• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Icyinyoma cya Rwemalika Felecitee na Nzamwita Degoule nicyo cyizambya umupira w’abagore

Icyinyoma cya Rwemalika Felecitee na Nzamwita Degoule nicyo cyizambya umupira w’abagore

Ubwanditsi 18 Aug 2016 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi Fifa,ryatangije gahunda yo gushishikariza umwana w’umukobwa gukura akunda ruhago iyi gahunda ikaba yariswe’’ Live your Goals Project’’,uyu mushinga usomye amahame nintumbero yawo usanga bitanga ikizere ku mupira w’abagore.

-3737.jpg
ubwo baheruka i Huye

Ibi byashoboka mubindi bihugu gusa ntitwabitegereza mu Rwanda,impamvu nyamukuru nuko nta muntu numwe ushishikajwe no kuzamura urwego rw’umupira hano mu gihugu,hari gahunda yari yatangijwe na Fifa yiswe ‘’Grass Root’’iyi yari gamije kuzamura impano zabana bakiri bato cyane hanashyirwaho amashampiyona yabakiri bato mu bihugu bitandukanye,ku ruhande rwa Ferwafa icyi gikorwa cyakozwe bavugako ari igerageza,ariko wareba amafaranga yashyizwemo ugasanga aramutse akoreshejwe neza byatanga umusaruro gusa bazengurutse mu turere 4 bahita babihagarika bigaragara ko bifuzaga ishusho yo kwereka Fifa ko bari gukoresha ingengo y’imari isaga miliyoni 500 z’amafaranga y’ u Rwanda.

-3739.jpg
nguwo Rwemalika Felecitee

Indi mpamvu twashingiraho tuvuga ko ibikorwa nkibi biba bifitiye inyungu Rwemalika Felecitee, ukuriye Komisiyo y’umupira w’amaguru w’abagore muri FERWAFA na Nzamwita Vincent Degoule,nuko uyu mugore ndetse n’uyu mugabo ntashyaka bagaragaje mukuzamura urwego rw’umupira w’abagore ahubwo iyo bigeze mu gihe kimishinga migari nkiyi ya Fifa bakora igikorwa gisa naho ari ukwigaragariza Fifa ko babitangiye ariko wazakurikirana ugasanga nta musaruro byatanze yewe ntibinakomeza ngo nibura hashyirweho gahunda ihamye yo gufasha abagenerwa bikorwa(abakobwa bakina umupira w’amaguru cyangwa abana bakiri bato )ahubwo usanga ugize ijambo avugira mu itangaza makuru agaragaza ko bakoze byinshi birenze ibyo basabwaga.

-3738.jpg
abakobwa baza ari benshi

Mu mwaka ushize Fifa yatanze amafaranga angana 112500 y’amadorali yo guteza imbere umupira w’abagore,gusa nta numwe utazi ukuntu shampiyona yabo ikinwa ntanagaciro ihabwa,ikindi iyo iyi shampiyona iri gukinwa Rwemalika Felecitee ntashobora kugera ku kibuga,ibi bihita biguha ishuhsho yuko nta numwe urajwe inshinga niterambere ry’abagore mu mupira w’amaguru.

Tugaruke kuri iyi gahunda yatangiye tariki ya 11 kanama igatangirizwa mu karere ka Huye, tariki ya 12 igakomereza mu karere ka Rusizi,nkuko bigaragara mu ngingo zigize uyu mushinga nuko Fifa izajya itanga angana 40 000 by’amadorali y’amanyamerika buri mwaka,yo gufasha gukora ubukangurambaga bwo gukundisha abakobwa umupira w’amaguru,iyi gahunda izashorwamo amafanranga menshi ariko ntituyitegerezomo umusaruro ikindi birarangirara aha nubwo mu kuyitangiza yatangaje ko ari umushinga uzamara hafi imyaka 4 yagize ati’“ Ni umushinga uzamara imyaka 4. Twahereye mu karere ka Kicukiro umwaka ushize. Uyu mushinga uzagera mu turere twinshi two mu Rwanda, turabona ko yaba ari imbarutso nziza ku bana b’abakobwa yo kubakundisha umupira w’amaguru.”

-3740.jpg
Nzamwita uyobora Ferwafa

Ukurikije gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guha umwanya umugore usanga ihabanye cyane no mu mupira w’amaguru kuko ho usanga bakuraho ikipe y’igihugu uko bishakoye kuko nta nyungu abayobozi baba bayibonamo,ndtse ugasanga na shampiyona y’abagore batayiha agaciro.

Ntakirutimana Alfred

2016-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 30 May 2022
Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026
Tennis : Maria Sharapova agiye guhagarikwa kubera ibiyobyabwenge

Tennis : Maria Sharapova agiye guhagarikwa kubera ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Areruya yegukanye igihembo ku munsi wa nyuma wa ‘Tour de France U 23’

Areruya yegukanye igihembo ku munsi wa nyuma wa ‘Tour de France U 23’

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo
ITOHOZA

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Ubwanditsi 11 May 2018
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara
Amakuru

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025
Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Ubwanditsi 15 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru