• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Ubwanditsi 16 Mar 2018 IMIKINO

Ikipe ya Djoliba yo mu gihugu cya Mali yageze mu Rwanda kuri uyu wa kane izanye intego zo gusezerera ikipe ya APR FC igakomeza mu cyiciro gikurikira cy’amarushanwa nyafurika ya CAF Confederation Cup.

Ku masaha y’i saa kumi zirengaho iminota mike, ni bwo ikipe ya Djoliba yari isohotse ku kibuga cy’indege i Kanombe, nyuma yo kugira ibibazo mu nzira dore ko iyi ubundi yari yitezwe kugera i Kigali mu masaha ya mugitondo uyu munsi dore ko yahagurutse uri Mali kuwa gatatu saa 21:00.

Djoliba yageze i Kigali itinzeho gatoDjoliba yageze i Kigali itinzeho gato
Aba bsore bo muri Mali bafite icyizere cyo gusezerera APR FCAba bsore bo muri Mali bafite icyizere cyo gusezerera APR FC
Ku isura biragaragara ko abakinnyi ba Djoliba ari abasoreKu isura biragaragara ko abakinnyi ba Djoliba ari abasore

Iyi kipe ije gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederation cup, mu ijonjora rya 2, nyuma y’uko umukino ubanza wabereye i Bamako mu minsi 10 ishize, iyi kipe yabashije gutsinda APR FC ya hano mu Rwanda igitego 1-0.

Ubwo bageraga I Kigali, umutoza w’iyi kipe Fanyeri Diarra yatangaje ko ntakibazo afite mu ikipe ye kandi ko nyuma y’umukino ubanza ikibazanye i Kigali ari ugushaka ibitego nk’buryo bwonyne bwo gusezerera APR FC.

Yagize ati: “APR FC twarayibonye ni ikipe nziza gsa natwe turiteguye abakinnyi bose bameze neza.

Ntabwo tuje hano tuzanywe no kugarira ahubwo tuzaba dushaka ibitego kuko ni bwo buryo bwo gukomeza mu cyiciro gikurikira”.

Ngo bazasatira APR FC kahaveNgo bazasatira APR FC kahave
Bahise bafata imodoka ibajyana Grand LegacyBahise bafata imodoka ibajyana Grand Legacy
.. ..
Imvura yatonyangaga ubwo basohokaga ku kibuga cy'indegeImvura yatonyangaga ubwo basohokaga ku kibuga cy’indege
Umutoza Fanyeri Diarra ngo APR FC yarayisobanukiweUmutoza Fanyeri Diarra ngo APR FC yarayisobanukiwe
Bati mwatubonye!Bati mwatubonye!

Ikipe ya Djoliba ikaba yahise yerekeza muri Grand Legacy Hotel aho biteganyijwe ko izakorera imyitozo kuri stade Amahoro kuri uyu wa gatanu.

APR FC na Djoliba ziri bube zitana mu mitwe kuri uyu wa gatandatu kuri stade Amahoro guhera saa 15:30’ Kwinjira muri uyu mukino ni 15 000 muri VVIP, 10 000 VIP, 5000 mu ntebe z’icyatsi, 3000 mu ntebe z’umuhondo na 1000 ahasigaye hose.

Abakinnyi ikipe ya Djoliba AC izanye mu Rwanda:

Abazamu:

  • Adama Keita
  • Amara Traore

Abandi bakinnyi:

  • Siaka Bagayoko
  • Moussa Sissoko
  • Emile Koné
  • Abdoulaye Diady
  • Mamoutou Kouyaté
  • Mamadou Cissé Oumar Kida
  • Bourama Doumbia
  • Seydou Diallo (Kapiteni)
  • Naby Souma
  • Mohamed Cissé
  • Cheick Niang
  • Boubacar Traoré
  • Seydou M’Baye
  • Youssouf Maiga
  • Mamadou Cissé
  • Oumar Kida

Abatoza n’abandi bayobozi bazanye n’ikipe y’igihugu:

  • Fanyeri Diarra: Umutoza mukuru
  • Harouna Samake: Umutoza wungirije
  • Boubacar Coulibary: Umutoza wongera imbaraga
  • Halidou Maiga: Umuganga
  • Mahamdou Diarra: Uyoboye Delegatiyo
  • Issoufou Diallo: Uhagarariye Federatiyo ya Mali
  • Yeri Sissoko: V/Perezida wa Djoliba AC
  • Modibo Daillo: Umunyamabanga mukuru w’ikipe
  • Birama Konate: Ushinzwe umupira muri Federatiyo ya Mali
  • Haruna Diallo: Perezida w’abafana ba Djoliba

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Amakipe atarimo Amavubi yamenye uko azahura muri CHAN ya 2025 izakinwa muri Kanama

Ubwanditsi 16 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko
Mu Mahanga

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 May 2018
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA
IKORANABUHANGA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura
Mu Rwanda

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Ubwanditsi 06 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru