• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Impamvu umuririmbyi GABY KAMANZI yangiwe gukandagiza ikirenge k’ubutaka bw’Amerika agasubizwa i Kigali

Impamvu umuririmbyi GABY KAMANZI yangiwe gukandagiza ikirenge k’ubutaka bw’Amerika agasubizwa i Kigali

Ubwanditsi 08 Aug 2016 IMIKINO

Umuririmbyi Gaby Irene Kamanzi yahagurutse I Kigali taliki ya 3/8/2016 ari kumwe na mugenzi we Aline Gahongayire berekeza muri Amerika muri Rwandan Christian Convention irimo kubera I Dallas muri Texas.

Amakuru rero atugeraho ni uko Gaby Kamanzi ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege cya Chicago International Airport yangiwe kwinjira muri Amerika agahita asubizwa I Kigali igitaraganya nyuma yo gufungirwa mu kasho ka bureau ishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika iminsi igera hafi kuri ibiri (Immigration , Department of Homeland Security).

Gaby Kamanzi abajijwe n’ikinyamakuru inyarwanda.com icyabiteye akaba yabikwepye ntatange igisubizo nyacyo ahubwo avuga ko byari mu mugambi w’Imana ko atinjira muri Amerika. Yagize ati: “Kuba ntagiye muri Amerika gufatanya na bagenzi banjye mu ivugabutumwa twatumiwemo, nta kibazo na kimwe byanteye sinanababaye nkuko bamwe bashobora kubikeka kuko buri gihe umugambi w’Imana uhora ari mwiza. Ati “ “Umuntu w’Imana ntabwo ashobora kubabara kuko byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza, ibintu byacu iyo uri muri Kristo Yesu uhagaze neza ntabwo ushobora guta umutwe ngo turashize, reka da nta turashize ihari, Yesu aracyari Umwami kandi azi impamvu byabaye.”Nk’umuntu usenga nk’umuntu ukijijwe, ibi bintu birimo Imana, ni Imana itashatse yuko ubungubu nsubira muri Amerika, izongera ikingure ikindi gihe ariko ubungubu mu mugambi w’Imana ntabwo byari birimo.

Mu bushake bw’Imana ntibyakunze yuko nkomezanya urugendo hamwe na bagenzi banjye ngo tubane mu giterane cya Dallas ariko byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza. Njyewe nta kibazo mfite kuko umugambi w’Imana uhora ari mwiza, ibyo Imana idufitiye ni byiza cyane kandi Imana yabyemeye, nta muntu numwe wafunga umuryango.”

Bwari ubwa gatatu Gaby agiye muri Amerika

-3518.jpg

Si ubwa mbere Gaby yari agiye muri Amerika, aha ni ubushize ari kumwe na Ben na Espérence muri North Carolina.

Nyamara nubwo Gaby atangaza ko atababaye nta n’uwakwishimira ko yangiwe kujya gukora umurimo w’Imana yari yatumiwemo cyane cyane ko yari ategerejwe na benshi mu bakunzi be ndetse n’amafranga y’urugendo aba yishyuwe ntasubizwa ndetse n’umwanya umuntu aba yatakaje ntugaruka ariko ikirenzeho ni uko ashobora kutazongera gukandagira muri Amerika.

Ni iki cyabiteye

Bigaragara ko Gaby yari abizi ko ashobora kwangirwa gukandagira ku butaka bwa Amerika kuko yari yakuwe ku mpapuro zamamaza kiriya giterane nyuma akaza gusubizwaho wenda mu kwizera kwirengagiza ukuri kw’ibiriho.

-3517.jpg

Gaby yari yakuwe kuri Affiche yamamaza akomeza guhatiriza

-3519.jpg

Nkuko rero bigaragara Gaby ashobora kuba atari yizeye ko yemererwa kwinjira muri America kubw’impamvu yari azi ahubwo hakabaho guhatiriza.

Amakuru yizewe twahawe n’ababizi batubwiye ko icyabiteye ari uko ubwo Gaby aheruka kujya muri Amerika taliki ya 18/11/2015 yarengeje igihe yari yemerewe kumara muri Amerika ( yarengejeho iminsi mike gusa) kuko ngo yashakaga kuhaguma ndetse ngo yari yatangiye na procedures kandi ibyo byose bihita bijya muri systeme ya immigration ya Amerika, nyuma rero yaje gufata icyemezo cyo gutaha asubira I Kigali mu kwa gatanu.

Muri Amerika iyo baguhaye igihe runaka cyo kuhaba ukakirenza barakureka ugataha iwanyu ariko ntibashobora kongera kukwemerera gukandagira muri Amerika, ndetse n’iyo ufite viza y’imyaka 2 cyangwa 10 ntuba wemerewe kurenza amezi atandatu uri muri Amerika keretse ubisabiye uburenganzira, iyo bitagenze gutyo bashobora kukureka ugataha ariko ntibazongere kukwemerera kwinjira muri Amerika. Ikibazo gihari ni uko Gaby ashobora kutazongera gukandagira muri Amerika burundu kuko iyo abanyamerika bakurije indege bakagusubiza iwanyu (Deportation) bifata nibura imyaka 10 kugira ngo ube wakongera gusaba kujya muri Amerika.

Ubwo rero ni byiza kujya twubahiriza amategeko agenga igihugu runaka nkuko twubaha n’ay’Imana kuko urenze ku mategeko arahanwa kandi ntitwabeshyera Imana ngo niyo yabishatse kuko Imana ntiyashaka ko dukora amakosa. Uretse ko hari n’igihe abantu bakora amakosa kubera kutamenya amategeko cyangwa ingaruka z’ayo makosa.

Si igitangaza kuba atasubira muri Amerika kuko afite igihugu cye atuyemo, gusa abo yaheshaga umugisha muri Amerika baramuhombye ariko abakunzi be mumusengere kuko Imana ari inyembabazi kandi ishobora byose.

Mugire amahoro kandi mwigire ku makosa ubutaha ntihazagire abazongera kugwa muri uwo mutego.

Umwanditsi wacu

2016-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Ubwanditsi 23 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano
INKURU NYAMUKURU

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU
Mu Mahanga

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI
INKURU NYAMUKURU

Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Ubwanditsi 14 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru