• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2016 POLITIKI

Perezida Kagame ubwo yari i Boston aganira n’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaboneyeho kuvuga ko abakomeza kwibaza ku ngendo ze bakwiye kumenya ko aba ari guhahira igihugu kandi ko gukomeza kubyibazaho bimutera umuhate wo gukora cyane.

Ati “ Hari ubwo njya mbona bamwe mu bagerageza guta igihe cyabo birirwa bakemanga cyangwa se bavugiriza induru aho mba nagiye hose, njye mba ndi ku kazi k’igihugu, akazi kanyu [Abanyarwanda], mba nagiye guhaha, mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda. Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze. Nibashaka nzajya mbanza mbibamenyeshe ko ngiye kugenda mbere y’igihe, bareke gusa n’aho batunguwe. Ndetse n’abashaka ko duhura yaba ku neza cyangwa ku nabi nabo tuzajya tubakira.”

-2307.jpg

Perezida Kagame muri USA

Mu butumwa yagejeje ku Banyarwanda bake bahari, yavuze ko aho bigeze ibihugu byinshi byakwifuza kuba nk’u Rwanda ‘kuko no mu Karere dutuyemo gasanzwe kazwiho ibibazo byinshi’, byavuye hamwe bikajya ahandi, ariko ngo ntabwo byigeze bibuza u Rwanda gutera imbere.

-2309.jpg

-2310.jpg

-2311.jpg

-2312.jpg

Inama Perezida Kagame yagiranye n’Abanyarwanda i Boston tarikiya 27 Gashyantare 2016

Yabibukije ko ikintu kimwe badashobora kubona mu bindi bihugu byose bajyamo aho yagize ati “Hari udashobora guhaha ahandi twifitemo dushaka guteza imbere. Ni umuco.Umuco wo gukunda igihugu, iyo ukunda igihugu uba wikunda rero uwo muco umaze kugaragara, umaze gufata umurongo ntabwo ari ikintu gihahwa gusa hanze. Ntabwo wajya hanze ngo ugiye guhaha umuco wo gukunda igihugu ahubwo ukomeza kubakwa n’abantu ku giti cyabo, n’Abanyarwanda muri rusange.”

Ubuze icyo anenga inka, aravuga ngo dore urwo rucebe

Umukuru w’Igihugu yaciriye aba Banyarwanda bari bitabiriye ibi biganiro umugani ugaragaza uburyo abantu babuze ibyo banenga u Rwanda, bagahengekera ku byiza rusanganywe babyita ibibi.

-2313.jpg

Perezida Kagame n’Abana i Boston

Ati “ Ibyiza u Rwanda rufite bidasanzwe nibyo barunegura. Ubumwe […], ubumwe bwabaye bubi hehe ahubwo ko abantu babubuze ari nacyo kinabatera ibibazo.”

Ibi biganiro n’Abanyarwanda byabaye nyuma y’izindi nama zitandukanye Umukuru w’Igihugu yitabiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibiganiro yagiye atanga nko muri Havard University n’ahandi.

Umwanditsi wacu

2016-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ubwanditsi 31 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ubwanditsi 21 Apr 2019
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame
Amakuru

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu
IMIKINO

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Ubwanditsi 30 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru