• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017 POLITIKI

Nyuma yaho PSD yemeje ko bazashyigikira Perezida Kagame nirindi shyaka rya PL (Parti Liberal) rimaze kwemeza mu nama yaryo yaguye ko nta mpamvu nimwe yatuma badashyigikira Paul Kagame ko ariwe bazaba bari inyuma mu matora azaba mu kwa Munani.

Ibi byemejwe muri Kongere idasanzwe y’ishyaka PL [ Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu ] kuri iki Cyumweru aho ryakoraniye mu cyumba cy’igice cyagenewe inama n’amamurikagurisha mu mujyi wa Kigali, Kigali Conference and Exhibition Village. riyobowe na Perezida wa PL, Donatille Mukabalisa usanzwe ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’abadepite.

-6804.jpg

Perezida wa PL Mukabalisa Donatille

-6805.jpg

Komite nyobozi y’ishyaka PL

Iyi Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame nkuko bigaragara kuri twitter y’Ishyaka PL.

-6802.jpg

Muri iyi Kongere y’igihugu idasanzwe y’ishyaka PL, hanemejwe burundu gahunda ya politiki y’imyaka irindwi (2017-2024).

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Prof Kalisa Mbanda yatumiwe ngo atange ikiganiro ku mategeko n’amabwiriza bigenga amatora ya Perezida wa Repubulika.

Muri iyi kongere hatumiwemo imitwe ya politiki yemewe ikorera mu gihugu, irimo FPR Inkotanyi, Green Party, PDC, PDI, PPC, PSD, P Imberakuri, PSP, PSR na UDPR.

-6803.jpg

Hon. Tito Rutaremara yari ahagarariye Umuryango FPR-Inkotanyi

Abahagarariye Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda bashimye ibikorwa bya PL kandi bashima ubufatanye bwayo mu kubaka Demokarasi.

Senateri Tito Rutaremara wari uhagarariye Umuryango FPR Inkotanyi yashimiye PL yabaye hamwe na FPR mu rugendo ruganisha Abanyarwanda aheza, harimo n’urugamba rwo kubohora igihugu ku buryo FPR hari umwenda ifitiye PL.

Yabwiye abayoboke ba PL ati “Icya mbere FPR nta gituma itazabashimira igikorwa cyose twafatanyije mu kubohora igihugu cyacu, nta gihe FPR izibagirwa ko mwatanze abayoboke banyu, batanze amaraso yabo mu kubohora iki gihugu, twagiye dufatanya ku rugamba, ariko n’ubwa kabiri, amaraso y’inzirakarengane zapfuye muri Jenoside zitangira iki gihugu. Abenshi ni aba PL, ibyo ntabwo tuzabyibagirwa.”

“Twajyaga inama…ntituzibagirwa ko twanafatanyije kucyubaka, umusingi wo kucyubaka twawubakiye hamwe, mu nama zo mu Rugwiro n’ahandi, tugenda tubikora tugira ngo turebe uko dushyiraho umusingi wo kubaka icyo gihugu, twabikoreye hamwe. Ntabwo mwigeze mutezuka.”

Rutaremara yanavuze ko PL yanashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa, kugira go Perezida Kagame akurirweho inzitizi zari gutuma atiyamamaza.

Yakomeje agira ati “Igihe Abanyarwanda bifuzaga ko Itegeko Nshinga rihinduka, aba PL twarabarebaga buriya tugira amaso, nimwe mwari imbere y’abandi tubibona ku nteko, ndetse basanga icyo gihe RPF twe dusigara inyuma ngo abantu bataza kuvuga ngo ‘aha reba nibo babirimo’.”

“Ariko mwe mwarahagurutse murabyerekana muravuga muti iki gihugu umuntu twari dufite yakoze neza, agiteza imbere, turifuza ko twakongera tukamwongerera manda. Ntabwo naje kumwamamaza ariko ndavuga ibyo mwakoze.”

-6807.jpg

-6806.jpg

Abayoboke ba PL bashoje inama bacinya akadiho

Umwanditsi wacu

2017-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump aravugwaho kwishyura umukinnyi wa filime z’urukozasoni ngo atavuga ko baryamanye

Trump aravugwaho kwishyura umukinnyi wa filime z’urukozasoni ngo atavuga ko baryamanye

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026
Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo
Amakuru

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Ubwanditsi 28 Sep 2020
Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda
Amakuru

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru