• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’Igihugu yakomeje ubukangurambaga bwo guhashya ibyaha mu bigo by’amashuri mu turere twa Nyagatare, Gatsibo ndetse na Ngororero.

Ubu bukangurambaga bugamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu gutangira amakuru ku gihe no gukumira ibyaha bitaraba ngo bategure ejo hazaza habo heza.

Mu Karere ka Nyagatare Polisi yigishije abanyeshuri 427 biga muri Bright Academy ndetse n’abarimu babo 2.Aba banyeshuri basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko ndetse no kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera.

Inspector of Police (IP) Jean Claude Kaburabuza ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere yagize ati” urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya no gukumira ibyaha, niyo mpamvu tubakangurira kuba abafatanyabikorwa ba Polisi mutangira amakuru ku gihe ndetse munakumira ibyaha igihe bitaraba”.

IP Kaburabuza yari aherekejwe n’ushinzwe umutekano wo mu muhanda Inspector of Police (IP) Jean Claude Ndamage nawe wasabye abanyeshuri kwirinda impanuka bubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda gukinira mu nzira nyabagendwa no kubanza gushishoza mbere yo kwambukiranya imihanda.

Aba banyeshuri basoza banashinze ihuriro rishinzwe gukumira no kurwanya ibyaha (Anti-crime club), aho bashyizeho Innocent Zawadi nk’umukuru w’iri huriro.

Mu Karere ka Gatsibo Polisi yahuye n’abanyeshuri 481 bo mu ishuri ry’isumbuye rya Gasange baganira ku ngamba zafatwa mu gukumira ibiyobyabwenge.

Aha Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere yagize ati” tugomba kurwanya no gukumira ibiyobyabwenge kuko aribyo bikurura ibindi byaha harimo nk’ubujura, ubwicanyi, ihohotera ndetse n’ubujura.

IP Rwakayiro yongeyeho kandi ko ibiyobyabwenge ari ntandaro ituma abakobwa bakiri bato batwara inda z’indaro, abasaba kwirinda kubikoresha ahubwo bakagaragaza ababigurisha bakanatungira Polisi agatoki k’aho bikorerwa.

Ubu butumwa kandi bwahawe n’abanyeshuri biga mu rwunge rw’amahuri i Mahembe aho Senior Superintendent of Police (SSP) Marc Gasangwa, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ngororero yaganiriye n’abanyeshuri 435 abereka uruhare rwabo mu bufatanye na Polisi y’Igihugu mu guhashya ibyaha anabereka ingaruka mbi zo gukoresha ibiyobyabwenge.

Aba banyeshuri kandi baganirirjwe ku birebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ndetse banabwirwa ku birebana n’imikorere y’ikigo Isange One Stop Center gishinzwe gutanga ubufasha ku barikorewe.

RNP

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukomeje gusura abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukomeje gusura abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Ubwanditsi 07 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije
Mu Mahanga

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe
Mu Rwanda

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Amabanga y’Ubuto bwa Kagame  [ Secrets de Jeunesse ]
Mu Rwanda

Amabanga y’Ubuto bwa Kagame [ Secrets de Jeunesse ]

Ubwanditsi 20 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru