozi butagira aho butangirira buri wese mu rwego rwe yaba umuyobozi.

Umwe mu rubyiruko rwitabiriye iri huriro, Alain Shumbusho yavuze ko ribasigiye ubutumwa bwo gukora cyane kugira ngo bagire aho bigeza ubwabo n’igihugu muri rusange.

Yagize ati “Ducyuye ubutumwa bwo gutekereza mbere, tugatekerereza igihugu, tugakoresha imbaraga zacu zose ubungubu kugira ngo igihugu cyacu mu minsi iri imbere kizabe gifite ahantu heza kigeze. Twize kandi ko ahantu uri nicyo waba ukora cyose wakorera igihugu.”

Mu mahuriro nk’aya y’ubujyanama no kongerera ubushobozi urubyiruko, haganirwa ku nsanganyamatsiko zirimo iterambere mu bukungu n’imibereho, ibijyanye na politiki, ubunyamwuga, kwihangira imirimo, itumanaho, kwigira n’ubumwe n’ubwiyunge. Irya mbere rikaba ryarabaye mu 2014.

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Imbuto Foundation, ageza ku bari bitabiriye ijambo rifungura ihuriro y’urubyiruko ‘Youth Forum Series’ ryahawe insanganyamatsiko igira iti “Beyond This Moment 2.0 “

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu kiganiro cyayobowe na Juliana Muganza asobanurira urubyiruko gahunda y’imyaka irindwi y’impinduramatwara n’Icyerekezo 2020 anarusaba kuyigiramo uruhare mu nkingi zayo zose

Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fode Ndiaye, ageza ijambo ku rubyiruko rwari ruteraniye muri Kigali Convention Centre

Ikiganiro cyayobowe na Valens Uwineza cyatangiwemo ubuhamya n’abantu batandukanye barimo Jeanne Mubiligi; Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu; Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu , Ingabire Assumpta na Eric Bundungu

Madamu Jeannette Kagame akurikiye ibiganiro byatangwaga bigamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu

Umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa atanga ibitekerezo

Urubyiruko rugera kuri 400 nirwo rwitabiriye iki gikorwa cyabereye muri Kigali Convention Centre


Source: IGIHE

2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Ubwanditsi 21 Jan 2019
Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo
POLITIKI

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage
Mu Rwanda

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Ubwanditsi 04 May 2017
Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine
ITOHOZA

Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru