• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Ubwanditsi 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Mu gitondo umuryango wa Senateri Jean de Dieu Mucyo, abo bakoranye, abo bakoranaga, inshuti ze n’abandi bamuzi n’abacitse ku icumu bose bazindukiye ku rugo rwe mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Kivugiza ngo bamusezereho bwa nyuma.

Abasenateri, Abadepite, ba Guverineri b’Intara, Abasirikare n’Abapolisi bakuru, abahanzi n’abandi bakoranye mu mirimo itandukanye bitabiriye uyu muhango wo kumusezerabo mu cyubahiro.

-4282.jpg

-4274.jpg

-4275.jpg

-4276.jpg

-4277.jpg

-4278.jpg

-4280.jpg

-4281.jpg

Abari mu rugo rwe barimo kumusezeraho bwa nyuma baririmba indirimbo zizwi cyane muri Kiliziya Gatolika nka Mubyeyi ugira ibambe, Twaremewe kuzajya mu ijuru n’izindi.

11:00: Umurambo wa Senateri Jean de Dieu Mucyo wari umaze kugezwa mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko mu cyumba gikoreramo Umutwe wa Sena, ahinjiraga umugabo hagasiba undi.

-4290.jpg

-4289.jpg

-4288.jpg

-4287.jpg

-4286.jpg

-4285.jpg

-4297.jpg

-4298.jpg

-4299.jpg

Mu bayobozi bahari, harimo Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege; Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille; Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, Bernard Makuza; abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru, abasenateri, abadepite.

-4300.jpg

Abayobozi bakuru b’Igihugu Ibumoso Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Sam Rugege na Perezida wa Sena Bernard Makuza

-4301.jpg

Francois Ngarambe Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi yababajwe bikomeye n’urupfu rwa JD Mucyo

Hari kandi Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, François Ngarambe, Minisitiri muri Perezidansi, Venantia Tugireyezu; Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, IGP Emmanuel Gasana; Minisitiri w’Ingabo, Gen Kabarebe James; Minisitiri Uwacu Julienne; Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye; Minisitiri w’Umutungo Kamere ( Ubutaka, amashyamba, ibidukije n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro),Dr Vincent Biruta; Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba. n’abandi…..

-4292.jpg

-4293.jpg

-4295.jpg

-4296.jpg

Umuryango wa Sen.Mucyo JD

Nyuma ya sasita kuri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera hari huzuye mu buryo budasanzwe , abantu bamwe bahagaze hanze. Ku maso yabo biragaraga ko bababajwe n’urupfu rwa Senateri Jean de Dieu Mucyo. Wari inshuti ya benshi.

Murusengero

-4305.jpg

-4303.jpg

-4306.jpg

-4304.jpg

-4302.jpg

-4308.jpg

-4307.jpg

13:30: Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’Umuryango, Inshuri n’Abayobozi batandukanye mu gusezera mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo mu misa yabereye muri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera.

14:00: Mu nyigisho yatanzwe n’Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba, yagaragaje uko Imana yakoresheje SenaterI Mucyo kugira ngo igaragaze ineza yayo mu bantu.

-4309.jpg

Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba

Yagize ati “Mucyo Jean de Dieu mu bintu byinshi yashinzwe n’igihugu harimo no kwita ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bari barakomeretse ku mutima no ku mubiri, bafite inzara, bafite inyota, barwaye, abana badashobora kwiga na benshi mu babyeyi badashobora kwivuza. Imana yaramukoresheje kugira ngo igaragaze ineza yayo muri abo bantu bari bakennye, bari bababaye, batari bafite ikibavura, batari bafite uko babaho.”

-4310.jpg

Nyuma yo kumusabira ku Imana umubiri we washyinguwe mu irimbi rya Rusoro.Imana imwakire mu bayo

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Musanze: Abayobozi bashya b’inzego z’ibanze n’urubyiruko bahagurukiye kurwanya ibyaha

Musanze: Abayobozi bashya b’inzego z’ibanze n’urubyiruko bahagurukiye kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 03 Apr 2016
Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushoferi wa Bobi Wine yarashwe arapfa
POLITIKI

Umushoferi wa Bobi Wine yarashwe arapfa

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa  Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League
IMIKINO

Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 27 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru