• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Ubwanditsi 08 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko imyaka yarwo idakwiye kurubera inzitizi mu kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu, arwibutsa ko abagore n’abagabo babohoye igihugu bakagiteza imbere bari bafite imyaka nk’iyabo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane mu ihuriro y’urubyiruko ‘Youth Forum Series’, ryateguwe n’umuryango Imbuto Foundation abereye Umuyobozi w’Ikirenga, muri gahunda watangije mu 2007 yo guhuriza hamwe urubyiruko ngo rurebe aho rufite imbaraga, ahari ibibazo n’uko byakemuka.

Iri huriro ribaye ku nshuro ya kabiri, rifite insanganyamatsiko igira iti “Beyond this moment 2.0”, ryahurije hamwe urubyiruko rurenga 400 rwaturutse mu gihugu hose. Ni imwe muri gahunda ya Imbuto Foundation yo gukurikirana no kongerera ubushobozi urubyiruko izwi nka ‘Youth Empowerment and Mentorship Program’.

Madamu Jeannette Kagame, yabwiye urubyiruko ko ruhawe ikivi cyo guherekeza u Rwanda mu cyerekezo rwihaye yaba mu miyoborere no mu zindi ngeri z’iterambere, arwibutsa ko rukwiye kubyaza umusaruro amahirwe y’igihugu cyiza rufite cyaharaniwe n’ababyeyi barwo, bongeye kucyubaka bakagikura mu icuraburindi.

Yakomeje abwira urubyiruko gukomereza ku byo ubuyobozi bwiza bumaze gukora hakiri kare ntirwemere ko imyaka yarwo iba inzitizi ituma rutaba abantu b’ingenzi mu iterambere n’ubukungu bw’igihugu.

Yagize ati “Ntabwo muri bato bo kudatekereza ku byo Isi yacu ikeneye kugira ngo ibe nziza. Nta n’umwe muri mwe ukiri muto ku buryo atashobora urugamba rwo kubaka igihugu cyacu, u Rwanda, kuko mwahawe ibuye ry’ifatizo n’abababanjirije baduhaye iki gihugu.”

Mu kiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku hazaza nyuma y’Icyerekezo 2020, yabwiye urubyiruko ko hari gahunda y’imyaka irindwi y’impinduramatwara (NST), kandi rugomba kuyigiramo uruhare yaba mu nkingi yubakiyeho z’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere.

Yarubwiye ko iyi gahunda irimo amahirwe menshi arusaba gufashanya, gukora cyane, kwigishanya, kubahiriza igihe no gukoresha ukuri muri byose, kugira ngo azarugirire akamaro.

Yagize ati “Twige gukora tudahagarikiwe, tudakorera ku jisho, ibyo tutazi dusobanuze kandi twige buri munsi kuko iyo ukora akazi kawe neza urashimwa kandi ugatera imbere. Gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu ntibisaba kuba umunyapolitiki, icyo waba ukora cyose ugikoze neza uba utanga umusanzu wawe.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu, Uwihanganye, akaba na Minisitiri muto muri Guverinoma iriho, yasangije urubyiruko uburyo yatunguwe no kugirirwa icyizere na Perezida wa Repubulika ariko agaterwa akanyabugabo n’uko inshingano yahawe hari abazigize bangana na we kandi bakabikora neza.

Yagize ati “Babimbwira numvaga ko bidashoboka ariko icyanjemo vuba nahise numva ko na Perezida wa Repubulika ubwo bambwiraga ko yangiriye icyizere nibuka ko yatangiye urugamba afite imyaka 33, nzi ko yayoboye urugamba akiri muto. Niba se byarakozwe n’abandi bantu kubera iki njye bidashoboka, nti nanjye nabishoboka kuri iki kigero.”

Yakomeje abwira urubyiruko ko rudakwiye kwitinya kuko imyaka ari imibare atari ubushobozi, kandi ubuyobozi butagira aho butangirira buri wese mu rwego rwe yaba umuyobozi.

Umwe mu rubyiruko rwitabiriye iri huriro, Alain Shumbusho yavuze ko ribasigiye ubutumwa bwo gukora cyane kugira ngo bagire aho bigeza ubwabo n’igihugu muri rusange.

Yagize ati “Ducyuye ubutumwa bwo gutekereza mbere, tugatekerereza igihugu, tugakoresha imbaraga zacu zose ubungubu kugira ngo igihugu cyacu mu minsi iri imbere kizabe gifite ahantu heza kigeze. Twize kandi ko ahantu uri nicyo waba ukora cyose wakorera igihugu.”

Mu mahuriro nk’aya y’ubujyanama no kongerera ubushobozi urubyiruko, haganirwa ku nsanganyamatsiko zirimo iterambere mu bukungu n’imibereho, ibijyanye na politiki, ubunyamwuga, kwihangira imirimo, itumanaho, kwigira n’ubumwe n’ubwiyunge. Irya mbere rikaba ryarabaye mu 2014.

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Imbuto Foundation, ageza ku bari bitabiriye ijambo rifungura ihuriro y’urubyiruko ‘Youth Forum Series’ ryahawe insanganyamatsiko igira iti “Beyond This Moment 2.0 “

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu kiganiro cyayobowe na Juliana Muganza asobanurira urubyiruko gahunda y’imyaka irindwi y’impinduramatwara n’Icyerekezo 2020 anarusaba kuyigiramo uruhare mu nkingi zayo zose

Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fode Ndiaye, ageza ijambo ku rubyiruko rwari ruteraniye muri Kigali Convention Centre

Ikiganiro cyayobowe na Valens Uwineza cyatangiwemo ubuhamya n’abantu batandukanye barimo Jeanne Mubiligi; Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu; Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu , Ingabire Assumpta na Eric Bundungu

Madamu Jeannette Kagame akurikiye ibiganiro byatangwaga bigamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu

Umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa atanga ibitekerezo

Urubyiruko rugera kuri 400 nirwo rwitabiriye iki gikorwa cyabereye muri Kigali Convention Centre


Source: IGIHE

2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Ubwanditsi 08 Jun 2021
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)
INKURU NYAMUKURU

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Ubwanditsi 10 Jan 2019
President Kagame addresses the 72nd UN General Assembly | New York, 20 September 2017
Video Clips

President Kagame addresses the 72nd UN General Assembly | New York, 20 September 2017

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka
Mu Rwanda

Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Ubwanditsi 27 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru