• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Ubwanditsi 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza n’izindi nyandiko mpesha, cyane mu guteza cyamunara baragirwa inama yo kureka iyi ngeso kuko nibitaba ibyo bitazabahira nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye nyuma y’inkuru twabagejejeho igaragaza amanyanga aherutse gukorwa muri cyamunara zabereye mu Mujyi wa Kigali ndetse umwe mu bahesha b’inkiko akaba yarafatiwe mu cyuho agambanira nyiri umutungo wari ugiye gutezwa icyamunara ngo bamuhe ruswa awugabanyirize agaciro hirengagijwe expertise yakozwe.

Nyuma y’inkuru Rushyashya yabagejejeho kuri uyu wa Kane, itariki 17 Gicurasi 2018 ifite umutwe ugira uti: “Nyarutarama: Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo”, minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye yahise agira icyo avuga kuri iyi nkuru abinyujije kuri twitter agira inama abakora amanyanga mu bikorwa byo kurangiza imanza.

Minisitiri Busingye akaba yagize ati: “Abo aribo bose bakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza n’izindi nyandiko mpesha, cyane mu guteza cyamunara, amahitamo basigaranye ni amwe gusa: kubireka/kubivaho, naho ubundi ntibizabahira.”

Ibi kandi minisitiri w’ubutabera akaba yari aherutse no kubibwira abahesha b’inkiko b’umwuga mu nama yagiranye nabo kuwa 11 Gicurasi, aho yabibukije umuhesha w’inkiko ukenewe mu gihugu.

Aha yagize ati: “Umuhesha w’inkiko dushaka ni uteza cyamunara hakaboneka amafaranga yo kwishyura n’uwaterejwe cyamunara akagira icyo asigarana. Ntabwo wigeze urahirira guhinduka ibyago ku muntu wagize ibyago byo guterezwa umutungo cyamunara.’’

Mu 2015 bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga nabwo banenzwe imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ndetse bituma abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.

Amakosa bakunze gukora ngo ni ayajyanye n’umwuga nk’uko Minisitiri Busingye yabigaragarije abari mu kiganiro yagiranye nabo na none kuwa 02 Ukwakira 2015.

Minisitiri Busingye yagize ati “Hari abatamanika amatangazo ya cyamunara, abagurisha ibintu muri cyamunara ntibahe amafaranga asigaye uwagurishirijwe imitungo nyuma yo kwishyura uwatsinze”.

Andi makosa yavuzwe ni nko kurangiza urubanza ku gihe kitateganyijwe n’amategeko, kudaha agaciro gakwiye igitezwa cyamunara no kutamenyesha icyamunara uwishyuzwa cyangwa kutamenyesha cyamunara uwatsinzwe.

Umushahara muto waba ari yo ntandaro yo gushaka indonke ku bahesha b’inkiko

Ibi ni ibyatangajwe n’Urugaga rw’abahesha b’inkiko b’umwuga ubwo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabahuguraga muri Mutarama 2017 ku bijyanye  n’ubu burenganzira kuko akazi kabo gafuruhare rukomeye mu kwubahiriza nk’abantu bahesha abandi ibyabo bambuwe.

Ukuriye uru rugaga yavuze ko nubwo atahamya ko barya ruswa, ngo bamwe bakora amakosa babiterwa n’uko bahabwa umushahara mukeya.

Aha umuntu akaba yakwibaza niba umushahara mukeya abahesha b’inkiko bahabwa uzajya witwazwa mu guhombya abantu n’ubundi baba basa nk’abari mu gihombo kuko ibyabo biba bigiye gutezwa cyamunara, ugasanga umutungo we uteshejwe agaciro ku bwende yishyura imyenda ya banki ntagire icyo asigarana cyo kwikenuza bitewe n’ababishinzwe bashakira indonke mu kazi bashinzwe ugasanga umutungo ubarirwa hafi miliyari y’amafaranga utejwe ku mafaranga atageze no kuri kimwe cya kabiri cyayo.

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Kabuga Felesiyani nawe ku rutonde rw’abandi ba Jenosideri nka Protais Mpiranya bahawe Pasiporo ya Uganda mu rwego rwo guhunga ubutabera

Kabuga Felesiyani nawe ku rutonde rw’abandi ba Jenosideri nka Protais Mpiranya bahawe Pasiporo ya Uganda mu rwego rwo guhunga ubutabera

Ubwanditsi 24 May 2020
Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali
POLITIKI

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa
POLITIKI

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru