• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Ubwanditsi 22 Oct 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru dukesha Rwanda Tribune, ikinyamakuru gikunze gucukumbura ibibera mu mitwe y’iterabwoba nka FLN na FDLR, aravuga amacakubiri n’akajagari byari bisanzwe muri FDLR ubu
byamaze kugera no muri FLN, bitewe ahanini n’ inda nini no kutagira icyerekezo.

Gutegana ibico bagamije kwicana, ubu nibyo bigezweho muri FLN. Ayo makuru avuga ko kugambanirana ari nabyo byatumye uwitwa MAJ Peter KUBWAYO alias Santos afatwa, akaba ndetse ari muri 11 baherutse gushyikirizwa u Rwanda, nk’uko na FLN ibyiyemerera mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatatu.

Uyu Maj Peter Kubwayo ni umwe mu bategetsi bakuru ba FLN, dore ko yigeze no kuyibera umuvugizi wungirije, aza no gushingwa ubutasi muri uwo mutwe w’iterabwoba. Yaje kuba umwanzi ukomeye wa Gen. Antoine HAKIZIMANA bita “Jeva”, ndetse buri wese atangira gushaka uko yikiza undi. Nguko uko rero inzego z’ubutasi mu Burundi zataye muri yombi Peter Kubwayo ku kagambane ka Gen Jeva, yoherezwa mu Rwanda kimwe n’abandi barwanyi 10.

Muri FLN kandi haravugwa akajagari kagaragaza ko uwo mutwe utazi aho werekeza. Buri wese ariyita umuyobozi w’ikirenga, ku buryo abarwanyi bawo batakimenya ubayobora. Gen Jeva atangaza ibye, umugore witwa Chantal Mutega akavuga ibiri mu nyungu ze bwite, Gen Hamada agategeka ibye, mbese ni akaduruvayo kibereye aho.

Uretse ko bari banisanganiwe ubuswa no guhuzagurika, ibyo muri FLN byaje guhumira ku mirari nyuma y’ifatwa rya shebuja Paul Rusesabagina n’abandi benshi, abasigaye ubwoba burabataha, cyane cyane ko bari babaye impehe. Birumvikana kandi, ntiwasigarana Faustin Twagiramungu, ngo wumve ko ufite kiyobora!

Maj Peter Kubwayo wamaze kugera mu maboko y’ubutabera bw’u Rwanda, akomoka mu karere ka Nyamagabe, mu Murenge wa Musange. Yize amashuri yisumbuye I Runyombyi, nubwo yahunze muri 94 atayarangije. Yahungiye mu Burundi no muri Tanzaniya, mbere y’uko ajya kujirajira mu mitwe y’iterabwoba inyuranye ikorera mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.  Imwe muri iyo mitwe twavuga nka ALIR, FDLR/FOCA, FLN n’iyindi.

Amakuru kandi avuga ko yagiye yoherezwa mu butumwa bwo gushakisha abarwanyi b’iyo mitwe mu bihugu bifite impunzi z’Abanyarwanda, birimo u Burundi, Uganda, Zambiya, Malawi n’ahandi. Ni umwe mu bantu Paul Rusesabagina yakoresheje cyane, dore ko yanamwohererezaga amafaranga yo kwifashisha muri izo ngendo zose.

Ubushyamirane buvugwa muri FLN burasa neza n’ubwo muri FDLR, dore ko naho gusubiranamo bidasiba guhitana abantu, bashinjanya ubugambanyi, ubujura n’amacakubiri ashingiye ku turere. Ngiyo imitwe irota kwigarurira u Rwanda, kandi nayo ubwayo yarananiwekwiyobora.

2021-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jan 2021
Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi,  nyuma y’iminsi itatu gusa  Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi, nyuma y’iminsi itatu gusa Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye

Ubwanditsi 02 Sep 2017
Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru