• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ku wa 31 Ukuboza umwaka ushize Perezida Museveni yagejeje ijambo ry’umwaka mushyashya ku baturage ba Uganda abizeza ko azakora ibishoboka byose mu rwego rwo gukemura amakimbirane ari hagati ya Uganda n’URwanda.

Mu byukuri, habayeho ingamba zo kubaka icyizere harimo no gufungura inzirakarengane zarimo kuborera mu buroko budakurikije amategeko bwo muri Uganda. Ariko kandi, uko bigaragara, iyo hatewe intambwe imwe mu cyerecyezo cyiza, bongera gutera izindi ntambwe ibyiri ziganisha ibintu irudubi, bityo bigatiza umurindi ubwumvikane bucye busanzwe.

Amakuru yizewe avuga ko kuwa 17 Mutarama 2020, itsinda ry’abayoboke ba RNC ryari rigizwe na Bonabana Prossy, Sula Nuwamanya na Gideon Rukundo Rugari bakaba bahuriye mu nama ahitwa Katanabirwa ho mu Karere ka  Kyenkwanzi, mu bikorwa byabo byo gushakira abayoboke RNC, ikaba ikomeje ari nta nkomyi, kandi akaba ari nta n’icyizere ko bizahagarara mu bihe biri imbere.

Bonabana na Nuwamanya nibo bany’iri  (ONG) witwa The Self Worth Initiative

Gideon Rugari n’umurwanashyaka wa RNC ishami rya Uganda, mu gihe Bonabana na Nuwamanya bashyizeho umuryango wa baringa utegamiye kuri leta (ONG) witwa The Self Worth Initiative, akaba ariwo wifashishwa mu korohereza ibikorwa bya RNC mu buryo bw’ibanga.

Kur’iyi taliki kandi iyi nama yari igamije gushakira RNC  abayoboke, yitabiriwe n’abanyamuryango ba RNC bagera kuri 60, bari baturutse mu Turere twa Kiboga na Kyankwanzi muri Uganda.

Izi nkoramutima za RNC nkuko amakuru atugeraho abigaragaza, ngo zanatanze amakarita mashyashya agaragaza ubunyamuryango bwa RNC.

Nka gasopo, aba bayoboke bashyashya bihanijwe kutazigera bahirahira ngo bahingutse ijambo RNC, nkuko amakuru atugeraho abivuga.

Mu rwego rwo kujijisha, abo barwanashyaka babwiwe ko umuryango utegamiye kuri Leta The Self Worth uzajya abaha imbuto n’ibindi bikoresho bijyanye n’ubuhinzi bworozi, bikitwa ko ari mu rwego rwo kuborohereza mu kongera umusaruro kandi bari mubikorwa by’ubukangurambaga bwa RNC. Umugambi nyamukuru w’ibibikorwa bya RNC mu mirima y’ibigori n’ibishyimbo  ni ukongera umusaruro bityo bikazajya bigemurirwa abarwanyi babo muri Kongo Kinshasa,  babwiwe ko nyuma yibyabaye, uyu mutwe w’iterabwoba ushaka kwisuganya, nyuma yaho abarwanyi bawo bashiriye ku icumu mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, aho ingabo za DRC zabatsembeye umwaka ushize, aho amagana yasize ubuzima, naho abari bafashwe mpiri bakazanwa mu Rwanda, aho barimo gukirikirwanwa n’ubutabera, kubera ibyaha binyuranye bifitanye isano n’iterabwoba no kuba abanyamuryango b’umutwe w’itwaje intwaro.

Kuva icyo gihe, RNC yacitsemo ibice, n’ubuyobozi bwayo bukuru burimo kurangwa n’umwiryane, kuva Benjamin Rutabana yaburirwa irengero muri Uganda, bikaba bizwi ko iri bura rya Benjamin Rutabana ryategetswe na Kayumba Nyamwasa rinashyirwa mu bikorwa na muramu we Frank Ntwali, nawe uri ku isonga mu buyobozi bwa RNC, unakunze kuyihagararira munama zitandukanye zijya zibera Uganda aho akunda kuba ari.

Inama ya RNC yakozwe mu ibanga ikitirirwa ko ari iya The Self Worth Initiative ni uburyo bwo gusaza imigeri bw’umutwe wasenyutse, ariko bamwe mubayobozi ba Uganda nka Brig.Abel Kandiho na Dr Philimon Mateke bakaba bariyemje kuzawuzanzamura.

Iyo nama ikaba yaribanze kuburira abanyamuryango bayo ko bazajya bakoresha iteka The Self Worth Initiative nk’uburyo bwo gusisibiranya ibimenyetso URwanda rushobora kwifashisha rurega Uganda, mugihe habayeho amasezerano ya Luanda, asaba Uganda kurecyeraho gutera inkunga ingabo zigamije guhungabanya  umutekano mu gihugu cy’abaturanyi.

2020-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye  amazi atarerenga inkombe

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018
P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi

P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi

RUSHYASHYA 26 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Amakuru

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Ba Ofisiye bato n’abakuru ba Polisi 35,  basubijwe mu buzima busanzwe  n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame
ITOHOZA

Ba Ofisiye bato n’abakuru ba Polisi 35, basubijwe mu buzima busanzwe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame

Ubwanditsi 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru