• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018 POLITIKI

Abanyarwanda bategereje kumenya abadepite 80 bazabahagararira mu Nteko Ishinga Amategeko, bakabatorera amategeko ababereye, bakamenya kandi bakagenzura ko Guverinoma ishyira mu bikorwa ibyo yemereye abaturage.

Ni byinshi abakandida biyamamaje mu matora y’Abadepite yo kuwa 2 Nzeri kugeza kuwa 4 Nzeri 2018, bijeje abaturage, yaba mu bikorwa remezo, ubuhinzi, ubworozi, ubuzima, uburezi n’ibindi bazabagezaho mu myaka itanu iri imbere.

Urugero ni nk’abavuze ko bazubaka imihanda ica mu kirere, abazarindisha igihugu ibyogajuru, abazashyiraho banki n’ikigega cy’ubwishingizi gifasha abahinzi n’aborozi n’ibindi.

Abakandida ba FPR Inkotanyi, bo bavuze ko bazashyigikira gahunda za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubarizwa muri iri shyaka.

Ku rundi ruhande, inararibonye mu byiciro bitandukanye zivuga ko hari ibyo Umutwe w’Abadepite mushya ukwiriye kwihutira gukora, cyane cyane gutora amategeko asubiza ibibazo bikomereye abaturage byiganje mu bukungu n’uburezi.

Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, akaba n’inzobere mu bya politiki mpuzamahanga, Dr Christopher Kayumba, yavuze  ko Abadepite bakwiye guhagurukira uburezi kuko bugihuzagurika kandi ari bwo bucurirwamo abakozi bubaka igihugu.

Avuga ko Inteko Ishinga Amategeko ikwiriye kongera uburyo yegera abaturage, ahari ibibazo ikabavuganira, ikanabasobanurira ibikorwa byayo kuko abenshi bagaragaje ko batayizi ndetse baheruka kumva izina abadepite mu gihe cyo kubasaba amajwi.

Ati “Iyo abantu batoye lisiti y’amashyaka, amashyaka atowe nayo agomba kugira uruhare mu gutuma abadepite bayo bajya kuganira n’abaturage bakamenya ibibazo byabo bakanabafasha kubikemura.”

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi Smaragde Mbonyintege, akimara gutora yavuze ko abadepite bashya bagomba gukemura ihuzagurika muri politiki y’uburezi.

Ati “Ikintu cyo guharanira iterambere haracyarimo ikintu cyo guhuzagurika kw’inzego zitandukanye. Byaba byiza rero nk’abadepite bafashije icyo kintu cy’ihuzagurika kikavaho. Cyane cyane ikintu kitanshimisha ni nk’uburezi. Mu burezi ubona hakiri indi ntera igomba guterwa.”

Musenyeri Mbonyintege avuga ko abadepite batowe bagomba kuzahuza inzego zose zifite uruhare mu burezi arizo ubuyobozi, abarezi, ababyeyi, n’abanyeshuri.

Ibyiciro by’Ubudehe

Dr Ismael Buchanan, Umwarimu n’umushakashatsi muri Kaminuza y’u Rwanda, yavuze  ko asanga abadepite bakwiriye guhita biga uburyo abaturage bashyizwe mu byiciro by’ubudehe kuko hari abavuga ko barenganyijwe.

Ati “Ahenshi bagiye bagera byagiye bigaragara ko abantu bashobora kuba barashyizwe mu rwego rutari rwo. […] Kubona nk’umuntu w’umusaza cyangwa umukecuru udafite ubushobozi ajya mu cyiciro cya gatatu ni ikibazo gikomeye.”

Dr Buchanan avuga ko ibyiciro by’ubudehe bikwiriye kuba igisubizo aho kuba umuzigo ku baturage.

Kunoza imisoro

Dr Kayumba na Dr Buchanan bavuga ko Abadepite bashya bakwiye kureba uko amategeko agenga imisoro yahuzwa, n’igihembwe itangwamo kikaba kimwe.

Dr Kayumba yagize ati “Imisoro iri mu bitabo by’amategeko bitandukanye kandi isabwa mu bihembwe bitandukanye. Rero bashyiraho igitabo kimwe cy’amategeko kandi imisoro igatangwa mu gihembwe kimwe kuko byakorohera abakora ubucuruzi”.

Bavuga kandi ko Abadepite bakoze ubuvugizi imisoro ikagabanywa byarushaho kuba byiza.

Inararibonye zisaba Abadepite kuvuganira abaturage bakegerezwa ibikorwa remezo nk’amazi n’amashanyarazi aho bitaragera.

Dr Kayumba Christopher asanga abadepite bakwiye kwegera abaturage kurutaho

Musenyeri Smaragde Mboyintege we asanga abadepite bakwiye guca ihuzagurika mu burezi

Dr Ismael Buchanan asaba ko Abadepite bashya bakwegera abaturage bakaboneraho kubavuganira

2018-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019
INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

Ubwanditsi 29 May 2025
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

RUSHYASHYA 23 Oct 2025
U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Ubwanditsi 18 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Ubwanditsi 12 Sep 2022
Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF

Ubwanditsi 04 Feb 2020
Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2
Amakuru

Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2

Ubwanditsi 26 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru