• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ububiligi: Uko Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ububiligi: Uko Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ubwanditsi 10 Jun 2017 ITOHOZA

Hashize iminsi mike mu Itorero rya Zion Temple ryo mu Rwanda havuzwemo amakimbirane ashingiye ku rwango ndetse n’umutungo, aho Apotre Paul Gitwaza yirukanye abashumba benshi barimo n’abari ibyegera bye, nyuma hakaza kuboneka abandi bashumba bahisemo kwegura ku mirimo ndetse bakanagumura abayoboke batari bake.

Si mu Rwanda gusa havutse izi mvururu kuko no mu matorero ya Zion Temple aba hanze y’u Rwanda, ahubwo no mu Bubiligi hagaragraye amakimbirane akomeye, aho Apotre Paul Gitwaza yashatse kweguza ku ngufu Bishop.Bienvenue wari uhagarariye Zion Temple muri iki gihugu ariko akamubera ibamba. Uyu Bish.Bienvenue yabwiye Ap.Gitwaza ko atarekura iri Torero kuko yarikoreye akarishyiraho ingufu nyinshi bituma aryiyandikaho mu mategeko anaryita World Revival Center Bruxelles.

-6903.jpg

Dr Apotle Paul Gitwaza

Nyuma yo kwinangira, Ap.Gitwaza yarahagurutse ajya kwirebera Bish.Bienvenue muri iki gihugu cy’ububiligi kugira ngo amweguze. Amakuru ava mu Bubiligi yatanzwe n’umwe mu banyarwanda basengeraga mu Itorero Zion Temple ryo mu Bubiligi avuga ko Ap.Gitwaza yaje azi ko agomba gutegeka uyu Bish.Bienvenue ngo arekure iri Torero ndetse anatange imitungo yose ariko arabimwangira.

-6902.jpg

Bish.Bienvenue

Bish.Bienvenue abonye bikomeye cyane ubwo Ap.Gitwaza yamusabaga kumuha Itorero rye, ngo yahise ajya kuri Stasiyo ya Polisi iba hafi y’aho Itorero Zion Temple rikorera mu Bubiligi aratabaza asaba ko bamufasha guhagarika Ap.Gitwaza byaba ngombwa bakamufunga ngo kuko yari arimo guteza umutekano muke muri iryo Torero Bish.Bienvenue yitaga irye.

Ku mahirwe ya Ap.Gitwaza, ngo aba bapolisi bitabajwe hajemo umupolisi umwe wasengeraga mu Itorero rya Zion Temple mu Bubiligi akaba yari aziranye na Ap.Gitwaza. Uyu mupolisi ngo yasabye ko habaho ubwumvikane hagati yabo asaba bagenzi be kudata muri yombi Ap.Gitwaza ngo kuko nta kibi asanzwe amuziho.

Ayo makuru avuga ko yaganiriye n’uyu mupolisi amubwira ko yaje aziko baje gufata umujura bitewe n’amakuru Bish.Bienvenue yari yabahaye bakiri kuri Stasiyo ya Polisi, ngo aza gutungurwa no gusanga ari Ap.Gitwaza.

Uwaduhaye aya makuru ahamya ko ibi yabibonye nk’akagambane kuko abakozi b’Imana baba bakwiriye kumvikana aho kujya kuregana mu nzego z’ubuyobozi.

Bishop Bienvenu wayoboraga Itorero Zion Temple ryo mu Bubiligi nyuma akarihindura World Revival Center Bruxelles agashaka no gufungisha Ap.Gitwaza.Ubu ari mumazi abira.

2017-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Ubwanditsi 19 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka  Ishema Party rya Tomas Nahimana
ITOHOZA

Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka Ishema Party rya Tomas Nahimana

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka
Amakuru

Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka

Ubwanditsi 08 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru