• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017 Mu Rwanda

Abaturage bagera ku 3000 bo mu mirenge ya gakenke, Nemba na Gashenyi yo mu karerer ka Gakenke , biyemeje gukorana bya hafi n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano bagamije kurinda icyahungabanya umutekano aho batuye.

Ibi bakaba barabyiyemereye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21 Ukwakira nyuma ya siporo rusange yari yateguwe na Polisi ikorera muri kariya karere ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ubwo bagiranaga inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano mu karere, bagafatira hamwe ingamba zo kwicungira umutekano.

Inama yabaye nyuma y’iyo siporo yayobowe n’umuyobozo w’akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Uwimana Catherine ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Gakenke, CIP J.Berchmas Dusengimana ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yari ihafite abaturage.

Mu ijambo yahavugiye, Visi Meya Uwimana yagize ati « Ni uruhare rwacu kurinda umutekano n’ibikorwa by’amajyambere twagezeho kugirango hatagira udusubiza inyuma, tukirinda buri wese ushobora guhungabanya umutekano, kuko umutekano ari wo shingiro ry’iterambere.”

Uwimana yashimiye abaturage ubufatanye bwiza bugaragara hagati yabo n’inzego z’umutekano ,abasaba gomeza gukorana na Polisi kugirango habeho gukumira no kurwanya ibyaha bitaraba.

Asoza, uyu muyobozi yibukije abaturage bari bitabiriye siporo rusange ko, imibereho myiza yabo bayifite mu biganza byabo kuko kuko Leta yabegereje ubushobozi n’uburenganzira bwo kwifatira ibyemezo ku bibafitiye akamaro biciye muri gahunda zitandukanye bagenerwa kandi zigamije kubateza imbere zirimo VUP, Girinka, n’izindi,..

CIP Dusengimana we yashimye ubufatanye burangwa hagati ya Polisi n’abatuye iyi mirenge no mu karere kose muri rusange maze agira ati:” Iki nicyo kizatuma tugera ku mutekano urambye kuko byagaragaye ko umutekano ugira agaciro ari uko ugizwemo uruhare na bene wo.”

Avuga ku byaha bikunze kurangwa muri aka gace, yavuze ko ibyinshi bifite intandaro ku biyobyabwenge maze asaba abari aho kubyirinda kuko ari nabyo bihembera amakimbirane yo mu miryango n’ibindi bikorwa bihungabanya umutekano.

-8481.jpg

Mu bindi yibukije asoza, yagiriye inama urubyiruko ari narwo rwari rwiganje mu bitabiriye siporo rusange ko arirwo mbaraga z’igihugu n’amizero yacyo, maze arusaba kurangwa n’imyitwarire ntangarugero birinda ababashora mu bikorwa bibi nk’icuruzwa rw’abantu kuko aribo ryibandaho , birinda ibiyobyabwenge n’ibindi bibi.

Uretse sitasiyo ya Polisi ya Gakenke yari yahuje iyi mirenge twavuze haruguru, izindi sitasiyo 5 za Polisi ziri mu karere ka Gakenke, nazo zari zakoranye siporo n’abaturage b’imirenge zikoreramo, aho mu karere hose , Polisi yakoranye siporo n’abagera ku 8000 .

Source : RNP

2017-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Ubwanditsi 20 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future
HIRYA NO HINO

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Ubwanditsi 21 Jan 2017
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe
POLITIKI

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Ubwanditsi 18 May 2018
Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri
HIRYA NO HINO

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 20 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru