• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?
Uburyo Abatutsi bakomeje gutotezwa biteye Impungenge

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Ubwanditsi 25 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’inama yabereye i Luanda, tariki 23 Ugushyingo 2022 igafata imyanzuro “igamije gukemura ikibazo cy’intambara ica ibintu muri Kivu y’Amajyaruguru”, abakurikiranira hafi ibibera muri Kongo nta cyizere bafite ko iyo myanzuro yagira icyo imara mu kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Impamvu ya mbere batanga, ni uko iyo myanzuro atari ubwa mbere ifashwe, kandi kugeza ubu nta musaruro ugaragara yigeze itanga, kuko intambara itahagaze ahubwo yarushijeho gukaza umurego. Dufashe urugero ku myanzuro yafashwe mbere ngo umubano hagati ya Kongo n’uRwanda uzahuke, ntiyigeze ishyirwa mu bikorwa, kuko Kongo yo yikomereje inzira y’ibitutsi n’ubushotoranyi. N’iheruka rero nta cyerekano ko izubahirizwa.

Impamvu ya kabiri, ni uko abahuriye i Luanda bagaragaje gubogamira ku ruhande rumwe mu zihanganye, ni ukuvuga  ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, bakumvikanisha  ko umutwe wa M23 udafite impamvu yo kurwana, ari nayo mpamvu “utegetswe guhita ushyira intwaro hasi”. Byashoboka bite ko uha agaciro ibivugwa n’uruhande rumwe mu zishyamiranye, urundi ntunarutumire mu biganiro, ngo nibura unarufatire ibyemezo umaze kumva icyo rutekereza?

Impamvu ya gatatu, ni uko amahanga adaha agaciro Jenoside irimo gukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo, ahubwo ayo mahanga agashyira amakosa kuri M23 irwanya iyo Jenoside. Ese ibihumbi by’impunzi z’Abanyekongo ziri mu kambi mu Rwanda, Uganda no mu bindi bihugu byo mu Karere, zizabamo ubuziraherezo?Ese niyo zataha, zakwizera zite umutekano wazo kandi Interahamwe zabirukanye mu gihugu cyabo zikica zigakiza? 

Abantu bavuga ikinyarwanda ntaho batari mu bihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko abatotezwa ni abo muri Kongo kubera FDLR yahagize indiri yayo, ikimika ingengabitekerezo ya Jenoside isanzwe ibaranga. Nyamara Umuryango Mpuzamahanga wirirwa uvuga ko FDLR ari umutwe w’iterabwoba, ariko ntacyo ukora ngo uhagarike ubugizi bwa nabi bw’abo abajenosideri, ahubwo bakikoma abarwana ku miryango yabo ngo idashirira ku icumu. Aho kwamagana imikorere ya MONUSCO imaze imyaka n’imyaniko irebera ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo, imyanzuro ya Luanda yahaye inshingano MONUSCO ngo yo kwambura intwaro M23!

Luanda ntizirikana ko Leta ya Kongo yasinyanye amasezerano na M23, atarigeze yubahirizwa, biri no mu byatumye uwo mutwe wegura intwaro. Leta yita M23 umutwe w’iterabwoba, na Luanda igasa n’iyibishyigikiramo, iyo ivuga ngo M23 igomba guhagarika intambara.Kuki Kongo idahagitwa gushyira mu bikorwa ibyo yashyizeho umukono imbere y’amahanga?

Mu burasirazuba bwa Kongo habarurwa imitwe yitwaje intwaro isaga 130. Imwe ishyigikiwe n’ubutegetsi bw’i Kinshasa kuko iyifasha ku rugamba, indi irwanya imiyoborere yaboze, kugeza aho benshi basigaye bafata Kongo  nk’igihugu cy’impfuye (failed nation). Kwibwira rero ko ibibazo bya Kongo ari umutwe wa M23, ni ukwibeshya cyane. Abasesenguzi, barimo na bake mu Banyekongo bashyira mu gaciro, bagaragaje kenshi ko umuzi w’ingorane za Kongo ari imiyoborere mibi cyane, yaranze n’ubu ikaba ikiranga ubutegetsi bw’icyo gihugu. Luanda rero ntiyakemura ikibazo itabanje gusesengura no kumva neza intandaro yacyo.

Uyu munsi haratungwa agatoki M23 gusa, nyamara n’iyo yashyira intwaro hasi cyangwa ikanarekura uduce igenzura nk’uko ibihatirwa, ntibyaba birangije ikibazo, igihe cyose ubugizi bwa nabi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo buzaba bugikorwa. Niba badahawe uburenganzira bwabo n’abandi Banyekongo, ntituzatangazwe no kumva havutse indi mitwe, inakomeye kurusha M23, igizwe n’abantu bamaze kurambirwa kwicwa nk’ibimonyo.

 

2022-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Ishimwe Moses wari warashimutiwe Uganda yarekuwe atanze akayabo

Ishimwe Moses wari warashimutiwe Uganda yarekuwe atanze akayabo

Ubwanditsi 11 Mar 2019
u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa
ITOHOZA

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Ubwanditsi 31 Mar 2017
30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa
Mu Rwanda

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

Ubwanditsi 30 Apr 2018
Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe
ITOHOZA

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Ubwanditsi 15 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru