• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018 ITOHOZA

Urubanza abapolisi bakuru ba Uganda aribo Nixon Agasirwe na Joel Aguma n’abagenzi babo bane baregwamo gushimuta Lt.Joel Mutabazi wahoze arinda Perezida Kagame, rushobora kuzambywa n’ibura ry’umutangabuhamya w’ingenzi, Sgt.Emma Mulindwa uzwi nka Mukombozi bikekwa ko yaba yarishwe.

Ikinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda, gitangaza ko uyu mutangabuhamya yaburiwe irengero mu mezi abiri ashize kandi ko ngo bamwe mu bapolisi bakuru bakeka ko yaba yarishwe.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018, yatangarije iki kinyamakuru ko ibya Mukombozi ntacyo abiziho. Ati”Ntacyo nzi kuri iki kibazo”.

Amakuru agera kuri iki kinyamakuru, ngo ni uko uyu mutangabuhamya yaba yarashimuswe akicwa kuko yari mu bantu bagombaga gutanga ubuhamya bukomeye ku byaha bya Aguma na Agasirwe ngo bashinjwa gushimuta Abanyarwanda baba muri Uganda.

Umwe mu bantu batashatse ko amazina ye atangazwa, ngo yavuze ko asanga bizagorana guca uru rubanza mu gihe uyu mutangabuhamya yaba adahari.

Yagize ati”Yari afite amakuru y’ibanze ku byaha bya Agasirwe na Aguma. Si niyumvisha ukuntu uru rubanza ruzagenda nta buhamya bwa Mukombozi bubonetse kuko nawe yari mu itsinda ryagize uruhare mu gusubiza umusirikare Lt.Joel Mutabazi mu Rwanda”

Mugenzi we yunzemo ko bitumvikana uburyo uyu Mukombozi yaba yarajyanwe kuko ngo umutekano w’aho yari wari uhambaye

Yagize ati” Natwe ntituriyumvisha uko yaba yarajyanwe. Ahantu babaga bacunzwe cyane, waba ugiye kugura icyo kunywa cyangwa ugiye kugura isigara baba bagucunga”.

Agasirwe na Aguma bari mu bantu batandatu barimo Umunyarwanda Rene Rutagungira batawe muri yombi bashinjwa gushimuta Lt.Joel Mutabazi woherejwe mu Rwanda agakatirwa gufungwa burundu n’inkiko za gisirikare.

Ku ruhande rw’u Rwanda, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa polisi y’igihugu, CP Theos Badege yahakanye avuga ko Lt.Joel Mutabazi atigeze ashimutwa kugira ngo yoherezwe mu Rwanda, ngo ahubwo yoherejwe mu buryo bwubahirije amategeko mpuzamahanga kandi ko uyu mugabo yari ku rutonde rw’abashakishwa na polisi mpuzamahanga (Interpol).

Joel Mutabazi yakatiwe n’inkiko za gisirikare igifungo cya burundu

2018-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu  bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Ubwanditsi 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022
Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba
ITOHOZA

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe
Mu Rwanda

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru