• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Ubwanditsi 02 Dec 2016 Mu Rwanda

Mu nama y’umunsi umwe, abayobozi b’ibihugu na za Guverinoma biri mu muryango w’Ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (ECCAS) baganiriye ku bibazo by’umutekano muke ndetse n’uburyo bwo kunoza ubucuruzi hagati yabyo.

Iyi nama yabereye mu gihugu cya Gabon kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2016, iyoborwa na Perezida wa Gabon, Ali Bongo, ari na we uyobora uyu muryango.

Yitabiriwe n’abantu batandukanye baturutse mu bihugu 11 binyamuryango birimo, u Rwanda, Angola, u Burundi, Cameroon, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Gabon, Equatorial Guinea, Tchad na Sao Tome & Principe.

Ibibazo by’umutekano muke muri aka karere byafashe umwanya munini muri iyi nama

Mu by’ingenzi byaganiriweho mu bijyanye n’umutekano, harimo ibikorwa by’iterabwoba muri aka karere nk’ imitwe y’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Repubulika ya Centrafrique n’u Burundi; igamije guhungabanya umutekano n’amahoro muri aka karere.

Abitabiriye iyi nama kandi barebeye hamwe amatora yabaye muri uyu mwaka ndetse n’ibibazo byayagaragayemo birimo n’ibibazo by’umutekano muke byagiye biba nyuma y’amatora.

Ubucuruzi na bwo bwahawe umwanya munini muri iyi nama.

Banaganiriye no ku bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika n’ubwambukiranya imipaka n’iterambere ry’ubwikorezi bwo mu mazi no mu kirere muri aka karere.

Mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi mu bihugu binyamuryango bya ECCAS, ibihugu byasabwe ko byatanga urutonde rw’ibicuruzwa byazajya byohereza mu bihugu bigenzi byabyo mu rwego rwo gutangiza ubucuruzi bwisanzuye bwambukiranya imipaka nta misoro yatswe.

Kugirango uwo mushinga w’ubwo bucuruzi ushoboke, Abaminisitiri b’Ubucuruzi n’Imari muri aka karere, bemeranyijwe ku biciro byihariye bizashyirwa ku bicuruzwa byinjizwa mu bihugu by’uyu muryango ariko byarakorewe hanze yawo.

Imisoro izajya iva mu bicuruzwa byakorerwe hanze y’aka karere izajya atangwa nk’inkunga yo kuziba icyuho kizaba cyagaragaye mu misoro aho 50% by’azinjira azafasha mu kuziba icyuho cyizagaragara mu misoro bitewe no koroshya ibiciro by’ubucuruzi n’imisoro mu bihugu bigize uyu muryango wa ECCAS.

Iyi nama yemeje ko ibihugu bizajya bitanga 0,4% by’imisoro y’ibicuruzwa biturutse hanze yawo nk’inkunga yo guteza imbere uyu muryango. Gusa u Rwanda rwo rwakuriweho iyi nkunga.

Gukurirwaho iyi nkunga ya 0,4% byatewe nuko u Rwanda rusanzwe rutanga izindi nkunga nk’iyi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ingana na 1,4% yo guteza imbere ibikorwa remezo n’indi ingana na 0,2% rutanga mu muryango wa Afurika yunze ubumwe mu rwego rwo kuwuteza imbere.

Uretse Perezida Kagame, abandi bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama barimo Idriss Deby Itno wa Chad, Faustin-Archange Touadera uyobora Repubulika ya Centrafrique, ibindi bihugu byari bihagarariwe n’abandi bayobozi mu nzego zabyo zinyuranye.

-4892.jpg

-4891.jpg

-4890.jpg

-4889.jpg

2016-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Ubwanditsi 13 May 2016
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Abapolisi 600 batanze amaraso

Abapolisi 600 batanze amaraso

Ubwanditsi 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika
Amakuru

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Party II yuko Judith Umugore wa Safi Yatwaye Rick Hilton akayabo ndetse uyu mugabo yemeza ko agiye gukurikirana Judith mu nkiko za Canada
ITOHOZA

Party II yuko Judith Umugore wa Safi Yatwaye Rick Hilton akayabo ndetse uyu mugabo yemeza ko agiye gukurikirana Judith mu nkiko za Canada

Ubwanditsi 17 Oct 2017
MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi
IKORANABUHANGA

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru