• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Ubwanditsi 08 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Itegeko  rikumira rikanahana icyaha cya Jenoside n’ibifitanye isano nayo, rirasobanutse ndetse ntawakwitwaza ko atarizi kuko ryaganiriweho  bihagije. Nyamara  urutonde rw’abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi rugenda rurushaho kuba rurerure. Bamwe babikora mu rwego rwo guhunga uruhare rwabo cyangwa urwa benewabo  muri iyo Jenoside, abandi babikora nk’akazi bahemberwa.

Ntibyantangaza cyane abari muri uyu mugambi baramutse biganjemo ababa mu mahanga, kuko bumva ubutabera bw’u Rwanda butazabageraho, nubwo nyamara guhana abahakana n’ abapfobya Jenoside yemejwe n’isi yose ari inshingano y’ibihugu byose, harimo n’ibyo bagize indiri.

Abatangaje kurushaho ni abakorera icyo cyaha ku butaka bw’uRwanda bitwaje uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, bakirengagiza nkana ko “Jenoside “ itagibwaho impaka.

Kumenya abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu Rwanda ntibisaba ubushakashatsi kuko babikora ku mugaragaro, bigasa nk’aho “baciye amazi” inzego zishinzwe kubakurikirana.  Abantu nka Bernard Ntaganda na Victoire Ingabire baracyatoneka abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe abatutsi, bagafata abishe,abaguye mu busahuzi, abiciwe ku rugamba barwana, abazize ubujyahabi bwo mu buhungiro n’abandi bazize urupfu rusanzwe, bavuga  bashize amanga ko bazize” Jenoside yakorewe abahutu”.

Aba bombi kimwe n’abo batekereza kimwe babikora biyita abanyapolitiki bo muri “opozisiyo”, birengagije ko bitabaha ububasha bwo gukomeretsa imitima y’abarokokotse Jenoside yabaye isi yose ireba. Igitangaje kurushaho, Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bihisha inyuma y’amashyaka ataremerwa mu Rwanda. Bivuze ko no gukoresha imitwe ya politiki itemewe nabyo ubwabyo ari icyaha. Wakongeraho ko nka Ingabire we yanabifungiwe akaza gufungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, ukibaza niba atazi ko isubiracyaha rihanwa kurushaho.

Hari rero n’abihisha inyuma y’uburenganzira bw’itangazamakuru, maze bakaba umuzindaro w’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Nimwibaze umuntu nka Etienne Gatanazi utinyuka kuba umwe mu bigaragambya ngo nibarekure Idamange Yvonne uhakana akanopfobya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba ari imbere y’Ubutabera! Aho gutara amakuru abaza impande zose zirebwa n’ifungwa ry’uyu mugore, nako umugome, agafata ijambo yerekana ko mu Rwanda ntawe uvuga ikimuri ku mutima.

Uyu Etienne Gatanazi amaze kugaragaza ko ari mu bagambanira u Rwanda. Amaze kuba ikibyimba mu mibiri y’ abarushakira ineza, kuko buri jambo avuze riba rigamije gutoneka  icyo kibyimba, hakibazwa uko bizarangira. Uwitwa Karasira Aimable wahisemo kwigira umurwayi wo mu mutwe kugirango abone uko aroga abantu abinyujije mu mbuga nkoranyambaga, aherutse gucikwa avuga ko we na bagenzi be bishyurwa, ariko agaragaza ko abakira ayo mafaranga bakwiye kumenya ko azabagaruka.

Abasesengura ibivugwa n’ibi byiciro byombi  bihakana bikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, basanga kuba inzego zibishinzwe zidahita zita muri yombi aba bangizi b’imitima, ari uburyo bwo kubaha umwanya ngo bikosore. Si bibi kuko mu muryango n’iyo umwana yaba ikirara utahita umuciraho iteka. Ariko se kugeza ryari, ko kubajenjekera bo babifata nko kubatinya?Aba bagizi ba nabi ntibumva ko kudafungwa kubera ibyaha bigaragarira buri wese ari amahirwe yo kwikebura.

Bo ngo bumva bataryozwa ibyaha bakora, kuko Leta  ibakozeho amahanga yasakuza. Umunyarwanda yagize ati:Umuheto woshya umwambi bitazajyana”. Abababazwa n’imitekerereze ya Ingabire Victoire, Bernard Ntaganda, Etienne Gatanazi n’abandi bakomeretsa imitima y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’abandi bahagurukiye kuyamagana, basanga KUJENJEKERA aba bantu ari ukorora ubugome mu Rwanda, bakagira bati:”Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro. Ntitwakomeza gusaba amahanga gushyikiriza ubutabera  abo acumbikiye bari mu bikorwa bikahakana  n’ibipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi n’abo dufite mu Rwanda bidegembya nk’aho itegeko ritabareba”.

Rushyashya yo isanga kuba waba ufitanye isano n’abajenosideri byagombye kukubabaza, bityo ukitandukanya n’ikibi.

Kuba waba ufitanye isano n’ abazize Jenoside yakorewe Abatutsi (nubwo kubyemeza bitoroshye), warangiza ugapfobya cyangwa ugahakana ibyabakorewe, uba uri umugome ku rwego rw’ababishe,bakabasambanya ku ngufu, bakabasahura, ukaba ukwiye guhanwa nkabo. Gusa burya  inkono ihira igihe. Amaherezo y’inzira ni mu nzu, kandi iminsi iba myinshi igahimwa n’umwe.

2021-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurundi akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC akomeje kuvugwaho kunyereza umutungo

Umurundi akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC akomeje kuvugwaho kunyereza umutungo

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Ubwanditsi 02 Jan 2019
Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri
Amakuru

Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 22 Apr 2024
Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro
POLITIKI

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru