• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Ubwanditsi 22 Oct 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru dukesha Rwanda Tribune, ikinyamakuru gikunze gucukumbura ibibera mu mitwe y’iterabwoba nka FLN na FDLR, aravuga amacakubiri n’akajagari byari bisanzwe muri FDLR ubu
byamaze kugera no muri FLN, bitewe ahanini n’ inda nini no kutagira icyerekezo.

Gutegana ibico bagamije kwicana, ubu nibyo bigezweho muri FLN. Ayo makuru avuga ko kugambanirana ari nabyo byatumye uwitwa MAJ Peter KUBWAYO alias Santos afatwa, akaba ndetse ari muri 11 baherutse gushyikirizwa u Rwanda, nk’uko na FLN ibyiyemerera mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatatu.

Uyu Maj Peter Kubwayo ni umwe mu bategetsi bakuru ba FLN, dore ko yigeze no kuyibera umuvugizi wungirije, aza no gushingwa ubutasi muri uwo mutwe w’iterabwoba. Yaje kuba umwanzi ukomeye wa Gen. Antoine HAKIZIMANA bita “Jeva”, ndetse buri wese atangira gushaka uko yikiza undi. Nguko uko rero inzego z’ubutasi mu Burundi zataye muri yombi Peter Kubwayo ku kagambane ka Gen Jeva, yoherezwa mu Rwanda kimwe n’abandi barwanyi 10.

Muri FLN kandi haravugwa akajagari kagaragaza ko uwo mutwe utazi aho werekeza. Buri wese ariyita umuyobozi w’ikirenga, ku buryo abarwanyi bawo batakimenya ubayobora. Gen Jeva atangaza ibye, umugore witwa Chantal Mutega akavuga ibiri mu nyungu ze bwite, Gen Hamada agategeka ibye, mbese ni akaduruvayo kibereye aho.

Uretse ko bari banisanganiwe ubuswa no guhuzagurika, ibyo muri FLN byaje guhumira ku mirari nyuma y’ifatwa rya shebuja Paul Rusesabagina n’abandi benshi, abasigaye ubwoba burabataha, cyane cyane ko bari babaye impehe. Birumvikana kandi, ntiwasigarana Faustin Twagiramungu, ngo wumve ko ufite kiyobora!

Maj Peter Kubwayo wamaze kugera mu maboko y’ubutabera bw’u Rwanda, akomoka mu karere ka Nyamagabe, mu Murenge wa Musange. Yize amashuri yisumbuye I Runyombyi, nubwo yahunze muri 94 atayarangije. Yahungiye mu Burundi no muri Tanzaniya, mbere y’uko ajya kujirajira mu mitwe y’iterabwoba inyuranye ikorera mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.  Imwe muri iyo mitwe twavuga nka ALIR, FDLR/FOCA, FLN n’iyindi.

Amakuru kandi avuga ko yagiye yoherezwa mu butumwa bwo gushakisha abarwanyi b’iyo mitwe mu bihugu bifite impunzi z’Abanyarwanda, birimo u Burundi, Uganda, Zambiya, Malawi n’ahandi. Ni umwe mu bantu Paul Rusesabagina yakoresheje cyane, dore ko yanamwohererezaga amafaranga yo kwifashisha muri izo ngendo zose.

Ubushyamirane buvugwa muri FLN burasa neza n’ubwo muri FDLR, dore ko naho gusubiranamo bidasiba guhitana abantu, bashinjanya ubugambanyi, ubujura n’amacakubiri ashingiye ku turere. Ngiyo imitwe irota kwigarurira u Rwanda, kandi nayo ubwayo yarananiwekwiyobora.

2021-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Ubwanditsi 10 Dec 2025
Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball

Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball

Ubwanditsi 16 Jun 2025
Kamonyi: Urubyiruko  rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Ubwanditsi 28 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se
Mu Rwanda

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika
ITOHOZA

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru
Mu Mahanga

Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru