• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ikiganiro mu kanama ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga(Council on foreign relations), abazwa uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru, abereka uburyo yayatsinze.

Umukuru w’u Rwanda ari muri iki gihugu aho yitabiriye imirimo y’inteko rusange ya Loni iri kuba ku nshuro ya 72, aho i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abagize aka kanama k’Abanyamerika kadaharanira inyungu gahuza abanyepolitiki batandukanye harimo abenshi babaye abanyamabanga ba Amerika, abayobozi b’urwego rwa Amerika rushinzwe iperereza(CIA), abanyamabanki, abanyamategeko n’abarimu muri kaminuza, bahuye na we mu kiganiro cyiswe ‘Conversation with Paul Kagame’ cyangwa, ‘Ikiganiro na Paul Kagame.’

Abacyitabiriye bamubajije uburyo yatsinze ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%.

Yabasubije ko agendeye ku buryo Abanyarwanda basaga miliyoni enye bagejeje ibyifuzo byabo ku Nteko Ishinga Amategeko, basaba ko Itegeko Nshinga ryahinduka , akongera guhabwa uburenganzira bwo kwiyamamaza, byagaragarazaga ko azatsinda ku kigero kiri hejuru.

Ati “Kandi ushatse byareberwa mu mateka y’u Rwanda mu myaka 23 ishize , aho u Rwanda kuri ubu rukeneye gukomeza kwiyubaka no kunga ubumwe hagati y’abanegihugu.”

Kagame yavuze ko ku bijyanye na demokarasi, igomba kugendana n’umwihariko wa buri gihugu. Ko itagomba kuba imwe hose, hagendewe ku byifuzo by’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi.

Ati “Kuko abaturage ntabwo babaho bigenga kandi bari kubwirizwa kugendera kuri demokarasi y’abandi.”

Ku kibazo cy’uko Umuryango mpuzamahanga wananiwe kurokora u Rwanda mu gihe cya jenoside. Yasubije ko icyo gihe radio zakoreshwaga mu guhamagarira abaturage gukora ubwicanyi kandi ko byakozwe amezi n’amezi byose ngo ari ubwisanzure mu kuvuga.

Nubwo ibyo byabaye ariko ngo abahigwaga n’abakoraga ubwicanyi bariyunze, bashaka uburyo barenga ayo mateka mabi. Kandi ngo urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge rugeze ahantu heza hatari hitezwe.

Umukuru w’Igihugu Yavuze ko atigeze arwanira kuba perezida, ko icyo yarwaniraga ari uguharanira uburenganzira bwa muntu kandi ko kuri ubu icyo ashaka ari ugukorera umuturage mu nzira nziza imubereye.

Ku bijyanye n’iterambere u Rwanda rugezeho, yavuze ko inkunga y’amahanga yagize uruhare rukomeye mu iterambere, aho abafatanyabikorwa berekwa uko inkunga yabo ikoreshwa neza.

Ku bucuruzi n’imibanire n’Abashinwa bigaruriye isoko rinini rya Afurika ndetse no ku ishoramari muri rusange, yavuze ko ikoreshwa neza, kandi ko icya ngombwa ari uko umenya neza icyo ushaka ukirinda ko ubyazwa umusaruro.

Abagize aka kanama baganiriye ku bubanyi n’amahanga bwa Amerika, barebera hamwe uko ubwo bubanyi n’amahanga bwifashe mu murongo waguye mpuzamahanga.

-8037.jpg

-8036.jpg

-8035.jpg

-8034.jpg

[ VIDEO ]


2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Muri Kenya babiri bangiwe kwiyamamariza ubudepite bwa  EALA ku mpamvu ziteye amatsiko

Muri Kenya babiri bangiwe kwiyamamariza ubudepite bwa  EALA ku mpamvu ziteye amatsiko

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019
Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023

Ubwanditsi 28 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru