• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 29 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu rwego rwo gukomeza ubukangurambaga bwo kurwanya no kwirinda ibyaha bitandukanye, cyane cyane icy’icuruzwa ry’abantu, kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Werurwe 2016, Polisi y’u Rwanda yabukomereje mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Essa Nyarugunga giherereye mu murenge wa Nyarugunga akarere ka Kicukiro, aho abanyeshuri barenga 300 biga muri icyo kigo bakanguriwe ububi n’ingaruka z’icyo cyaha.

Chief Inspector of Police (CIP) Herbert Rutaro wari waturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID), mu gashami gashinzwe kurwanya icuruzwa ry’abantu muri Polisi y’u Rwanda , aho yababwiye icyo icuruzwa ry’abantu ari cyo, ababwira ububi bwaryo, anabasaba kwitondera abantu babizeza kubashakira amashuri n’imirimo myiza hanze y’Igihugu, kuko bashobora gusanga babashoye mu icuruzwa ry’abantu.

Yabasobanuriye ko icyo cyaha ugikora akoresha ibinyoma byinshi, kandi ko kidakorwa n’umuntu uturutse kure gusa kuko na mwene wanyu ashobora kukigushoramo yaba abizi cyangwa atabizi, buri gihe akizeza ibitangaza uwo ashaka, bikarangira abaye inzirakarengane, yinjijwe mu bucuruzi bw’abantu.

CIP Rutaro yagize ati:”Muri iki gihe abana b’abakobwa n’abagore cyangwa rimwe na rimwe abahungu ndetse n’abagabo, bajyanwa mu bihugu bitandukanye byo ku isi, batwawe n’abantu bavuga ko bagiye kubashakira akazi, bagerayo bagatungurwa no kubona ibyo bagiye gukora ntaho bihuriye n’akazi bizezwaga, ugasanga bagiye gukoreshwa mu mirimo y’ubuhinzi, mu nganda, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, gukoreshwa mu mafirimi y’urukozasoni, mu buraya, gutwara no gucuruza ibiyobyabwenge, abandi bakabakuramo ibice by’imibiri nk’impyiko, imyijima, amaso n’ibindi.”

CIP Rutaro yabwiye aba banyeshuri ko mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, Leta y’u Rwanda yakoze ibintu byinshi, haba mu kuvugurura amategeko ahana cyangwa akumira iki cyaha, kwita k’uwagikorewe, no gusobanurira abanyarwanda n’abayobozi mu nzego zitandukanye ibijyanye n’iki cyaha, ariko inzira ikaba ikiri ndende.

Aha yagize ati:”N’ubwo hari byinshi byakozwe, inzira iracyari ndende, niyo mpamvu dusabwa twese kugira uruhare mu kurwanya iki cyaha, ntibiharirwe inzego z’umutekano gusa, buri wese yaba umunyarwanda cyangwa umunyamahanga akwiye kumva ko ari inshingano ye kubuza icyatuma ikiremwamuntu gihinduka igicuruzwa, cyane cyane ko icuruzwa ry’abantu ritagira gusa ingaruka k’uwarikorewe cyangwa ku muryango we, ahubwo rigira n’ingaruka ku iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’Igihugu.”

Nyuma y’ibyo biganiro, umuyobozi ushinzwe amasomo muri iri shuri Waswa William, yashimiye Polisi kubera ibiganiro n’ubujyanama ihora ibaha, avuga ko ibiganiro nk’ibi bifitiye akamaro kanini abanyeshuri, akaba yifuza ko Polisi yajya iza kenshi gutanga ibiganiro nk’ibi muri iki kigo, kuko abanyeshuri bahungukiye byinshi batari bazi cyane cyane icyaha cy’icuruzwa ry’abantu. Akaba yagize ati:” Urubyiruko turera rwugarijwe n’abagizi ba nabi batandukanye, hari abashora abana bacu mu bikorwa nk’ibi tumaze kuganirizwaho. Aba banyeshuri bagize amahirwe yo kumenya uko iki cyaha gikorwa, uko bakirinda n’ingamba zafashwe ngo gikumirwe.”

Yasoje ashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda kubera iyi gahunda nziza yo kwigisha urubyiruko ruri mu mashuri kwirinda ibyaha bitandukanye .

Umwe mu banyeshuri witwa Nsengiyumva Romain wiga mu mwaka wa 5 mu mateka, ubukungu n’ubumenyi bw’isi (HEG) yashimye ikiganiro bahawe, aho yagize ati:”iki kiganiro kiranshimishije, najyaga numva Polisi ko hari abantu yafashe bagiye gucuruzwa, ariko sinari nsobanukiwe icyo cyaha uko gikorwa n’ingaruka zacyo, ngiye gukangurira abantu bataramenya iki cyaha ububi bwacyo, mbashishikarize gutanga amakuru y’umuntu uwo ariwe wese ushaka urubyiruko rw’u Rwanda muri ibi bikorwa. Birerekana ko Igihugu cyacu kidukunda, kandi tujyane intego igira iti:”Dutekereze mbere yo kugira icyo dukora.”

Umukobwa uhagarariye abandi witwa Nikuze Rehema wiga mu mwaka wa 6 mu mateka ubukungu n’ubumenyi bw’isi (HEG) nawe yagize ati:”Turashimira Polisi yacu, ikiganiro baduhaye kiduhumuye amaso, dufite icyizere ko ibyabaye kuri bagenzi bacu bashowe mu bucuruzi bw’abantu baba abo tuzi n’abo tutazi twe bitazatubaho.”

Mu cyumweru gishize, ikiganiro nk’iki cyatanzwe mu kigo cy’amashuri cya Lycée de Kigali, ikaba ari gahunda izakomereza mu bindi bigo by’amashuri bitandukanye.

RNP

2016-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Iyangirika ry’umuhanda uhuza u Rwanda na Uganda ryahagaritse urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga

Iyangirika ry’umuhanda uhuza u Rwanda na Uganda ryahagaritse urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga

Ubwanditsi 21 May 2018
Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Ubwanditsi 13 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone
IMIKINO

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020
Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa  Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League
IMIKINO

Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 27 Mar 2025
Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe
Mu Mahanga

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Ubwanditsi 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru