• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ibikorwa by’imikino bireba u Rwanda birakomeje hirya no hino ku isi mu mikino itandukanye ndetse bamwe mu bahagarariye igihugu batahukanye ishema abandi nabo bakomeje imyitozo yo kwitegura amarushanwa yo hanze y’igihugu.

Duhereye ku mupira w’amaguru, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Gicurasi 2022 mu masaha y’umugoroba ahagana saa moya z’ijoro nibwo abakinnyi bari bahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amarerero ya Paris St Germain yo hirya no hino ku Isi.

Irerero rya PSG ryo mu Rwanda rikaba ryaratwaye igikombe cy’Isi mu kiciro cy’abari munsi y’imyaka 13, aba bana bakaba baratinze ikipe y’igihugu ya Brazil kuri penaliti 3-1 nyuma y’uko umukino wari warangiye amakipe yombianganyije igitego 1-1.

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 11, u Rwanda rwasoje ku mwanya wa kane nyuma yo gutsindwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bahatanira umwanya wa gatatu.


Kuri uyu wa gatatu, ikipe y’igihugu yitegura imikino ibiri yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023, yatangiye imyitozo aho ku munsi wa mbere iyi kipe yakoreye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo ndetse myugariro Ange Mutsinzi akaba yamaze no kugera mu Rwanda avuye muri Portugal.

Mu mukino wa Basketball, i Kigali harimo kubera imikino ya Basketball Africa League aho kuri ubu igeze mu mikino ya nyuma, ikipe ya US Monastir yo muri Tunisie yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2022 itsinze Zamalek yo mu Misiri amanota 88-81.

Undi mukino wabaye mbere, ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya FAP amanota 88-74 mu mukino wa ½ cy’irangiza.

Muri iri rushanwa kandi abakinnyi b’uyu mukino baraye bahawe ibihembo nka bamwe mu bakinnyi bafite inkomoka muri Afurika bagize ibyo bageraho muri uyu mukino, ibi bikaba byarahuriranye n’uko kuri uyu wa gatatu hizihizwaga umunsi wa Afurika, abo bakinnyi ni Mugabe Arstide, Ian Mahinmi, Luol Deng na Joakim Noah.

Mu mukino wo gusiganwa ku magare, Nyuma yo kutitabira, Tour du Cameroun 2021, ikipe y’igihugu yatumiwe mu isiganwa rizatangira muri Kamena 2022, ni isiganwa rizitabirwa n’abakinnyi 6 rigakinwa iminsi 8.

Iyi kipe yatangiye umwiherero i Musanze kuri uyu wa Kane, ikaba igizwe na Mugisha Moise , Munyaneza Didier, Nzafashwanayo Jean Claude, Muhoza Eric, Niyonkuru Samuel na Tuyizere Etienne.

Mu mukino w’intoki wa Volleyball, aho amakipe abiri y’Abagore ahagarariye igihugu mu gikombe cya Afurika ariyo APR WVC na RRA VC, aya makipe yombi arahura muri 1/8 cy’irangiza aho hagomba kuvamo ikipe imwe izagera muri kimwe cya Kane.

2022-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Azzedine Lagab wo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2018 (Amafoto)

Azzedine Lagab wo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2018 (Amafoto)

Ubwanditsi 05 Aug 2018
Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Ubwanditsi 08 May 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Ubwanditsi 28 Jun 2024
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.
INKURU NYAMUKURU

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana
Amakuru

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Ubwanditsi 13 Jan 2021
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi
Amakuru

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru