• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 17 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu gihe abanyarwanda barajwe ishinga no kwiteza imbere mu mirimo imwe ni imwe harimo abandi bahisemo gufata iy’ishyamba rya Kongo bati ngaho wenda twabuza amahwemo abimereye neza ibyo kandi bakabishukwa n’abigaramiye I Burayi n’ahandi bisomera umuvinyo bahuta igikoma, ubwo niko abana b’Abanyarwanda bakindagurwa n’Ingabo za Congo FARDC kuko bahisemo inzira yo kwiyahura.

Akenshi biha cyangwa bagahabwa amapeti mu rwego rwo kugaragaza ko bafite igisirikari gihamye, kugirango babone imisanzu buzuza ibifu byabo. Ubu twandika iyi nkuru, RIB yerekanye abafatiwe mu mashyamba ya Kongo babarizwaga mu mutwe wa FLN-MRCD harimo Col Nizeyimana Mark na Col Iyamuremye Emmanuel bavuganye n’itangazamakuru. Uyu mutwe wa FLN-MRCD ukuriwe n’abiyita abanyapolitiki aribo Paul Rusesabagina na Faustin Twagiramungu bashyize inda zabo imbere bakohereza abana b’Abanyarwanda mu mashyamba ya Kongo.

Ubwo yerekanaga aba bahoze ari abarwanyi ba FLN-MRCD bagera kuri 57, RIB yavuzeko hari n’abafashwe bari ku rwego rwa General. Bamwe mubavugishije Itangazamakuru, bavuga ko uriya mutwe wahawe ibikoresho bifashishaga na Joseph Kabila wahoze ayobora DRC, ariko hakaba hari abanyarwanda basanzwe bamenyerewe ko barwanya igihugu cyabo bakabaha ubufasha bw’amafaranga yo kubashuka no kubangiza babaroha mu muriro w’amasasu barimo Paul Rusesabagina n’abandi. Bashima uburyo bafashwe neza mu Rwanda kuko bahabwa ibyangombwa byose bihabwa umuntu bikaba bitandukanye n’ubuzima babagamo mu ishyamba.

Col Iyamuremye Emmanuel wari mu mutwe wa CNRD akaba yarafatiwe Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.Bavuga ko bafashwe n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bamwe zikabanza kubafunga nyuma bakaza kubohereza mu Rwanda ngo bazagezwe imbere y’inkiko zaba iza Gisivili cyangwa se iza Gisirikare bahabwe ubutabera. Col Iyamuremye Emmanuel avuga ko abarwanyi bo mu mitwe ibarizwa mu mashyamba muri bakubititse cyane kubera ibitero bagabwaho bityo bituma bagabanuka uko bwije n’uko bukeye avuga ko kugeza ubu batanagera ku bihumbi bibiri mu mashyamba. Biteganyijwe ko hari abazaburanira mu nkiko zisanzwe abandi mu za Gisirikare. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dominique Bahorera avuga ko bamwe mu bafashwe bihinduye imyirondoro ku buryo biba ngombwa gushaka amazina yabo bwite babaga bitwa batarava mu Rwanda.

Habumukiza Theoneste ni umwe mu beretswe itangazamakuru. Uyu mugabo warangije Kaminuza mu Rwanda, yemera ko ari umwe mu bagabye igitero cyo mu Kinigi. Yabwiye itangazamakuru ko icyo gitero cyari kiyobowe n’uwitwa Gavana. Ngo bari bafite gahunda yo gutangira igitero bageze mu Cyanika ariko kubera kwibagirwa inzira bajya ahitwa Nyirabisate. Yavuze ko abo muri FLN-MRCD bari 47 bari kumwe n’ingabo za P5 atibuka umubare. Bakurikiranyweho ibyaha byo kurema imitwe yitwara gisirikare, ubwicanyi n’ibindi. Umuvugizi wa RIB akomeza avuga ko muri aba bafashwe harimo abo ku rwego rwa General batanu barimo Gen. Irakiza Fred na Habyarimana Joseph,Uyu muvugizi wa RIB uvuga ko mu bafashwe harimo umusivile umwe, akavuga ko hari abazashyikirizwa Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, abandi bagahabwa ubwa gisivile kugira ngo bukore dosiye bashyikirizwe Inkiko ubutabera butangwe. Nkuko Rushyashya twagiye tubibagezaho, aba baje biyongera kubandi bafatiwe ku rugamba mbere n’ingabo za FARDC bakoherezwa mu Rwanda.

Mu mpera z’Umwaka wa 2018, FARDC yafashe Ignace Nkaka uzwi ku izina rya La Forge Fils Bazeye wari umuvugizi wa FDLR, ndetse na Col Jean Pierre Nsekanabo alias Abega wari ashinzwe iperereza muri uyu mutwe. Aba bagabo bombi ubu bari kuburanishwa n’Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi. Nabo bakurikiranyweho ibyaha birimo Gukora iterabwoba ku nyungu za Politike, Kugirira nabi ubutegetsi buriho no Kurema umutwe w’ingabo cyangwa kuwujyamo.

Muri uru rubanza rubera i Nyanza ku kicaro cya ruriya rukiko, Ubushinjacyaha buherutse kuvuga ko Ignace Nkaka alias La Forge Fils Bazeye yagiye muri FDLR asanzeyo mukuru we Col Nkundiye. Muri Kamena 2019, na bwo Igisirikare cya FARDC cyafashe Majoro (Rtd) Mudathiru Habib wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda (RDF) akaza kujya mu mutwe w’ingabo wa P5 urwanya u Rwanda na wo ufite ibirindiro mu mashyamba ya DRC.

Habib Mudathiru yafashwe yanarashwe bikomeye akaguru, yahise yoherezwa mu Rwanda ubu we n’itsinda ry’abantu bagera kuri 33 barimo kuburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare. Mu iburanisha riheruka, Ubushinjacyaha bwasobanuraga ikirego cyabwo, bwavuze ko igisirikare cy’u Burundi cyashakiye abarwanyi uriya mutwe washinzwe na Kayumba Nyamwasa uyobora RNC.

2020-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Ubwanditsi 28 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 
Mu Rwanda

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana
Amakuru

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi
ITOHOZA

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru