• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

Ubwanditsi 14 Jan 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura VS ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup yatsinzwe 3-0 na Al-Hilal Club Omdurman mu mukino utahiriye umunyezamu Rwabugiri Omar.

Nyuma yo kwitwara neza ntiyinjizwe igitego na kimwe mu mikino ine y’amajonjora abiri y’ibanze mu gikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu iwayo, Mukura VS yatsinzwe bitatu mu mukino wabere kuri ‘El Hilal Stadium’ kuri iki Cyumweru tariki 13 Mutarama 2019.

Mbere yo gutangira uyu mukino, Umutoza Haringingo Francis yari yatoranyije abakinnyi 11 biganjemo abakina basatira nka Gael Duhayindavyi, Iradukunda Bertrand, Ciza Hussein Mugabo, Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rachid.

Benshi mu bakunda umupira w’amaguru mu Rwanda baketse ko iyi kipe igiye gukina isatira nubwo yari ku kibuga kitorohera amakipe yasuye Al-Hilal Club Omdurman dore ko atatu aheruka kuhasura yahanyagiriwe ibiri hejuru ya bine buri imwe.

Ubuhangange bwa Al-Hilal ntibwatinze kugaragara kuko yafunguye amazamu ku munota wa cyenda ku gitego cyatsinzwe n’Umunya-Brazil, Geovane Diniz Silva, cyanatumye iyi kipe yari mu rugo irangiza igice cya mbere iyoboye.

Mu gice cya kabiri ntabwo Mukura VS yorohewe kuko Al-Hilal itozwa na Irad Zaafouri ukomoka muri Tunisia yasimbuje yongeramo ba rutahizamu barimo Mohammad Al-Shalhoub.

Byagoye cyane ba myugariro ba Mukura VS nka David Nshimirimana na Iragire David kuko baje gutsindwa ibindi bitego bibiri bya Idris Ilunga Mbombo ukomoka muri RDC ku munota wa 62 na kabuhariwe Mohamed Bashir kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Sudani ku munota wa 83. Ibitego byose birimo amakosa ya Rwabugiri Omar urindira Mukura VS.

Umukino warangiye ari 3-0 ariko haracyari andi mahirwe kuri Mukura VS kuko isabwa kubyishyura mu mukino wo kwishyura uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019 saa 15:30 kuri Stade Huye.

Gusa ni akazi gakomeye kuri Mukura VS kuko iheruka gutsinda ikipe ikinyuranyo cy’ibitego bitatu muri Mata umwaka ushize ubwo banyagiraga Kirehe FC 4-0.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga muri Mukura VS

Rwabugiri Omar, Rugirayabo Hassan, David Nshimirimana, Iragire Saidi, Janvier Mutijima, Gael Duhayindavyi, Yusuf Lule Munyakazi, Ciza Hussein Mugabo, Bertrand Iradukunda, Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rachid

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Ubwanditsi 25 Sep 2024
AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

Ubwanditsi 13 May 2022
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Ubwanditsi 30 May 2025
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Ubwanditsi 09 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane
Amakuru

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

RUSHYASHYA 23 Oct 2025
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu
INKURU NYAMUKURU

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe
Amakuru

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Ubwanditsi 07 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru