• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Ubwanditsi 17 Apr 2018 Mu Mahanga

Polisi ya Uganda iri gushakisha uruhindu abashimuse umwangavu witwa Rehema Naluzze w’imyaka 18 bakaba bari gusaba ababyeyi be miliyoni 10 z’amashilingi ya Uganda.

Rehema Naluzze ngo yashimuswe kuwa gatandatu ushize arimo ava ku ishuri yigaho ryitwa Kayindu Secondary School ryo mu karere ka Luwero.

Naluzze ubusanzwe ubana na nyirakuru ubyara Se witwa Aisha Namirimu mu karere ka Luwero, ngo yari yagiye iwabo mu karere ka Buikwe kugira ngo nyina witwa Hasfa Nakakaawa amuhe amafaranga y’ishuri agera ku bihumbi ijana by’amashilingi (100,000 Sh).

Naluzze ngo yoherejwe iwabo ku itariki 4 Mata agumayo kugera kuwa gatanu w’icyumweru gishize tariki 13, bukeye kuwa gatandatu nyina kuko aribwo yari abonye amafaranga arayamuha ngo asubire ku ishuri.

Nyina avuga ko umukobwa we yafashe imodoka (taxi) yerekeza i Kampala, ariho yagombaga gufatira indi imwerekeza mu karere ka Luwero aho yiga.

Mu gihe Nakakaawa yari azi ko umwana we yaba yageze muri Luwero mu ma saa tatu z’ijoro, ngo yaje gutungurwa no kumva murumuna we witwa Aisha Nantume amumenyesha ko umwana we yashimuswe ndetse hakenewe byibura miliyoni 10 z’amashiringi (2 317 950 Frw) kugira ngo umwana we arekurwe.

The New Vision iravuga ko Nakakaawa ngo yahise asaba numero z’abashimuse umukobwa we, abahamagaye nabo bamusubiriramo cya kifuzo cy’amafaranga. Ndetse ngo banamuha nyirantarengwa ko nagera kuwa mbere atarayabagezaho azabona umurambo w’umukobwa we.

Nakakaawa ngo yabasabye ko yavugana n’umukobwa we, hanyuma Naluzze amubwira ko afungiye ahitwa ‘Mukwano Arcade’ mu murwa mukuru Kampala, ariko itumanaho rihita ricika nta byinshi bavuganye.

Nakakaawa yatanze ikirego kuri Polisi ya Lugazi, ndetse umuvugizi wa Polisi yo muri aka gace witwa Hellen Butoto avuga ko iki kirego kiri gukurikiranwa n’ishami rya Polisi ryihariye ryitwa ‘Police Flying Squad’.

Ibyaha byo gushimuta abantu muri Uganda biri kugenda bifata intera ndende kuko biri kwiyongera, gusa byagiye binagaragara ko hariho n’abapanga gushimutwa babeshya kugira ngo bakure amafaranga ku nshuti n’imiryango.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 04 Nov 2016
Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Feb 2016
Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Ubwanditsi 25 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”
Amakuru

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025
Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi
Amakuru

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano
INKURU NYAMUKURU

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru