• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Ubwanditsi 16 Sep 2019 POLITIKI

Mu nama ya mbere yahuje Komisiyo yashyiriweho kwiga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubwumvikane hagati y’u Rwanda na Uganda iri kubera i Kigali, Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa yavuze ko igihugu ke gifite ubushake bwo kongera kubana mu mahoro n’u Rwanda. Minisitiri Nduhungirehe Olivier we ati “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”

Ku ruhande rw’u Rwanda, abitabiriye ni Gen Maj Frank Mugambage, Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda ; Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier; Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza n’Umutekano Gen Maj Joseph Nzabamwita hamwe na Col Anaclet Kalibata, Umuyobozi Mukuru ushinzwe iperereza ryo hanze y’igihugu n’umutekano.

Ku ruhande rwa Uganda, intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kuteesa.

Hari kandi Minisitiri w’Umutekano, Gen. J.J Odongo Abu; Umuyobozi mu Biro bya Perezida Yoweri Museveni, Amb. Joseph Ocwet; Intumwa Nkuru ya Leta, William Byaruhanga na Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, Oliver Wonekha.

Abahuza muri ibi biganiro ni Umujyanama muri Ambasade ya Angola mu Rwanda, Horacio Uliengue; Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Manuel Domingos Augusto; Minisitiri w’Intebe wungirije wa RDC, Gilbert Kankonde Malamba n’Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi rwa RDC, Inzun Justin Kakiak.

Kuri gahunda y’inama, harabanza ijambo rya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Manuel Domingos Augusto, nyuma havuge Minisitiri w’Intebe wungirije wa Congo Kinshasa, akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu no kwakira abantu, Gilbert Kankonde Malamba, hakurikireho Amb. Olivier Nduhungirehe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, nyuma havuge Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa.

INKURU BIFITANYE ISANO :

Museveni Arashaka Guhuma Amaso Abayobozi Bo Mu Karere Yemereye Ko Agiye Gushyira Mu Bikorwa Amasezerano Yashyizeho Umukono

Amasezerano Ya Luanda Azerekana Isura Nyayo Ya Museveni, Hashize Imyaka 34 Ashyize Umukono Ku Masezerano Yise “Amasezerano Y’urwenya”

Sam Kutesa yavuze ko abaturage b’ibihugu byombi bifuza umubano mwiza kandi yizeza ko igihugu cye cyiteguye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ya Angola.

Ibi bishimangirwa na Amb. Olivier Nduhungirehe na we wavuze ko u Rwanda rufite ubushake bwo gushyira mu bikorwa ibikubiyemo kandi rubyiteguye.

” Amasezerano ya Angola ni ingenzi ariko ishyirwamubikorwa ryayo ni rwo rufunguzo rwo kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda. Ndabizeza ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa aya masezerano.”

Ku wa 21 Kanama, Perezida Kagame na Museveni wa Uganda basinyiye amasezerano muri Angola, agamije kubyutsa umubano w’ibihugu byombi no gusigasira umutekano mu karere. Bageze i Luanda ku butumire bwa Perezida João Lourenço w’Angola, Felix Tshisekedi wa RDC na Denis Sassou Nguesso wa Congo bitabira nk’abahamya.

Hashyizweho komisiyo ishinzwe kureba ishyirwamubikorwa ry’aya masezerano igizwe na bamwe mu bayobozi bo mu Rwanda na Uganda.

Nyuma yo gusinya aya masezerano, abaturage b’ibihugu byombi bari biteze: gufungura Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda mu buryo butubahirije amategeko, gufungura imipaka; ubuhahirane bukoroha no gufungura ibinyamakuru bikorera kuri murandasi.

Hari andi makuru  ko Uganda ifasha imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu ngingo yo gusigasira ubusugire bw’igihugu gituranyi n’akarere, u Rwanda rwifuza ko Uganda yahagarika izi mfashanyo.

Nyuma y’aya magambo y’abayobozi, intumwa za Uganda n’abahagarariye u Rwanda, baragirana inama yabo mu muhezo niyo igaririrwamo ibibazo by’umubano mubi uri hagati y’ibi bihugu.

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Amerika ifite impungenge z’amatora ya kamarampaka ateganywa kuba mu Burundi

Amerika ifite impungenge z’amatora ya kamarampaka ateganywa kuba mu Burundi

Ubwanditsi 02 May 2018
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!
Amakuru

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022
DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE
Mu Mahanga

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina
Mu Rwanda

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru