• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Ubwanditsi 08 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Itegeko  rikumira rikanahana icyaha cya Jenoside n’ibifitanye isano nayo, rirasobanutse ndetse ntawakwitwaza ko atarizi kuko ryaganiriweho  bihagije. Nyamara  urutonde rw’abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi rugenda rurushaho kuba rurerure. Bamwe babikora mu rwego rwo guhunga uruhare rwabo cyangwa urwa benewabo  muri iyo Jenoside, abandi babikora nk’akazi bahemberwa.

Ntibyantangaza cyane abari muri uyu mugambi baramutse biganjemo ababa mu mahanga, kuko bumva ubutabera bw’u Rwanda butazabageraho, nubwo nyamara guhana abahakana n’ abapfobya Jenoside yemejwe n’isi yose ari inshingano y’ibihugu byose, harimo n’ibyo bagize indiri.

Abatangaje kurushaho ni abakorera icyo cyaha ku butaka bw’uRwanda bitwaje uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, bakirengagiza nkana ko “Jenoside “ itagibwaho impaka.

Kumenya abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu Rwanda ntibisaba ubushakashatsi kuko babikora ku mugaragaro, bigasa nk’aho “baciye amazi” inzego zishinzwe kubakurikirana.  Abantu nka Bernard Ntaganda na Victoire Ingabire baracyatoneka abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe abatutsi, bagafata abishe,abaguye mu busahuzi, abiciwe ku rugamba barwana, abazize ubujyahabi bwo mu buhungiro n’abandi bazize urupfu rusanzwe, bavuga  bashize amanga ko bazize” Jenoside yakorewe abahutu”.

Aba bombi kimwe n’abo batekereza kimwe babikora biyita abanyapolitiki bo muri “opozisiyo”, birengagije ko bitabaha ububasha bwo gukomeretsa imitima y’abarokokotse Jenoside yabaye isi yose ireba. Igitangaje kurushaho, Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bihisha inyuma y’amashyaka ataremerwa mu Rwanda. Bivuze ko no gukoresha imitwe ya politiki itemewe nabyo ubwabyo ari icyaha. Wakongeraho ko nka Ingabire we yanabifungiwe akaza gufungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, ukibaza niba atazi ko isubiracyaha rihanwa kurushaho.

Hari rero n’abihisha inyuma y’uburenganzira bw’itangazamakuru, maze bakaba umuzindaro w’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Nimwibaze umuntu nka Etienne Gatanazi utinyuka kuba umwe mu bigaragambya ngo nibarekure Idamange Yvonne uhakana akanopfobya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba ari imbere y’Ubutabera! Aho gutara amakuru abaza impande zose zirebwa n’ifungwa ry’uyu mugore, nako umugome, agafata ijambo yerekana ko mu Rwanda ntawe uvuga ikimuri ku mutima.

Uyu Etienne Gatanazi amaze kugaragaza ko ari mu bagambanira u Rwanda. Amaze kuba ikibyimba mu mibiri y’ abarushakira ineza, kuko buri jambo avuze riba rigamije gutoneka  icyo kibyimba, hakibazwa uko bizarangira. Uwitwa Karasira Aimable wahisemo kwigira umurwayi wo mu mutwe kugirango abone uko aroga abantu abinyujije mu mbuga nkoranyambaga, aherutse gucikwa avuga ko we na bagenzi be bishyurwa, ariko agaragaza ko abakira ayo mafaranga bakwiye kumenya ko azabagaruka.

Abasesengura ibivugwa n’ibi byiciro byombi  bihakana bikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, basanga kuba inzego zibishinzwe zidahita zita muri yombi aba bangizi b’imitima, ari uburyo bwo kubaha umwanya ngo bikosore. Si bibi kuko mu muryango n’iyo umwana yaba ikirara utahita umuciraho iteka. Ariko se kugeza ryari, ko kubajenjekera bo babifata nko kubatinya?Aba bagizi ba nabi ntibumva ko kudafungwa kubera ibyaha bigaragarira buri wese ari amahirwe yo kwikebura.

Bo ngo bumva bataryozwa ibyaha bakora, kuko Leta  ibakozeho amahanga yasakuza. Umunyarwanda yagize ati:Umuheto woshya umwambi bitazajyana”. Abababazwa n’imitekerereze ya Ingabire Victoire, Bernard Ntaganda, Etienne Gatanazi n’abandi bakomeretsa imitima y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’abandi bahagurukiye kuyamagana, basanga KUJENJEKERA aba bantu ari ukorora ubugome mu Rwanda, bakagira bati:”Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro. Ntitwakomeza gusaba amahanga gushyikiriza ubutabera  abo acumbikiye bari mu bikorwa bikahakana  n’ibipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi n’abo dufite mu Rwanda bidegembya nk’aho itegeko ritabareba”.

Rushyashya yo isanga kuba waba ufitanye isano n’abajenosideri byagombye kukubabaza, bityo ukitandukanya n’ikibi.

Kuba waba ufitanye isano n’ abazize Jenoside yakorewe Abatutsi (nubwo kubyemeza bitoroshye), warangiza ugapfobya cyangwa ugahakana ibyabakorewe, uba uri umugome ku rwego rw’ababishe,bakabasambanya ku ngufu, bakabasahura, ukaba ukwiye guhanwa nkabo. Gusa burya  inkono ihira igihe. Amaherezo y’inzira ni mu nzu, kandi iminsi iba myinshi igahimwa n’umwe.

2021-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuri Ingabire Victoire, amahoro mu Rwanda no mu karere azazanwa no guha ubutegetsi Abajenosideri ba FDLR

Kuri Ingabire Victoire, amahoro mu Rwanda no mu karere azazanwa no guha ubutegetsi Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 14 Nov 2022
Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Ubwanditsi 10 Sep 2024
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021
Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Ubwanditsi 28 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”
SHOWBIZ

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Google yaciwe amande ya miliyari €4,3 kuko yimana amahitamo
IKORANABUHANGA

Google yaciwe amande ya miliyari €4,3 kuko yimana amahitamo

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru