• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Ubwanditsi 11 May 2018 ITOHOZA

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guha imyanya abantu banze kwifatanya nayo nka Ingabire Victoire na Deo Mushayidi nk’uko bigaragara mu mpinduka zakozwe muri iyi guverinoma kuwa 05 Gicurasi 2018 hashyirwaho minisitiri w’Intebe wayo mushya.

Kuwa 20 Gashyantare 2017 nibwo Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro yashinzwe ishingirwa mu gihugu cy’u Bufaransa Padiri Nahimana Thomas aba ari we ugirwa perezida, naho uwitwa Abdallah Akishuri waje kwegura muri iyi guverinoma agirwa Minisitiri w’Intebe, umwanya yaneguye atakiriho.

Mu gushinga iyi guverinoma, hari abantu bayihawemo imyanya nyamara badahari bafungiye mu Rwanda, ari bo; Ingabire Victoire wo muri FDU-Inkingi, na Deo Mushayidi wo muri PDP-Imanzi, amashyaka baturukamo ntiyabyishimira ndetse ahita yamagana ibyo bintu.

Amashyaka FDU-Inkingi, na PDP-Imanzi yatangaje ko ibyo bitayarimo, nyamara abayobozi bayo – Victoire Umuhoza Ingabire na Déo Mushayidi – bari bagizwe abaministri. Ni ukuvuga ngo Padiri Nahimana, yihitiyemo we ubwe abantu n’amashyaka ashyira muri leta ye atigeze abagisha inama.

Ishyaka PDP Imanzi rya Deo Mushayidi ryahise risohora itangazo rigenewe itangazamakuru ryamagana Padiri Thomas Nahimana na guverinoma ye riteye ritya:

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU No 03/PDP-IMANZI/2017 

Ishyaka PDP-Imanzi na Bwana Deogratias Mushayidi uriyoboye ntaho bahuriye na guverinoma ikorera mu buhungiro yashyizweho na Padiri Thomas Nahimana.
Bamaze kubona guverinoma ikorera mu buhungiro yatangajwe na Padiri Nahimana Thomas, umuyobozi w’ishyaka Ishema ry’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki ya 20 gashyantare 2016, Ishyaka PDP-Imanzi n’umuyobozi waryo, Bwana Deogratias Mushayidi, baramenyesha abarwanashyaka baryo, Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda, ko ntaho bahuriye n’iyi guverinoma.

Ishyaka PDP-Imanzi riributsa ko inyungu za politiki za Perezida waryo ufunzwe, Bwana Deogratias Mushayidi, nta wundi uzihagarariye uretse ishyaka yashinze ari ryo PDP-Imanzi. Kubera iyo mpamvu bikaba bisobanutse ko nta muntu cyangwa ishyirahamwe bashobora gukoresha izina rya Bwana Deogratias Mushayidi ku nyungu za politiki batabyumvikanyeho.

Kuba Bwana Deogratias Mushayidi ari imfungwa ya politiki iharanira inyungu z’Abanyarwanda bose ntibiha uwo ari we wese uburenganzira bwo kumwitirira politiki atarimo. Turamenyesha rero Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda ko Bwana Mushayidi Déogratias atari Minisitiri w’ubutabera muri iriya guverinoma ya Bwana Nahimana Thomas ikorera mu buhungiro kandi ko n’Ishyaka PDP-Imanzi ayoboye ritigeze ryitabira ibiganiro byo kuyishyiraho.

Bwana Deogratias Mushayidi n’ishyaka PDP-Imanzi abereye umuyobozi, biyemeje gukorera politiki mu Rwanda kuva muri 2013 ; kubashyira muri guverinoma ikorera mu buhungiro, ni ukubavutsa uburenganzira bwabo.
Harakabaho ukuri , ubufatanye na demokarasi

Bikorewe i Kigali ku wa 20 Gashyantare 2017, 
KAYUMBA Jean Marie Vianney 
Visi Perezida n’Umuvugizi w’ishyaka PDP-IMANZI

Kuri uwo munsi kandi, ku itariki 20 Gashyantare 2017, FDU Inkingi nayo yasohoye itangazo ryashyizweho umukono na Visi perezida wayo, Boniface Twagirimana, ivuga ko yababajwe no kumva mu itangazamakuru ko Ishyaka Ishema riyobowe na Nahimana Thomas ryashyize muri guverinoma yo mu buhungiro perezida wayo, Ingabire Victoire, iboneraho kumenyasha rubanda ko ubuyobozi bw’iri shyaka na perezida waryo batigeze bagira igitekerezo cyo gushing guverinoma yo mu buhungiro.

Mu mpinduka muri guverinoma yo mu buhungiro aba banyapolitiki bagaruwemo

Nubwo aya mashyaka yamaganye gushyirwa muri iyi guverinoma yo mu buhungiro, ntibyabujije abayigize kugumishamo abayobozi bayo.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryo kuri uyu wa 09 Gicurasi 2018 ritangaza impinduka muri guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro, Ingabire Victoire, yongeye kugaragaramo nka minisitiri w’umuryango, umuco n’iterambere ry’abari n’abategarugori, aho azaba ahagarariwe na Nadine Kansige, uyoboye ishyaka Ishema muri iki gihe.

Mu mpinduka zakozwe kandi hagaragaramo Deo Mushayidi nka minisitiri w’ubutabera uhagarariwe n’uwitwa Venant Nkurunziza.

Aha umuntu akaba yakwibaza impamvu iyi guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guha imyanya abantu badahari kandi batanifuza no kuyibarizwamo.

Iyi guverinoma kandi nyuma y’ishingwa ryayo yahuye n’ibibazo bitandukanye by’abari bayigize bagiye bitandukanya nayo nka Abdallah Akishuli wayibereye minisitiri w’intebe wa mbere akaza kwitandukanya nayo yari asigaye ari umushinjacyaha mukuru mu Ugushyingo umwaka ushize wa 2017.

Hadateye kabiri, Daniel Nduwimana, wari minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri iyi guverinoma nawe kuwa 15 Ugushyingo 2017 yandikiye Nahimana nk’ukuriye iyi guverinoma ndetse na minisitiri w’Intebe we ababwira ko asezeye ku mwanya wa minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu ndetse no ku mwanya w’ubuyobozi bw’akanama gashinzwe umutekano k’iyi guverinoma.

 

 

2018-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Ubwanditsi 24 May 2021
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Ambasaderi w’u Rwanda muri USA yahawe ishimwe n’Umujyi wa Sacramento

Ambasaderi w’u Rwanda muri USA yahawe ishimwe n’Umujyi wa Sacramento

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Ubwanditsi 13 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA
INKURU NYAMUKURU

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Ubwanditsi 07 Apr 2016
RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere
UBUKERARUGENDO

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Ubwanditsi 07 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru