• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Ubwanditsi 15 Mar 2018 POLITIKI

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo i Kigali hasesekare Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ba Afurika, bitabiriye inama yabo idasanzwe bazasinyiramo ndetse bakanatangiza isoko rusange ryitezweho guhindura isura mu buryo ibihugu bya Afurika bikorana ubucuruzi hagati yabyo.

Iyi nama idasanzwe izaba ku wa 21 na 22 Werurwe 2018, ni intambwe ikomeye yo gushyira akadomo ku mugambi umaze imyaka itandatu wigwaho ngo uzamure ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika byonyine ubu bungana na 16%, kandi unongere uruhare uyu mugabane ufite mu bucuruzi bukorwa ku Isi muri rusange rungana na 3.5%.

Abaminisitiri b’ubucuruzi n’izindi nzego zitandukanye bamaze iminsi banoze isinywa ry’aya masezerano, ari muri gahunda z’ukwihuza kwa Afurika nkuko biteganywa mu cyerekezo cyayo 2063 no kugira ijwi rimwe nk’umugabane.

Abaminisitiri b’ubutabera n’intumwa nkuru za Leta baturutse mu bihugu byose bya Afurika, bateraniye i Kigali ngo barebe raporo zose zakozwe n’inama zabanje ko zubahirije amategeko, yaba amategeko nshinga, ashyiraho umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, amategeko mpuzamahanga kugira ngo abakuru b’ibihugu bazasinye ku masezerano atunganye.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Johnston Busingye, yatangaje ko nubwo ibiganiro bitararangira hari icyizere ko amasezerano ashyiraho isoko rusange azasinywa.

Yagize ati “Magingo aya uko tubibona turatekereza ko hano i Kigali tuzabona ibihugu bishobora gushyira umukono kuri aya masezerano ku munsi w’inama y’abakuru b’ibihugu, ndetse birenze umubare wa ngombwa kugira ngo ayo masezerano abe yakitwa ko asinyweho n’ibihugu bihagije, kugira ngo hakurikireho cya cyiciro cyo kuyemeza.”

Mu biganiro byahuje abaminisitiri b’ubucuruzi hari bimwe mu bihugu byavuze ko bitazasinyira i Kigali muri uku kwezi ariko bizabikora nyuma, ku mpamvu z’uko bizabanza kujya kuganira n’Inteko zishinga amategeko zabyo.

Minisitiri Busingye yemeza ko u Rwanda rwiteguye gusinya kuko yaba mu birebana n’amategeko, politiki n’icyerekezo, rushyigikiye ubumwe bwa Afurika n’isoko rusange rya Afurika.

Yagize ati “Rushyigikiye ko aya masezerano turimo kuganiraho ashyirwaho umukono vuba, niwo murongo u Rwanda rugira no muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba muri Comesa, ni nawo tugerageza guhurizaho ibihugu bigenzi byacu ngo byumve ko bitinze.”

Komiseri ushinzwe ubucuruzi n’inganda muri Afurika yunze Ubumwe (AU), Albert Muchanga, avuga ko ba Minisitiri b’ubutabera bazagenzura buri kimwe bagendeye ku mategeko kugira ngo buri gihugu kizasinye nta kangononwa gifite.

Nigeria ni kimwe mu bihugu byemeje ko bizasinya amasezerano ashyiraho isoko rusange ndetse kigaragaza n’ubushake bwo gusaba ko cyahabwa icyicaro cy’Ubunyamabanga bw’iri soko.

2018-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Ubwanditsi 06 Dec 2016
Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Ubwanditsi 17 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago
INKURU NYAMUKURU

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

Ubwanditsi 24 Apr 2018
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 
Amakuru

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025
Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana
ITOHOZA

Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru