• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’ ububanyi n’amahanga w’u Burundi yatangaje ko ibibazo u Burundi bufitanye n’ ibindi bihugu nk’ u Rwanda n’u Bubirigi byaba bigiye gucyemuka ndetse we ntabwo abifata nk’ ibibazo ahubwo ngo ni “utubazo.”

Hashize igihe kinini i Burundi hari umutekano mucye, kuva Perezida w’Uburundi Pierre Nkurunziza atangaje ko aziyamamariza manda ya gatatu yo kuyobora iki gihugu mu mwaka wa 2015. Abaturage b’ iki gihugu ntibishimiye iki cyemezo kuko ngo cyari kinyuranye n’itegekosnhinga ry’u Burundi ndetse n’amasezerano ya Arusha. Ibi byateje imvururu nyinshi mu Burundi zirimo kudeta yageragejwe ariko igapfuba, Leta yica abaturage benshi batari bashyigikiye ko Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu, abasaga 391,377bahunga ubwo bwicanyi.

Abakuwe mu byabo n’ubwicanyi bwabakorerwaga bahungiye mu bihugu by’ibituranyi aho 232,716 bahungiye muri Tanzaniya; 46,502 bahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; 68,306 bahungira mu Rwanda naho abasaga1,197 bahungira muri Zambiya n’ ibindi bihugu bitandukanye ndetse bakaba batarahunguka kuko ngo nta mutekano uraboneka mu Burundi.

N’ ubwo izo mvururu zaturutse kuri manda ya gatatu Perezida Kurunziza Pierre yashakaga kwiyamamariza kandi ngo inyuranye n’itegekonshinga ry’icyo gihugu n’amasezerano ya Arusha, u Burundi ntibwahwemye gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ izo mvururu n’umutekano mucye mu Burundi ndetse Leta y’u Burundi yigisha abaturage kwanga abaturanyi babo, bakaririmba ko bazomesa u Rwanda.

Ariko ibi bikaba bizwi neza ko ari ikinyoma cyahimbwe mu Rwego rwo gushaka uwo bagerekaho ibibazo biteye. Ubu noneho ariko ngo “utwo tubazo tugiye gucyemuka.”

Ibi Minisitiri w’ ububanyi n’amahanga w’ u Burundi, Nibigira Ezechiel, yabitangaje kuri uyu wa 24 Kanama 2018 ubwo yari mu nama n’abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi.

Yagize ati “utubazo twagiye tubaho hagati y’ ibihugu nk’u Rwanda n’ Uburiligi, ni nk’ indwara yateye ariko iriko irakira.” Akomeza agira ati “uko yari imeze hagati y’ u Burundi n’ ibihugu bimwe na bimwe mu 2015, hariko harakorwa byinshi ngo bihinduke.”

Ibibazo u Burundi bwiteye byagize ingaruka mu karehe hose ndetse iki gihugu kinanirwa kubisohoka mo kuko no muri iki gihe hari abagikomeje guhunga bavuga ko nta mutekano bafite mu Burundi. Ibyo Minisitiri Nibigira yatangaje rero bigaragaza ko noneho Leta yemera mu ruhame ko ari yo Nyirabayazana w’ibibazo byabo byanagize ingaruka ku karere.

Iyi nama yari igamije kugaragariza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi uko iki gihugu gihagaze, Minisitiri Nibigira akaba yanamenyesheje abitabiriye inama ko u Burundi bwitegura amatora ya Perezida mu mwaka wa 2020.

Abakurikiranira hafi porotike y’ u Burundi bemeza ko uyu muyobozi yabeshye amahanga agamije kureba uko yasaba amafaranga yo kwirira ndetse n’inkunga yo kwifashisha mu bikorwa bitandukanye harimo no gutegura amatora dore ko iki gihugu cyazahajwe n’ ubukene bwaturutse ku mvururu zihamaze igihe kitari gito.

Bakabishingira ko yavuze ko utwo yise utubazo tumeze nk’indwara turiho ducyemuka kandi amakuru amaze iminsi mu bitangazamakuru avuga ko u Burundi bufatanyije n’imitwe irwanya leta y’ u Rwanda mu gucura umugambi wo guhungabanya umutekeno w’ iki gihugu cy’ igituranyi, gusa bakemeza ko uyu mugambi uzabapfubana.

Ku rundi ruhande ariko, ngo birashoboka ko u Burundi bwaba bubonye Kabila abusize mu nzira badashoje umugambi bacuranye wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bakaba bahisemo kubivamo nabo. Harya ko Umushikiranganji Nibigira Ezechiel avuga ko utwo yise utubazo hagati y’ u Burundi n’ ibindi bihugu tugiye gucyemuka, utubazo hagati y’u Burundi n’abaturage babwo two tuzacyemu ryari?

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Ubwanditsi 17 Jul 2025

5 Ibitekerezo

  1. twubakane
    August 28, 20183:34 pm -

    Akagabo gahimba akandi kataraza. Ubwo rero iyo ngo ni Politiki. Bazazura abacu? Ababo?. Oya Ntushoborra guhemuka ku bushake ngo ufite icyayenge cyo kuzisubiraho nyuma( nabwo ku bushake). Ibi byakorwaga na drc abandi nabo bati twatanzwe reka tubigane!. Imana izabaza benshi byinshi.

    Subiza
  2. Btwenge
    August 28, 20184:57 pm -

    Ariko bariya Burundi baririmbaga
    Ngo kagame Paul tuzokumesa
    Babitekerje bate? None rushyashya
    Nayo iduhaye indi. Nkuru ngo
    Abarundi bavuze yuko bazomesa
    Urwanda ? ryari? bate???Nonese
    Bazabanza kumesa Paul kagame?cg
    Bazabanza kumesa Urwanda cg bazabamesera bombi hamwe???

    IZO N I N Z O Z I

    Subiza
  3. RUGENDO
    August 28, 20185:17 pm -

    rushyashya mwaba muzi urwanda igisobanuro cyarwo??(ijambo URWANDA)
    mwaba muzi abanyarwanda igisobanuro cyabo??(ijambo abanyarwanda)
    IBINTU BYANYU MWANDIKA BIPFUYE MWABIRETSE!!!
    ABO BARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA UBUTAKA BWU RWANDA
    BAVUGA KO BAZOMESA ABANYARWANDA ??
    ABO BARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA PRESIDENT WU RWANDA???
    ABARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA ABANTU BOSE BATUYE MURWANDA??
    RUSHYASHYA NIBA MWANDIKA IBI NGO PRESIDENT ABASHIME BIRABABAJE!!!
    NTAMUNYARWANYA MUZIMA YAKWEMERA AMATESHWA MWANDIKA!!
    sinzi niba acisha amaso muri aya matiku mwandika!!

    Subiza
    • Bugingo Nathan
      August 29, 20181:31 pm -

      Nibakomeze bavuge sha twibera ibihangange nibajya kugaruka bazasanga urwanda ruyoboye isi mwana

      Subiza
  4. MAOMBI jOHN
    August 30, 201811:52 pm -

    IKINYOMA!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye
Mu Mahanga

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Ubwanditsi 27 Oct 2016
Inama y’Abaminisitiri yateranye yiga ku kibazo cy’abarenga 116 bahitanywe n’ibiza
POLITIKI

Inama y’Abaminisitiri yateranye yiga ku kibazo cy’abarenga 116 bahitanywe n’ibiza

Ubwanditsi 03 May 2018
Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.
Amakuru

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ubwanditsi 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru