• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Impamvu umuririmbyi GABY KAMANZI yangiwe gukandagiza ikirenge k’ubutaka bw’Amerika agasubizwa i Kigali

Impamvu umuririmbyi GABY KAMANZI yangiwe gukandagiza ikirenge k’ubutaka bw’Amerika agasubizwa i Kigali

Ubwanditsi 08 Aug 2016 IMIKINO

Umuririmbyi Gaby Irene Kamanzi yahagurutse I Kigali taliki ya 3/8/2016 ari kumwe na mugenzi we Aline Gahongayire berekeza muri Amerika muri Rwandan Christian Convention irimo kubera I Dallas muri Texas.

Amakuru rero atugeraho ni uko Gaby Kamanzi ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege cya Chicago International Airport yangiwe kwinjira muri Amerika agahita asubizwa I Kigali igitaraganya nyuma yo gufungirwa mu kasho ka bureau ishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika iminsi igera hafi kuri ibiri (Immigration , Department of Homeland Security).

Gaby Kamanzi abajijwe n’ikinyamakuru inyarwanda.com icyabiteye akaba yabikwepye ntatange igisubizo nyacyo ahubwo avuga ko byari mu mugambi w’Imana ko atinjira muri Amerika. Yagize ati: “Kuba ntagiye muri Amerika gufatanya na bagenzi banjye mu ivugabutumwa twatumiwemo, nta kibazo na kimwe byanteye sinanababaye nkuko bamwe bashobora kubikeka kuko buri gihe umugambi w’Imana uhora ari mwiza. Ati “ “Umuntu w’Imana ntabwo ashobora kubabara kuko byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza, ibintu byacu iyo uri muri Kristo Yesu uhagaze neza ntabwo ushobora guta umutwe ngo turashize, reka da nta turashize ihari, Yesu aracyari Umwami kandi azi impamvu byabaye.”Nk’umuntu usenga nk’umuntu ukijijwe, ibi bintu birimo Imana, ni Imana itashatse yuko ubungubu nsubira muri Amerika, izongera ikingure ikindi gihe ariko ubungubu mu mugambi w’Imana ntabwo byari birimo.

Mu bushake bw’Imana ntibyakunze yuko nkomezanya urugendo hamwe na bagenzi banjye ngo tubane mu giterane cya Dallas ariko byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza. Njyewe nta kibazo mfite kuko umugambi w’Imana uhora ari mwiza, ibyo Imana idufitiye ni byiza cyane kandi Imana yabyemeye, nta muntu numwe wafunga umuryango.”

Bwari ubwa gatatu Gaby agiye muri Amerika

-3518.jpg

Si ubwa mbere Gaby yari agiye muri Amerika, aha ni ubushize ari kumwe na Ben na Espérence muri North Carolina.

Nyamara nubwo Gaby atangaza ko atababaye nta n’uwakwishimira ko yangiwe kujya gukora umurimo w’Imana yari yatumiwemo cyane cyane ko yari ategerejwe na benshi mu bakunzi be ndetse n’amafranga y’urugendo aba yishyuwe ntasubizwa ndetse n’umwanya umuntu aba yatakaje ntugaruka ariko ikirenzeho ni uko ashobora kutazongera gukandagira muri Amerika.

Ni iki cyabiteye

Bigaragara ko Gaby yari abizi ko ashobora kwangirwa gukandagira ku butaka bwa Amerika kuko yari yakuwe ku mpapuro zamamaza kiriya giterane nyuma akaza gusubizwaho wenda mu kwizera kwirengagiza ukuri kw’ibiriho.

-3517.jpg

Gaby yari yakuwe kuri Affiche yamamaza akomeza guhatiriza

-3519.jpg

Nkuko rero bigaragara Gaby ashobora kuba atari yizeye ko yemererwa kwinjira muri America kubw’impamvu yari azi ahubwo hakabaho guhatiriza.

Amakuru yizewe twahawe n’ababizi batubwiye ko icyabiteye ari uko ubwo Gaby aheruka kujya muri Amerika taliki ya 18/11/2015 yarengeje igihe yari yemerewe kumara muri Amerika ( yarengejeho iminsi mike gusa) kuko ngo yashakaga kuhaguma ndetse ngo yari yatangiye na procedures kandi ibyo byose bihita bijya muri systeme ya immigration ya Amerika, nyuma rero yaje gufata icyemezo cyo gutaha asubira I Kigali mu kwa gatanu.

Muri Amerika iyo baguhaye igihe runaka cyo kuhaba ukakirenza barakureka ugataha iwanyu ariko ntibashobora kongera kukwemerera gukandagira muri Amerika, ndetse n’iyo ufite viza y’imyaka 2 cyangwa 10 ntuba wemerewe kurenza amezi atandatu uri muri Amerika keretse ubisabiye uburenganzira, iyo bitagenze gutyo bashobora kukureka ugataha ariko ntibazongere kukwemerera kwinjira muri Amerika. Ikibazo gihari ni uko Gaby ashobora kutazongera gukandagira muri Amerika burundu kuko iyo abanyamerika bakurije indege bakagusubiza iwanyu (Deportation) bifata nibura imyaka 10 kugira ngo ube wakongera gusaba kujya muri Amerika.

Ubwo rero ni byiza kujya twubahiriza amategeko agenga igihugu runaka nkuko twubaha n’ay’Imana kuko urenze ku mategeko arahanwa kandi ntitwabeshyera Imana ngo niyo yabishatse kuko Imana ntiyashaka ko dukora amakosa. Uretse ko hari n’igihe abantu bakora amakosa kubera kutamenya amategeko cyangwa ingaruka z’ayo makosa.

Si igitangaza kuba atasubira muri Amerika kuko afite igihugu cye atuyemo, gusa abo yaheshaga umugisha muri Amerika baramuhombye ariko abakunzi be mumusengere kuko Imana ari inyembabazi kandi ishobora byose.

Mugire amahoro kandi mwigire ku makosa ubutaha ntihazagire abazongera kugwa muri uwo mutego.

Umwanditsi wacu

2016-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Batanu mu bahatanira MissRwanda2016  batsinze ikizamini cya Leta

Batanu mu bahatanira MissRwanda2016 batsinze ikizamini cya Leta

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 21 Mar 2016
Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Ubwanditsi 15 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Ubwanditsi 03 May 2019
Charly na Nina baririmbye indirimbo z’indundi mu gitaramo bakoreye i Bujumbura
IMIKINO

Charly na Nina baririmbye indirimbo z’indundi mu gitaramo bakoreye i Bujumbura

Ubwanditsi 27 Dec 2016
CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Ubwanditsi 27 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru