• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’Igihugu yakomeje ubukangurambaga bwo guhashya ibyaha mu bigo by’amashuri mu turere twa Nyagatare, Gatsibo ndetse na Ngororero.

Ubu bukangurambaga bugamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu gutangira amakuru ku gihe no gukumira ibyaha bitaraba ngo bategure ejo hazaza habo heza.

Mu Karere ka Nyagatare Polisi yigishije abanyeshuri 427 biga muri Bright Academy ndetse n’abarimu babo 2.Aba banyeshuri basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko ndetse no kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera.

Inspector of Police (IP) Jean Claude Kaburabuza ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere yagize ati” urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya no gukumira ibyaha, niyo mpamvu tubakangurira kuba abafatanyabikorwa ba Polisi mutangira amakuru ku gihe ndetse munakumira ibyaha igihe bitaraba”.

IP Kaburabuza yari aherekejwe n’ushinzwe umutekano wo mu muhanda Inspector of Police (IP) Jean Claude Ndamage nawe wasabye abanyeshuri kwirinda impanuka bubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda gukinira mu nzira nyabagendwa no kubanza gushishoza mbere yo kwambukiranya imihanda.

Aba banyeshuri basoza banashinze ihuriro rishinzwe gukumira no kurwanya ibyaha (Anti-crime club), aho bashyizeho Innocent Zawadi nk’umukuru w’iri huriro.

Mu Karere ka Gatsibo Polisi yahuye n’abanyeshuri 481 bo mu ishuri ry’isumbuye rya Gasange baganira ku ngamba zafatwa mu gukumira ibiyobyabwenge.

Aha Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere yagize ati” tugomba kurwanya no gukumira ibiyobyabwenge kuko aribyo bikurura ibindi byaha harimo nk’ubujura, ubwicanyi, ihohotera ndetse n’ubujura.

IP Rwakayiro yongeyeho kandi ko ibiyobyabwenge ari ntandaro ituma abakobwa bakiri bato batwara inda z’indaro, abasaba kwirinda kubikoresha ahubwo bakagaragaza ababigurisha bakanatungira Polisi agatoki k’aho bikorerwa.

Ubu butumwa kandi bwahawe n’abanyeshuri biga mu rwunge rw’amahuri i Mahembe aho Senior Superintendent of Police (SSP) Marc Gasangwa, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ngororero yaganiriye n’abanyeshuri 435 abereka uruhare rwabo mu bufatanye na Polisi y’Igihugu mu guhashya ibyaha anabereka ingaruka mbi zo gukoresha ibiyobyabwenge.

Aba banyeshuri kandi baganirirjwe ku birebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ndetse banabwirwa ku birebana n’imikorere y’ikigo Isange One Stop Center gishinzwe gutanga ubufasha ku barikorewe.

RNP

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 02 May 2016
Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Kamonyi: Urubyiruko  rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze
Mu Mahanga

Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye
INKURU NYAMUKURU

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo
Amakuru

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Ubwanditsi 15 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru