• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amerika yabaye ikibuga abaterabwoba ba RNC bacuriramo umugambi wo guhungabanya u Rwanda

Amerika yabaye ikibuga abaterabwoba ba RNC bacuriramo umugambi wo guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

RNC ni umutwe w’iterabwoba uri inyuma ya za grenade zatewe mu bice bitandukanye by’u Rwanda hagati y’umwaka wa 2010 na 2014 bigahitana ubuzima bw’abantu 17, abasaga 400 bagakomereka.

Urwego rukomeye muri RNC ni urushinzwe ubutasi rukorerea muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Aha niho hacurirwa imigambi igamije kugaba ibitero ku Rwanda byibasira abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’abaturage basanzwe.

Amakuru aturuka mu muryango w’abanyarwanda batuye muri Leta ya Massachussetts, ni uko Jean Paul Turayishimiye uherereye i Boston ari we ushinzwe ikusanyamakuru rya RNC.

Uyu Turayishimiye bivugwa ko ari we muntu wa hafi wa Kayumba Nyamwasa, Umuyobozi Mukuru wa RNC ufite ibirindiro muri Afurika y’Epfo aho yahungiye ubutabera.

Abasesenguzi mu bijyanye n’umutekano, bemeza ko RNC ari umutwe w’iterabwoba wujuje ibyangombwa. Impamvu zabyo zirigaragaza. Ku mugaragaro, uwo mutwe watangaje intambara kuri Guverinoma yemewe n’amategeko, yatowe n’abaturage.

Ni umutwe wishe abaturage b’inzirakarengane ubasutsemo za grenade, ubusanzwe ahari ho hose ibyo bifatwa nk’igikorwa cy’intambara.

Mu Ukwakira 2014, umwe mu bakozi b’uwo mutwe Joel Mutabazi yakatiwe n’urukiko ku mugambi wo gushaka guhitana Umukuru w’Igihugu ndetse n’ubufatanyacyaha mu cyaha cy’iterabwoba.
Mu rubanza rwabereye mu rukiko rukuru rwa gisirikare, hahishuwe uburyo RNC yari yemereye Mutabazi kumwishyura 50 000 by’amadolari ngo asohoze icyo gikorwa cy’iterabwioba cyari kwibasira Perezida.

Urukiko rwamukatiye igifungo cya burundu kubera icyo cyaha, rumuhamya n’ibindi birimo ubufatanyacyaha mu bitero bya gerenade byahitanye abaturage ndetse no gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha abaturage ubutegetsi.

Ikindi gihamya cy’imiterere ya RNC cyagaragajwe umwaka ushize mu Ukuboza, ubwo inzobere za Loni ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa Congo zasohoraga raporo yazo.

Iyo raporo igaragaza neza ibikorwa bya RNC, nk’umutwe ukomeye mu ihuriro P5 rikorera mu Burasirazuba bwa Congo.

Raporo igaragaza uburyo RNC yinjiza abarwanyi bashya, imyitozo ya gisirikare itanga yitegura intambara, uburyo ibona intwaro n’ibindi.

Umwe mu basesenguzi b’i Kigali yagize ati “Ibi bikorwa byose ni ibigaragaza ko ari umutwe w’iterabwoba. Ntaho itaniye na za Al Shabaab cyangwa Al Qaeda.”

Jean Paul Turayishimiye ufite uruhushya rwa burundu rwo gutura muri Amerika, ni umwe mu bikomerezwa bya RNC akaba umucurabwenge w’uwo mutwe haba mu migambi yo gutegura ibitero, muri make azwi nk’umuyobozi ukuriye ubutasi.

 

Jean Paul Turayishimiye utuye i Boston ashinzwe ikusanyamakuru muri RNC

Umwe mu banyarwanda batuye mu Mujyi wa Lowell muri Massachussetts yagize ati “Ntabwo byumvikana uburyo Turayishimiye, umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe w’iterabwoba wa RNC yidegembya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Uyu munyarwanda utifuje ko amazina ye atangazwa yakomeje agira ati “Ubusanzwe Amerika ni igihugu kizwiho kutihanganira iterabwoba uko ryaba riri kose, ntabwo rero byumvikana uburyo umuntu nka Turayishimiye ataratabwa muri yombi.”

Turayishimiye avugwaho kuba umwe mu bacurabwenge b’ibitero bya grenade byahitanye inzirakarengane ndetse no kuba mu migambi mibisha igamije kwibasira u Rwanda.

Byagaragaye neza ubwo Nshimiyimana Joseph uzwi nka Camarade yagezwaga mu rukiko akurikiranyweho uruhare mu bitero bya grenade byagabwe mu isoko rya Kicukiro tariki 13 Nzeri 2013. Icyo gitero cyahitanye abantu babiri, batandatu barakomereka.

Nshimiyimana icyo gihe yivugiye ko yinjijwe muri ibyo bikorwa na Jean Paul Turayishimiye ndetse ari na we wamuhaye amabwiriza n’amafaranga yo kujya kugaba icyo gitero.

Jean Paul Turayishimiye ni na we wakoreshaga Joel Mutabazi n’abo bari bafatanyije barimo Caporal Kalisa mu mugambi wabo wapfubye wo guhitana Umukuru w’Igihugu.

Amakuru yemeza ko RNC yari yapanze kugaba igitero ku Mukuru w’Igihugu mu matora ya 2017 hagamijwe ‘guhungabanya abantu mu mutwe’. Icyo gikorwa ngo cyagombaga kujyana no kwangiza bimwe mu bikorwa remezo bikomeye ku buryo byari kugaragara ko Guverinoma itakibashije kugenzura igihugu.

Bivugwa kandi ko Turayshimiye yari yategetse abakozi ba RNC i Kigali kumukusanyiriza amakuru yose ku bikorwaremezo nk’ibiraro n’ahandi muri Kigali kugira ngo bizagabirweho igitero rimwe, bituritswe mu gihe cy’amatora ya 2017.
Imyitozo yo kugaba ibi bitero yagombaga kubera muri kimwe mu bihugu bituranyi by’u Rwanda. Mu myitozo hagomba kwigishwa uburyo bwo kugaba ibitero ukoresheje ibiturika.

Zimwe mu nyandiko z’inkiko ku manza zaciriwe i Kigali, zigaragaza ko akazi ko gushaka abazatera za grenade kari kashinzwe uwitwa Patrick Rukundo, wahoze anakorera umutwe wa FDLR na RNC i Kampala.

Yifashishije kuba aba i Kampala hazwi nko mu ndiri y’abakozi ba RNC, Rukundo yahakoreraga yubaka agatsiko k’abakozi ba RNC mu Rwanda.

Byaje kujya ahagaragara ubwo yinjiraga mu Rwanda akeka ko ntawe uraza kumuvumbura birangira atawe muri yombi. Mu rubanza rwe, yemeye ibyo yashinjwaga byose birimo n’uruhare rwa Jean Paul Turayishimiye.

Ibitero mu matora ya Perezida byagombaga kugabwa mu byiciro bibiri. Icya mbere kwari ugushwanyaguza ibikorwa remezo bigateza akavuyo. Ibyo byari guha urwaho icyiciro cya kabiri. Ubwo nibwo abandi bantu bari kujya gukwirakwiza inyandiko ziriho ibihuha “Tracts” kugira ngo bakomeze guteza imidugararo, ubuyobozi bugaragare ko bwananiwe.

Ibijyanye n’imyiteguro, kwishyura uburyo bw’ingendo n’ibindi byangombwa nkenerwa ku bazagaba ibyo bitero, guhuza ibikorwa n’aho imyitozo yagombaga kubera byose byari mu maboko ya Turayishimiye.

Nyamara iyo migambi yose yaje kuburizwamo mbere yo gushyirwa mu bikorwa, abari kuyishyira mu bikorwa bafatwa nta na kimwe barageraho.

Nubwo ibyo byabaye, abasesenguzi bavuga ko bitabujije RNC cyangwa Turayishimiye gukomeza imigambi mibisha yabo. Amakuru yemeza ko bakiri kunoza umugambi wo kugaba ibitero mu Rwanda mu gihe bagisuganya umutwe w’inyeshyamba mu Burasirazuba bwa Congo.

2019-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Ubwanditsi 30 Jul 2024
N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Ubwanditsi 18 May 2018
Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange
Mu Rwanda

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe
POLITIKI

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze
INKURU NYAMUKURU

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Ubwanditsi 22 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru