• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ubwanditsi 21 Mar 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, SHOWBIZ

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Werurwe 2021, nibwo habaye umuhango wo kumenya Nyampinga w’ u Rwanda 2021, maze Ingabire Grace yegukana iryo kamba nyuma yo guhigika abandi bakobwa 19 bashakaga kwambikwa ikamba ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza,ubwenge n’umuco.

Muri ibi birori byabereye mu Ntare Conference Arena, nibwo abakobwa bose uko ari 20 bahataniraga iri kamba biyerekanye mu ntambuko ndetse banabyina imbyino gakondo imbere y’akanama nkemurampaka, Nyuma yo kwiyerekana nibwo hahise hatangazwa abakobwa 10 bitwaye neza abandi 10 barasezererwa.

Muri abo bakobwa 10 basigayemo nibwo baje kubazwa ibibazo maze batorwamo batatu ari bo Akaliza Amanda, Ingabire Grace na Umutoni Witness, muri abo batatu bari basigayemo kandi niho hagombaga kumenyekaniramo uwahize abandi akaba nyampinga w’u Rwanda 2021.

Nyuma yo kubazwa nanone ndetse bagasubiza, buri umwe wari usigayemo yerekanye impano ye, nyuma bagaruka bahitamo uwegukanye ikamba rya Nyampinga ndetse banerekana ibisonga bye.

Nyampinga w’u Rwanda 2021 akaba yabaye Ingabire Grace, mu gihe Umutoni Witness yabaye igisonga cya mbere naho Akaliza Amanda aba igisonga cya Kabiri.

Umutoni Grace watorewe kuba nyampinga, ni umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko akaba yari ahagarariye Umujyi wa Kigali. Yarangije Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza muri Bates College muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yize ibijyanye na ‘Dance with a concentration in Globalization, Philosophy and Psychology’.

Mu bindi bihembo Miss Congeniality ni Gaju Evelyne Miss Photogenic Uwase Phiona,Talent Winner Umutoniwase Sandrine, Miss Hertage Ishimwe Sonia,Miss Popularity Marie Paul Kayirebwa,Most Innovation Project Musana Teta Hence.

Ibihembo bya nyampinga w’u Rwanda 2021:

Imodoka nshya ya Hyundai Creta 2021 itangwa na Hyundai Rwanda.

Azajya ahembwa ibihumbi 800 Frw ku kwezi azatangwa na Miss Rwanda Organization. Ni ukuvuga ko mu mwaka azamarana ikamba azahabwa 9.600.000 Frw.

Bourse yo kwiga muri Kaminuza ya Kigali.

Umushinga we uzaterwa inkunga na Africa Improved Food.

Lisansi umwaka wose izatangwa na Merez Petroleum.

Internet y’umwaka wose azahabwa TruConnect Rwanda.

Gutunganywa umusatsi mu gihe cy’umwaka bizakorwa na Keza Salon.

Yemerewe kuba mu mpera z’icyumweru we n’umuryango batemberera muri Golden Tulip La Palisse i Nyamata mu gihe cy’umwaka wose.

Yemerewe kurya mu gihe cy’umwaka wose muri Cafe Camellia.

Azahabwa telefoni igezweho azahabwa na MTN Rwanda.

STARTIMES 55″ 4K LED Ultra HD Smart TV.

2021-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Ubwanditsi 02 Feb 2023
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki
UBUKUNGU

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi
Amakuru

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubwanditsi 07 Nov 2017
Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.
ITOHOZA

Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Ubwanditsi 28 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru