• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Ubwanditsi 18 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku itariki 16 uku kwezi, twabagaragarije ibaruwa Kongo-Kinshasa yandikiye ubutegetsi bwa Niger, isaba ko abajenosideri 6 b’Abanyarwsnda bari i Niamey muri Niger, bakwimurirwa muri Kongo-Kinshasa.

Abo ni: Col Alphonse Nteziryayo, Maj François-Xavier
Nzuwonemeye, Cpt Sagahutu Innocent, Zigiranyirazo Protais, André Ntagerura na Prosper Mugiraneza.

Twibukije iby’aba bicanyi, ubwo bari bavuye muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, ICTR,Tanzaniya yavuze ko itazabaha ubuhungiro, maze bava Arusha, boherezwa muri Niger yari imaze kugirana amasezerano na Loni.

Bidateye kabiri Niger nayo yasabye Loni kubimurira ahandi, kuko bari bagaragaye mu bikorwa bishobora kuyiteranya n’uRwanda, ariko kuva mu mpera za 2022, habura igihugu cyigerekaho umutwaro wo gucumbikira abajenosideri.

Muri ya mikoranire imaze igihe hagati ya Kongo n’abajenosideri, Tshisekedi yitwikiriye ijoro maze muri Nyakanga uyu mwaka, yandikira Niger iyisaba abo bantu 6, mu rwego rwo gushakira FDLR ” amaraso mashya”.

Abo bantu intero yabo ni imwe n’iya Tshisekedi.
Nabo bivugira ku mugaragaro ko bazashirwa ari uko bahiritse ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Ibihugu byinshi, byiganjemo ibikora iyo bwabaga ngo amahoro agaruke muri Kongo, byababajwe n’ubu busabe bwa Tshisekedi bushobora kudindiza inzira y’amahoro, kuko bugaragaza bidasubirwaho umubano afitanye n’abajenosideri bifuza kugirira nabi u Rwanda.

Kinshasa ikimara kubona ko yivuyemo nk’inopfu, mu bwenge bucuritse, kuri uyu wa 17 Nzeri yasohoye itangazo ihakana iby’ibaruwa isaba abo Banyarwanda, Perezidansi ya Tshisekedi ikavuga ko “ntaho ihuriye n’ibaruwa bayitiriye, ko ahubwo ari igicupuri”.

Imikino abategetsi ba Kongo babamo ni nk’iy’abana b’ibitambambuga. Igisekeje kurushaho ariko, ni uko bibwira ko isi yose ari abaswa nk’abajyanama ba Tshisekedi.

Ubwo Kinshasa yandikiraga Niger, iki gihugu nacyo cyihutiye kubimenyesha urwego rwasigiwe imirimo yahoze ari iy’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, IRMCT, kuko arirwo rwagiranye amasezerano na Niger yo kwakira abo bantu. Birumvikana rero ko urwo rwego rwa Loni rugomba kumenyeshwa mbere y’uko” abantu bayo” bimurirwa ahandi.

IRMCT nayo yahise isubiza, ivuga ko abo bantu bashobora kujya mu gihugu cyakwemera kubakira, ndetse nk’uko amategeko arebana no kwimura abahoze ari imfungwa za ICTR, IRMCT yoherereza uRwanda kopi ya dosiye yose, irimo na ya baruwa ya Kongo isaba abo bajenosideri. Ni ubutumwa bwageze muri Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga y’uRwanda tariki 07 Nzeri 2024, ku isaha ya saa 14h54″

Tshisekedi rero yibutse ibitereko yasheshe, none nyuma yo gutwika inzu ararwana no guhisha umwotsi bidashoboka.

Amenye gusa ko abo ahemukira ba mbere ari abaturage be, kuko gukomeza kwiyegereza FDLR, ari ukurushaho gushora Abakongomani mu kaga. Niba atarakuye isomo ku byabaye ku bamubanjirije, Mobutu, Laurent Désiré Kabila na Joseph Kabila nabo bashyigikiye abajenosideri, nawe ingaruka zabyo ntaho azazicikira.

2024-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza,  bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017
FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira
INKURU NYAMUKURU

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

Ubwanditsi 18 Jan 2020
U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi
POLITIKI

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Ubwanditsi 20 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru