• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ikiganiro mu kanama ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga(Council on foreign relations), abazwa uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru, abereka uburyo yayatsinze.

Umukuru w’u Rwanda ari muri iki gihugu aho yitabiriye imirimo y’inteko rusange ya Loni iri kuba ku nshuro ya 72, aho i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abagize aka kanama k’Abanyamerika kadaharanira inyungu gahuza abanyepolitiki batandukanye harimo abenshi babaye abanyamabanga ba Amerika, abayobozi b’urwego rwa Amerika rushinzwe iperereza(CIA), abanyamabanki, abanyamategeko n’abarimu muri kaminuza, bahuye na we mu kiganiro cyiswe ‘Conversation with Paul Kagame’ cyangwa, ‘Ikiganiro na Paul Kagame.’

Abacyitabiriye bamubajije uburyo yatsinze ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%.

Yabasubije ko agendeye ku buryo Abanyarwanda basaga miliyoni enye bagejeje ibyifuzo byabo ku Nteko Ishinga Amategeko, basaba ko Itegeko Nshinga ryahinduka , akongera guhabwa uburenganzira bwo kwiyamamaza, byagaragarazaga ko azatsinda ku kigero kiri hejuru.

Ati “Kandi ushatse byareberwa mu mateka y’u Rwanda mu myaka 23 ishize , aho u Rwanda kuri ubu rukeneye gukomeza kwiyubaka no kunga ubumwe hagati y’abanegihugu.”

Kagame yavuze ko ku bijyanye na demokarasi, igomba kugendana n’umwihariko wa buri gihugu. Ko itagomba kuba imwe hose, hagendewe ku byifuzo by’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi.

Ati “Kuko abaturage ntabwo babaho bigenga kandi bari kubwirizwa kugendera kuri demokarasi y’abandi.”

Ku kibazo cy’uko Umuryango mpuzamahanga wananiwe kurokora u Rwanda mu gihe cya jenoside. Yasubije ko icyo gihe radio zakoreshwaga mu guhamagarira abaturage gukora ubwicanyi kandi ko byakozwe amezi n’amezi byose ngo ari ubwisanzure mu kuvuga.

Nubwo ibyo byabaye ariko ngo abahigwaga n’abakoraga ubwicanyi bariyunze, bashaka uburyo barenga ayo mateka mabi. Kandi ngo urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge rugeze ahantu heza hatari hitezwe.

Umukuru w’Igihugu Yavuze ko atigeze arwanira kuba perezida, ko icyo yarwaniraga ari uguharanira uburenganzira bwa muntu kandi ko kuri ubu icyo ashaka ari ugukorera umuturage mu nzira nziza imubereye.

Ku bijyanye n’iterambere u Rwanda rugezeho, yavuze ko inkunga y’amahanga yagize uruhare rukomeye mu iterambere, aho abafatanyabikorwa berekwa uko inkunga yabo ikoreshwa neza.

Ku bucuruzi n’imibanire n’Abashinwa bigaruriye isoko rinini rya Afurika ndetse no ku ishoramari muri rusange, yavuze ko ikoreshwa neza, kandi ko icya ngombwa ari uko umenya neza icyo ushaka ukirinda ko ubyazwa umusaruro.

Abagize aka kanama baganiriye ku bubanyi n’amahanga bwa Amerika, barebera hamwe uko ubwo bubanyi n’amahanga bwifashe mu murongo waguye mpuzamahanga.

-8037.jpg

-8036.jpg

-8035.jpg

-8034.jpg

[ VIDEO ]


2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Jan 2019
America Shouldn’t Enable Presidents-for-Life

America Shouldn’t Enable Presidents-for-Life

Ubwanditsi 25 Aug 2016
‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame  [ Igice cya 2 ]

‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame [ Igice cya 2 ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose
Amakuru

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
Mu Rwanda

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Ubwanditsi 04 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru