• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ibikorwa by’imikino bireba u Rwanda birakomeje hirya no hino ku isi mu mikino itandukanye ndetse bamwe mu bahagarariye igihugu batahukanye ishema abandi nabo bakomeje imyitozo yo kwitegura amarushanwa yo hanze y’igihugu.

Duhereye ku mupira w’amaguru, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Gicurasi 2022 mu masaha y’umugoroba ahagana saa moya z’ijoro nibwo abakinnyi bari bahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amarerero ya Paris St Germain yo hirya no hino ku Isi.

Irerero rya PSG ryo mu Rwanda rikaba ryaratwaye igikombe cy’Isi mu kiciro cy’abari munsi y’imyaka 13, aba bana bakaba baratinze ikipe y’igihugu ya Brazil kuri penaliti 3-1 nyuma y’uko umukino wari warangiye amakipe yombianganyije igitego 1-1.

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 11, u Rwanda rwasoje ku mwanya wa kane nyuma yo gutsindwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bahatanira umwanya wa gatatu.


Kuri uyu wa gatatu, ikipe y’igihugu yitegura imikino ibiri yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023, yatangiye imyitozo aho ku munsi wa mbere iyi kipe yakoreye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo ndetse myugariro Ange Mutsinzi akaba yamaze no kugera mu Rwanda avuye muri Portugal.

Mu mukino wa Basketball, i Kigali harimo kubera imikino ya Basketball Africa League aho kuri ubu igeze mu mikino ya nyuma, ikipe ya US Monastir yo muri Tunisie yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2022 itsinze Zamalek yo mu Misiri amanota 88-81.

Undi mukino wabaye mbere, ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya FAP amanota 88-74 mu mukino wa ½ cy’irangiza.

Muri iri rushanwa kandi abakinnyi b’uyu mukino baraye bahawe ibihembo nka bamwe mu bakinnyi bafite inkomoka muri Afurika bagize ibyo bageraho muri uyu mukino, ibi bikaba byarahuriranye n’uko kuri uyu wa gatatu hizihizwaga umunsi wa Afurika, abo bakinnyi ni Mugabe Arstide, Ian Mahinmi, Luol Deng na Joakim Noah.

Mu mukino wo gusiganwa ku magare, Nyuma yo kutitabira, Tour du Cameroun 2021, ikipe y’igihugu yatumiwe mu isiganwa rizatangira muri Kamena 2022, ni isiganwa rizitabirwa n’abakinnyi 6 rigakinwa iminsi 8.

Iyi kipe yatangiye umwiherero i Musanze kuri uyu wa Kane, ikaba igizwe na Mugisha Moise , Munyaneza Didier, Nzafashwanayo Jean Claude, Muhoza Eric, Niyonkuru Samuel na Tuyizere Etienne.

Mu mukino w’intoki wa Volleyball, aho amakipe abiri y’Abagore ahagarariye igihugu mu gikombe cya Afurika ariyo APR WVC na RRA VC, aya makipe yombi arahura muri 1/8 cy’irangiza aho hagomba kuvamo ikipe imwe izagera muri kimwe cya Kane.

2022-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Nov 2023
Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Ubwanditsi 21 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru