• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?
Uburyo Abatutsi bakomeje gutotezwa biteye Impungenge

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Ubwanditsi 25 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’inama yabereye i Luanda, tariki 23 Ugushyingo 2022 igafata imyanzuro “igamije gukemura ikibazo cy’intambara ica ibintu muri Kivu y’Amajyaruguru”, abakurikiranira hafi ibibera muri Kongo nta cyizere bafite ko iyo myanzuro yagira icyo imara mu kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Impamvu ya mbere batanga, ni uko iyo myanzuro atari ubwa mbere ifashwe, kandi kugeza ubu nta musaruro ugaragara yigeze itanga, kuko intambara itahagaze ahubwo yarushijeho gukaza umurego. Dufashe urugero ku myanzuro yafashwe mbere ngo umubano hagati ya Kongo n’uRwanda uzahuke, ntiyigeze ishyirwa mu bikorwa, kuko Kongo yo yikomereje inzira y’ibitutsi n’ubushotoranyi. N’iheruka rero nta cyerekano ko izubahirizwa.

Impamvu ya kabiri, ni uko abahuriye i Luanda bagaragaje gubogamira ku ruhande rumwe mu zihanganye, ni ukuvuga  ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, bakumvikanisha  ko umutwe wa M23 udafite impamvu yo kurwana, ari nayo mpamvu “utegetswe guhita ushyira intwaro hasi”. Byashoboka bite ko uha agaciro ibivugwa n’uruhande rumwe mu zishyamiranye, urundi ntunarutumire mu biganiro, ngo nibura unarufatire ibyemezo umaze kumva icyo rutekereza?

Impamvu ya gatatu, ni uko amahanga adaha agaciro Jenoside irimo gukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo, ahubwo ayo mahanga agashyira amakosa kuri M23 irwanya iyo Jenoside. Ese ibihumbi by’impunzi z’Abanyekongo ziri mu kambi mu Rwanda, Uganda no mu bindi bihugu byo mu Karere, zizabamo ubuziraherezo?Ese niyo zataha, zakwizera zite umutekano wazo kandi Interahamwe zabirukanye mu gihugu cyabo zikica zigakiza? 

Abantu bavuga ikinyarwanda ntaho batari mu bihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko abatotezwa ni abo muri Kongo kubera FDLR yahagize indiri yayo, ikimika ingengabitekerezo ya Jenoside isanzwe ibaranga. Nyamara Umuryango Mpuzamahanga wirirwa uvuga ko FDLR ari umutwe w’iterabwoba, ariko ntacyo ukora ngo uhagarike ubugizi bwa nabi bw’abo abajenosideri, ahubwo bakikoma abarwana ku miryango yabo ngo idashirira ku icumu. Aho kwamagana imikorere ya MONUSCO imaze imyaka n’imyaniko irebera ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo, imyanzuro ya Luanda yahaye inshingano MONUSCO ngo yo kwambura intwaro M23!

Luanda ntizirikana ko Leta ya Kongo yasinyanye amasezerano na M23, atarigeze yubahirizwa, biri no mu byatumye uwo mutwe wegura intwaro. Leta yita M23 umutwe w’iterabwoba, na Luanda igasa n’iyibishyigikiramo, iyo ivuga ngo M23 igomba guhagarika intambara.Kuki Kongo idahagitwa gushyira mu bikorwa ibyo yashyizeho umukono imbere y’amahanga?

Mu burasirazuba bwa Kongo habarurwa imitwe yitwaje intwaro isaga 130. Imwe ishyigikiwe n’ubutegetsi bw’i Kinshasa kuko iyifasha ku rugamba, indi irwanya imiyoborere yaboze, kugeza aho benshi basigaye bafata Kongo  nk’igihugu cy’impfuye (failed nation). Kwibwira rero ko ibibazo bya Kongo ari umutwe wa M23, ni ukwibeshya cyane. Abasesenguzi, barimo na bake mu Banyekongo bashyira mu gaciro, bagaragaje kenshi ko umuzi w’ingorane za Kongo ari imiyoborere mibi cyane, yaranze n’ubu ikaba ikiranga ubutegetsi bw’icyo gihugu. Luanda rero ntiyakemura ikibazo itabanje gusesengura no kumva neza intandaro yacyo.

Uyu munsi haratungwa agatoki M23 gusa, nyamara n’iyo yashyira intwaro hasi cyangwa ikanarekura uduce igenzura nk’uko ibihatirwa, ntibyaba birangije ikibazo, igihe cyose ubugizi bwa nabi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo buzaba bugikorwa. Niba badahawe uburenganzira bwabo n’abandi Banyekongo, ntituzatangazwe no kumva havutse indi mitwe, inakomeye kurusha M23, igizwe n’abantu bamaze kurambirwa kwicwa nk’ibimonyo.

 

2022-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Ubwanditsi 22 Apr 2019
Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Ubwanditsi 11 Dec 2023
Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar
POLITIKI

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe  yashyinguwe
Mu Rwanda

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017
IMIKINO

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Ubwanditsi 15 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru