• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Editorial 29 May 2018 POLITIKI

Nelson Chamisa, umukandida wa MDC mu matora y’umukuru w’igihugu ategerejwe muri Zimbabwe, arigamba kuba yarafashije u Rwanda kongera kuzahuka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuri ubu rukaba ari kimwe mu bihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku Isi.

Mu myaka isaga 20 ishize, u Rwanda rwarasenyutse ndetse serivisi nyinshi mu gihugu zirahagarara, aho abahanga mu by’ubukungu, abahanga mu mateka n’abandi banditse ko u Rwanda rwari kongera kuzura umutwe mu myaka igera muri 40.

U Rwanda n’ubuyobozi bwarwo burangajwe imbere na perezida Kagame ariko ibi rwarabivuguruje runyomoza abo bahanga mu by’ubukungu n’abanyamateka rwongera kuzura ubukungu bwarwo mu gihe gito kandi rukomeza kwitwara neza kurusha ibindi bihugu byinshi ku Isi mu gihe cy’imyaka 20.

Ubwo yagezaga ijambo ku bayoboke ba MDC kuri uyu wa Gatandatu ushize ahitwa Beibridge muri Zimbabwe, umunyapolitiki Nelson Chamisa, wigeze kuba minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, yavuze ko yafashije umuyobozi w’u Rwanda (Perezida Kagame) kongera kubyutsa u Rwanda nk’uko tubikesha urubuga, Newzimbabwe.com.

Yagize ati: “Reba ibyo umuvandimwe wanjye Paul Kagame ari gukorera igihugu cye, Naramufashije kuri politiki ye ya ICT, ku kuntu wahindura igihugu ubwo twahuriraga I Geneve, mu Busuwisi kandi yishimiye presentation yanjye.”

Yakomeje agira ati: “Yarabajije ndetse ambaza uwari perezida Robert Mugabe amubwira ko nabaga mu ishyaka rye Zanu PF, ariko namubwiriye (Kagame), aho ngaho ko mbarizwa mu ishyaka MDC riyobowe na nyakwigendera Morgan Tsvangirai.”

Ese koko Nelson Chamisa yaba yaragize uruhare mu kongera kubyuka kw’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ku buryo yabyigamba? Cyangwa bwaba ari uburyo bwo gushakisha amajwi yitwaje u Rwanda na perezida warwo?

2018-05-29
Editorial

IZINDI NKURU

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Editorial 06 May 2025
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Editorial 30 Oct 2019
Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Editorial 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..
MULTIMEDIA

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..

Editorial 07 Nov 2016
Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abakobwa bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2018
SHOWBIZ

Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abakobwa bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2018

Editorial 05 Feb 2018
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons
Mu Mahanga

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Editorial 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru