• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Ubwanditsi 11 May 2018 ITOHOZA

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guha imyanya abantu banze kwifatanya nayo nka Ingabire Victoire na Deo Mushayidi nk’uko bigaragara mu mpinduka zakozwe muri iyi guverinoma kuwa 05 Gicurasi 2018 hashyirwaho minisitiri w’Intebe wayo mushya.

Kuwa 20 Gashyantare 2017 nibwo Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro yashinzwe ishingirwa mu gihugu cy’u Bufaransa Padiri Nahimana Thomas aba ari we ugirwa perezida, naho uwitwa Abdallah Akishuri waje kwegura muri iyi guverinoma agirwa Minisitiri w’Intebe, umwanya yaneguye atakiriho.

Mu gushinga iyi guverinoma, hari abantu bayihawemo imyanya nyamara badahari bafungiye mu Rwanda, ari bo; Ingabire Victoire wo muri FDU-Inkingi, na Deo Mushayidi wo muri PDP-Imanzi, amashyaka baturukamo ntiyabyishimira ndetse ahita yamagana ibyo bintu.

Amashyaka FDU-Inkingi, na PDP-Imanzi yatangaje ko ibyo bitayarimo, nyamara abayobozi bayo – Victoire Umuhoza Ingabire na Déo Mushayidi – bari bagizwe abaministri. Ni ukuvuga ngo Padiri Nahimana, yihitiyemo we ubwe abantu n’amashyaka ashyira muri leta ye atigeze abagisha inama.

Ishyaka PDP Imanzi rya Deo Mushayidi ryahise risohora itangazo rigenewe itangazamakuru ryamagana Padiri Thomas Nahimana na guverinoma ye riteye ritya:

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU No 03/PDP-IMANZI/2017 

Ishyaka PDP-Imanzi na Bwana Deogratias Mushayidi uriyoboye ntaho bahuriye na guverinoma ikorera mu buhungiro yashyizweho na Padiri Thomas Nahimana.
Bamaze kubona guverinoma ikorera mu buhungiro yatangajwe na Padiri Nahimana Thomas, umuyobozi w’ishyaka Ishema ry’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki ya 20 gashyantare 2016, Ishyaka PDP-Imanzi n’umuyobozi waryo, Bwana Deogratias Mushayidi, baramenyesha abarwanashyaka baryo, Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda, ko ntaho bahuriye n’iyi guverinoma.

Ishyaka PDP-Imanzi riributsa ko inyungu za politiki za Perezida waryo ufunzwe, Bwana Deogratias Mushayidi, nta wundi uzihagarariye uretse ishyaka yashinze ari ryo PDP-Imanzi. Kubera iyo mpamvu bikaba bisobanutse ko nta muntu cyangwa ishyirahamwe bashobora gukoresha izina rya Bwana Deogratias Mushayidi ku nyungu za politiki batabyumvikanyeho.

Kuba Bwana Deogratias Mushayidi ari imfungwa ya politiki iharanira inyungu z’Abanyarwanda bose ntibiha uwo ari we wese uburenganzira bwo kumwitirira politiki atarimo. Turamenyesha rero Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda ko Bwana Mushayidi Déogratias atari Minisitiri w’ubutabera muri iriya guverinoma ya Bwana Nahimana Thomas ikorera mu buhungiro kandi ko n’Ishyaka PDP-Imanzi ayoboye ritigeze ryitabira ibiganiro byo kuyishyiraho.

Bwana Deogratias Mushayidi n’ishyaka PDP-Imanzi abereye umuyobozi, biyemeje gukorera politiki mu Rwanda kuva muri 2013 ; kubashyira muri guverinoma ikorera mu buhungiro, ni ukubavutsa uburenganzira bwabo.
Harakabaho ukuri , ubufatanye na demokarasi

Bikorewe i Kigali ku wa 20 Gashyantare 2017, 
KAYUMBA Jean Marie Vianney 
Visi Perezida n’Umuvugizi w’ishyaka PDP-IMANZI

Kuri uwo munsi kandi, ku itariki 20 Gashyantare 2017, FDU Inkingi nayo yasohoye itangazo ryashyizweho umukono na Visi perezida wayo, Boniface Twagirimana, ivuga ko yababajwe no kumva mu itangazamakuru ko Ishyaka Ishema riyobowe na Nahimana Thomas ryashyize muri guverinoma yo mu buhungiro perezida wayo, Ingabire Victoire, iboneraho kumenyasha rubanda ko ubuyobozi bw’iri shyaka na perezida waryo batigeze bagira igitekerezo cyo gushing guverinoma yo mu buhungiro.

Mu mpinduka muri guverinoma yo mu buhungiro aba banyapolitiki bagaruwemo

Nubwo aya mashyaka yamaganye gushyirwa muri iyi guverinoma yo mu buhungiro, ntibyabujije abayigize kugumishamo abayobozi bayo.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryo kuri uyu wa 09 Gicurasi 2018 ritangaza impinduka muri guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro, Ingabire Victoire, yongeye kugaragaramo nka minisitiri w’umuryango, umuco n’iterambere ry’abari n’abategarugori, aho azaba ahagarariwe na Nadine Kansige, uyoboye ishyaka Ishema muri iki gihe.

Mu mpinduka zakozwe kandi hagaragaramo Deo Mushayidi nka minisitiri w’ubutabera uhagarariwe n’uwitwa Venant Nkurunziza.

Aha umuntu akaba yakwibaza impamvu iyi guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guha imyanya abantu badahari kandi batanifuza no kuyibarizwamo.

Iyi guverinoma kandi nyuma y’ishingwa ryayo yahuye n’ibibazo bitandukanye by’abari bayigize bagiye bitandukanya nayo nka Abdallah Akishuli wayibereye minisitiri w’intebe wa mbere akaza kwitandukanya nayo yari asigaye ari umushinjacyaha mukuru mu Ugushyingo umwaka ushize wa 2017.

Hadateye kabiri, Daniel Nduwimana, wari minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri iyi guverinoma nawe kuwa 15 Ugushyingo 2017 yandikiye Nahimana nk’ukuriye iyi guverinoma ndetse na minisitiri w’Intebe we ababwira ko asezeye ku mwanya wa minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu ndetse no ku mwanya w’ubuyobozi bw’akanama gashinzwe umutekano k’iyi guverinoma.

 

 

2018-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 31 Aug 2017
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024
Umunyarwanda  yateye utwatsi  ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Umunyarwanda yateye utwatsi ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse

Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse

Ubwanditsi 07 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe
Amakuru

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

Ubwanditsi 07 Nov 2024
Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Mar 2016
Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu
POLITIKI

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru