• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 18 Kamena 2022, nibwo ikipe ya Sunrise FC yo mu karere ka Nyagatare mu ntara y’i Burasirazuba yashimangiye ko igarutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2022-2023, ni nyuma yo gusezerera Vision FC muri 1/2 cy’imikino y’ikiciro cya kabiri.

Sunrise FC yaherukaga gukina ikiciro cya mbere 2020-2021, nyuma ikaba yarahise imanuka mu kiciro cya kabiri aho yahise ifatwa n’umutoza Seninga Innocent, uyu mutoza akaba yarafashije kwitwa neza iyi kipe yari yagumanye abakinnyi bayo yari ifite mu kiciro cya mbere umwaka baherukamo.

Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wraye ubereye kuri sitade ya Mumena, warangiye ikipe ya Vision FC yari yakiriye uyu mukino inganya na Sunrise FC 1-1, ibi bikaba byatumye ikipe yo mu Burasirazuba ikomeza ku mukino wa nyuma ndetse inabona itike yo gukina ikiciro cya mbere umwaka utaha w’imikino.

Kugera mu kiciro cya mbere ndetse no gusezerera Vision FC byagezweho nyuma yaho mu mukino ubanza, Sunrise FC yari yatsinze ibitego 3-0, ibi bivuze ko igeze ku mukino wa nyuma itsinze Vision FC 4-1.

Ikipe ya Sunrise FC yageze mu kiciro cya mbere itegereje indi kipe bazazamukana muri iki kiciro, ni hagati y’ikipe ya Rwamagana City na Interforce utegerejwe kuzakinwa kuwa gatatu w’icyumweru gitaha.

Kuri uyu wa gatandatu kandi nibwo hasojwe imikino y’ikiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda 2021-2022, mu mikino yakinwe isoza ni Gicumbi FC yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 3-0, naho Gorilla FC yo yatsinze Espoir FC 2-0 mu mukino wabereye i Nyamirambo.

Mu yindi mikino, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abari munsi y’imyaka 18 mu bahungu baraye begukanye igikombe cyo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, ni imikino yaberaga mu gihugu cya Uganda.
Iyi kipe y’abahungu bakiri bato begukanye igikombe cyo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ya Zone 5, bageze kuri iki gikombe batsinze imikino ine yo bagombaga gukinira muri icyo gihugu.

Intsinzi y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 mu mukino wa Basketball yakatishije itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika “U-18 AfroBasket 2022” izabera i Antananarivo muri Madagascar kuva taliki 23 Nyakanga kugeza ku 1 Kanama 2022.

Ikipe y’u Rwanda mu bakobwa batarengeje imyaka 18 ntabwo yitwaye neza kuko yatsinzwe imikino 3 yose imaze gukina.

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane taliki 16 Kamena 2022, yatsinzwe na Tanzania bigoranye kuko hitabajwe iminota y’inyongera ku manota 86-79.

Yari yatangiye itsindwa na Tanzania kandi ku manota 50-40, yongera gutsindwa na Uganda ku manota 71 kuri 50.

2022-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021
CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Ubwanditsi 22 Jan 2016
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Ubwanditsi 13 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019
Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5
Mu Mahanga

Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru