• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Ubwanditsi 12 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyi ni inkuru yanditswe n’Umunyamerika Michael Rubin wigisha mu kigo cyitwa American Enterprise Institute (AEI) akaba yayisohoye uyu munsi tariki ya 11 Werurwe 2012 mu kinyamakuru cyitwa The National Interest. Tugiye kubagezaho uko yayanditse mu Kinyarwanda.

Ubwo hari ku itariki ya  27 Gicurasi 2009, Urukiko rw’I Dallas  muri leta ya Texas, rwakatiye abantu batanu bagize Holy Land Foundation igifungo kiri hagati y’imyaka cumi n’itanu na mirongo itandatu n’itanu bazira  gutanga inkunga y’ibikoresho k’umutwe w’iterabwoba wa Hamas.

Mu gihe uyu muryango wakusanyaga amafaranga yo gushyigikira iterabwoba, wavuze ko ushaka gushyira mu bikorwa ibisubizo by’imibabaro y’abantu binyuze muri gahunda z’ubutabazi ku mibereho y’abatishoboye, abadafite aho bahungira, n’abimuwe bafite ibibazo by’ibiza biturutse ku bantu.

Bamwe mu bantu benshi bo  mu bahanga bigisha muri za Kaminuza, abaharanira uburenganzira bwa muntu, ndetse n’abadipolomate bakaba barashyigikiye iki gikorwa kuko bizeraga uyu muryango wigaragazaga nkaho uharanira amahoro nubwo hari ibimenyetso simusiga byagaragazaga ko ukora ibitandukanye nibyo uvuga.

Amategeko y’Amerika yerekeye gutanga inkunga ku mitwe y’iterabwoba yagenwe mu ngingo yayo ya 18 Kode y’Amerika § 2339B itangaza ko “Umuntu wese utera inkunga cyangwa utanga ubufasha ku mitwe y’iterabwoba cyangwa utekereza kubikora azacibwa amande n’iri tegeko cyangwa agafungwa bitarenze imyaka 20, cyangwa akaba yahabwa ibyo bihano  byombi, mu gihe uwapfuye, uregwa  azafungwa igihe runaka cyangwa se agafungwa ubuzima bwe bwose. ”

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina, umunyamahoteri wamenyekanye cyane muri filime “Hotel Rwanda” yo mu 2004 rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora kujyanwa mu  nkiko.

Filime “Hotel Rwanda”  yasohoye ikenarekanwa muri Hollywood , ibimenyetso byerekana ko imbaraga yakoresheje nyuma yo gukoresha izina nyuma yo kwamamara yishoye mu bikorwa by’iterabwoba. Urebye ibikinwa mu Film ariko nturebe ibyo ashinjwa bwaba ari ubunebwe bw’itangazamakuru.

Bamwe mu banyamakuru bagaragaje ibyo Rusesabagina ashinjwa.  Harimo Joshua Hammer, wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu nyandiko yanditse mu kinyamakuru New York Times Magazine mu ntangiriro z’uku kwezi.

Agaragaza ibikorwa bya Rusesabagina birya mu nda abamushyigikiye. Yaba umujyanama we mu itangazamakuru ariwe Kitty Kurth ndetse n’undi mujyanama we Brian Endless wigisha muri Kaminuza ya Loyola ntawigeze akandagiza ikirenge cye mu Rwanda. Ikibashishikaje ni ukwamamaza ibitekerezo bya Rusesabagina aho bashinja Perezida Kagame kwica Abahutu

Yaba Hotel Rwanda Ruseabagina Foundation nka Holy Land Foundation bose bakoraga ibikorwa batavugaga mu ruhame. Nta hantu nahamwe wabona ko Fondation ya Rusesabagina hari ibikorwa by’ubufasha yigeze ikora mu Rwanda cyangwa se ahandi ku isi. Nkuko tubikesha imibare yatanzwe na ProPublica, yemeza ko Fondation ya Rusesabagina yohereje amafaranga kuva muri Amerika iyoherereje FDLR muri Kongo. Ibi bimenyetso bimaze imyaka isaga icumi bikaba byaratumye abazwa mu Bubiligi, byari bihagije kuba abamufasha muri ibi bikorwa bari bakwiye gukora isuzuma rigaragaza icyo amafaranga batanga akora.

Mu nyandiko yatambutse mu Kinyamakuru Daily Beast, abakobwa barerwa na Paul Rusesabagina akaba ari n’abe mu mategeko Carine na Anaise Kanimba, bashinje ubuyobozi bwa Perezida Biden ko bwananiwe gufunguza Rusesabagina, ariko ntaho bahakana ibyo ashinjwa cyane cyane koherereza FDLR amafaranga cyangwa guhamagarira abantu kurema imitwe y’iterabwoba.

Bagize bati “Turi umuryango wizera kandi wavuye kure, tuzi kandi ikiguzi cya demokarasi”. Nubwo bavuze ibi ntibazi ko domakarasi ari ugukurikiza amategeko kandi bikaba Atari ukwitwaza amerika kugirango ushyigikire imitwe y’iterabwoba. Iri niryo somo abashyigikiye Holy Land Foundation babonye ndetse n’abashyigikiye Rusesabagina bazabona urubanza rwe nirutangira.

Abahohotewe n’iterabwoba mu Rwanda mu myaka mike ishize n’imitwe iterwa inkunga na Rusesabagina ndetse nabo baburanishwa kuko nabo bakeneye ubutabera.

2021-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDB irasubiza Prof. Neirotti wanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal

RDB irasubiza Prof. Neirotti wanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal

Ubwanditsi 25 Jun 2018
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Ubwanditsi 21 Mar 2022
Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Ubwanditsi 01 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga
ITOHOZA

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?
Amakuru

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru