• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Jun 2018 ITOHOZA

Abagabo batanu barimo abahoze ari abayobozi mu Karere ka Burera n’abakiyobora muri iki gihe, batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha umutungo wa leta nabi.

Abatawe muri yombi ni Sembagare Samuel wahoze ari Meya, Habiyaremye Evariste, Visi Meya wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Kamanzi Raymond, Mujyambere Stanislas (Division Manager) na Zaraduhaye Joseph wahoze ari Visi Meya wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu nibo batawe muri yombi.

Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha, Mbabazi Modeste, yatangarije IGIHE ko aba bagabo bafungiye i Rusarabuye mu Karere ka Burera bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo wa Leta, ikimenyane, no kunyereza umutungo wa leta.

Ati “Bafashwe ejo n’urwego rw’ubugenzacyaha, bakurikiranyweho gukoreha nabi umutungo no gutanga amasoko mu buryo bunyuranye n’amageko.”

Aba bagabo batawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe Akarere ka Burera kitabye komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa leta mu Nteko Ishinga Amategeko,PAC, aho Ubuyobozi bw’aka karere bwabuze icyo buvuga imbere ku bijyanye n’amasoko yagiye atangwa mu buryo budasobanutse.

Kamanzi Raymond, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera yatawe muri yombi

Ubwo abadepite bagize iyi komisiyo bageraga ku bijyanye n’itangwa ry’amasoko, basanze muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta hari aho rwiyemezamirimo yatsindiye isoko ryo kugurira aka karere ibikoresho ariko ibiciro birimo bikaba biri hasi cyane ugereranyije n’ibicuruzwa ku isoko, aho bashimangiye ko harimo amanyanga akomeye.

Muri bimwe yagombaga kugura harimo imashini icapa impapuro (printer) byagaragaye ko rwiyemezamirimo yavuze ko azayibahera 2000 Frw, fotokopiyeze ya 12000 Frw, projecteur ya 10000 Frw, scanneur ya 3000 Frw n’ibindi.

Ibibazo byose abadepite babajije abayobozi b’aka karere babiburiye ibisobanuro, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, Kamanzi Raymond, yavuze ko akanama k’amasoko ngo kamubwiye ko rwiyemezamirimo yiyemeje ko n’ibyo ataguze azabigemura.

2018-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Ubwanditsi 03 Mar 2020
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Ubwanditsi 09 Feb 2019
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Teta Diana azataramira abazitabira ‘US Rwandan Diaspora Women Convention’
IMIKINO

Amerika: Teta Diana azataramira abazitabira ‘US Rwandan Diaspora Women Convention’

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050
UBUKUNGU

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru