• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Ubwanditsi 13 Mar 2019 HIRYA NO HINO, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Habyarimana ajya gufata ibyitso by’Inkotanyi  kuya 4-5 Ukwakira 1990 , ingabo ze Ex. FAR zaraye zirasa mu kirere mu mujyi wa Kigali  mu gitondo  zibyukira mu ngo z’Abatutsi  zisaka imbunda n’ibindi bikoresho bya gisilikare mungo z’Abatutsi mu rwego rwo gufata  ibyitso by’Inkotanyi ngo nibyo byaraye birasa kubigo bya gisilikare by’ingabo z’u Rwanda, basatse ,imbunda n’amaradio y’utumanaho, ari ukujijisha kugirango babahimbire ibyaha. Hafashwe abatabarika hose muri karitsiye z’umujyi wa Kigali  bajya  gufungirwa kuri Stade ya Nyamirambo,  abandi babajyanwa mu nzu zakorerwagamo iyica rubozo.

Ngayo amayeri inzego z’iperereza za Nkurunziza zirimo gukorera abatavuga rumwe nawe  cyane cyane ababaye mu ngabo za kera,  amakuru aturuka I Bujumbura, aravuga ko mu rugo rw’umukoroneli umaze imyaka isaga ibiri afunze hafatiwe ibikoresho bya gisirikare bitandukanye birimo impuzankano n’imbunda, ariko abo mu muryango we bakaba bavuga ko ibi ari  Ikinamico kuko ar’ iby’igisirikare cy’u Burundi byazanwe mu rwego rw’uwo musilikare murwego rwo  kumushakira ibyaha.

Biravugwa ko ibyo bikoresho byasanzwe mu rugo rwa Col. Dieudonne Dushimagize (uri ku ifoto) ariko abo mu muryango we baravuga ko ari iby’igisirikare cya leta.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri nibwo Igipolisi cy’u Burundi cyatangaje ko mu mukwabu wacyo cyafashe imbunda, amasasu, n’imyambaro ya gisirikare mu rugo rwa Col. Dieudonne Dushimagize bakunda kwita Ngangi, ruherereye  muri Komini Muha, mu majyepfo ya Bujumbura.

Abo mu muryango we ariko bo bavuga ko ibi ari ukugerageza gushaka ibyaha bagereka kuri uyu mu Colonel uri mu bakurikiranweho uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi mu 2015.

Aba rero bakemeza ko ibi bikoresho ari igisirikare cyabijyanye mu rugo rwe kuko ngo byakabaye byaragaragaye ubwo Col Dushimagize yatabwaga muri yombi mu Ugushyingo 2016.

Umuryango we ukaba wamaganye icyo wise ubugambanyi mu gihe hategerejwe kujuririra igifungo yahawe mu rukiko rw’Ikirenga nk’uko iyi nkuru dukesha SOSMediasBurundi ikomeza ivuga.

Col Dieudonne Dushimagize akaba yarakatiwe imyaka 10 y’igifungo n’amande y’amafaranga 500 y’Amarundi. Yashinzwe kugira uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi muri Gicurasi 2015, akaba afungiye muri Gereza ya Bubanza.

Uyu kandi yavuzwe mu mugambi wo gushaka kwivugana uwahoze ari umujyanama wa Perezida Nkurunziza ari we Willy Nyamitwe.

2019-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Ubwanditsi 10 May 2019
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zifata Kayumba Nyamwasa agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zifata Kayumba Nyamwasa agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Ubwanditsi 30 Jan 2019
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukubitana  amakofe  n’ umugabo we Umuhanzi kazi Fille agiye kwibaruka
IMIKINO

Nyuma yo gukubitana amakofe n’ umugabo we Umuhanzi kazi Fille agiye kwibaruka

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo
Amakuru

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 19 Feb 2024
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona
Amakuru

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru